Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bigeze kugarukwaho na Perezida Paul Kagame kuko bari barabuze isoko ry’umusaruro wabo, bakaza kuribona ariko ntibahite bishyurwa, ubu barabyinira ku rukoma, ko bamaze kwishyurwa, ndetse bakaba baramanuye amasuka bakongera guhinga.

Mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka, RADIOTV10 yagaragaje ikibazo cy’umusaruro w’umuceri wari waraheze ku muga no mu bubiko kubera kubura isoko.

Ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro z’Abadepite ku ya 14 Kanama 2024, yagarutse kuri iki kibazo cy’abahinzi, aho yavuze ko bibabaje kuba abahinzi bashishikarizwa guhinga bivuye inyuma ariko bakabura isoko ry’umusaruro.

Nyuma y’iminsi micye, hahise hatangira igikorwa cyo gutwara umuceri wari mu mifuka ku mbuga kugira ngo imvura itawusanga hanze ndetse nyuma hakurikiraho uwari mu bubiko.

Icyakora abahinzi ntibahise babona amafaranga y’uwo musaruro wabo, ndetse bamwe batangira gutakaza icyizere ko batazishyurwa mu gihe hari n’abandi bari bagifite.

Nyuma y’amezi abiri umusaruro wabo ujyanywe, ubu barabyinira ku rukoma, nyuma yuko bamwe batangiye kwishyurwa, ndetse bakabona ubutumwa buza kuri Konti zabo.

Ngarambe Protais yagize ati “Twari twarigunze cyane twaranihebye, ariko amafaranga yaraje nanjye nayabonye none dore n’agatabo ndagafite.”

Aba bahinzi bavuga ko ntawundi babikesha, atari Umukuru w’Igihugu udahwema kugoboka abaturage, byumwihariko ari we bakesha kuba ikibazo cyabo cyarakemutse.

Mushimiyimana Anna na we ati “Ariko turashimira Perezida wa Repuburika kuba yarakemuye ikibazo cyacu none n’amafaranga twari tumaze iminsi twarahebye na yo akaba atugezeho.”

Umuyobozi w’ihuriro ry’Amakoperative y’abahinzi b’umuceri mu Kibaya cya Bugarama, Bunani Obed agaruka ku mpamvu aya mafaranga yatinze kugera kuri aba baturage ndetse agashimangira ko ubu abahinzi bose mu cyumweru kimwe bazaba bamaze kuyabona.

Ati “Babanje kuza gukemura ikibazo cyo gukura umuceri hanze kugira ngo utanyagirwa bajya no gutanga ubwo butabazi mu tundi Turere nyuma baragaruka gutwara n’uwo mu bubiko bisa n’aho amafaranga atinze atari uko batinze kwishyura. Amafaranga yatangiye kugera ku bahinzi, ubu mu cyumweru kimwe bose baraba bayabonye.”

Ikibaya cya Bugarama gihingwa umuceri n’abahinzi bagera ku 7 700 bo mu Mirenge ya Bugarama, Muganza, Gikundamvura na Nyakabuye babarizwa mu makoperative 4.

Umusaruro wabo wari warabuze isoko wararibonye
Ubu banasubiye mu mirima bari guhinga undi muceri

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku ‘mupfumu’ uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Next Post

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.