Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bigeze kugarukwaho na Perezida Paul Kagame kuko bari barabuze isoko ry’umusaruro wabo, bakaza kuribona ariko ntibahite bishyurwa, ubu barabyinira ku rukoma, ko bamaze kwishyurwa, ndetse bakaba baramanuye amasuka bakongera guhinga.

Mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka, RADIOTV10 yagaragaje ikibazo cy’umusaruro w’umuceri wari waraheze ku muga no mu bubiko kubera kubura isoko.

Ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro z’Abadepite ku ya 14 Kanama 2024, yagarutse kuri iki kibazo cy’abahinzi, aho yavuze ko bibabaje kuba abahinzi bashishikarizwa guhinga bivuye inyuma ariko bakabura isoko ry’umusaruro.

Nyuma y’iminsi micye, hahise hatangira igikorwa cyo gutwara umuceri wari mu mifuka ku mbuga kugira ngo imvura itawusanga hanze ndetse nyuma hakurikiraho uwari mu bubiko.

Icyakora abahinzi ntibahise babona amafaranga y’uwo musaruro wabo, ndetse bamwe batangira gutakaza icyizere ko batazishyurwa mu gihe hari n’abandi bari bagifite.

Nyuma y’amezi abiri umusaruro wabo ujyanywe, ubu barabyinira ku rukoma, nyuma yuko bamwe batangiye kwishyurwa, ndetse bakabona ubutumwa buza kuri Konti zabo.

Ngarambe Protais yagize ati “Twari twarigunze cyane twaranihebye, ariko amafaranga yaraje nanjye nayabonye none dore n’agatabo ndagafite.”

Aba bahinzi bavuga ko ntawundi babikesha, atari Umukuru w’Igihugu udahwema kugoboka abaturage, byumwihariko ari we bakesha kuba ikibazo cyabo cyarakemutse.

Mushimiyimana Anna na we ati “Ariko turashimira Perezida wa Repuburika kuba yarakemuye ikibazo cyacu none n’amafaranga twari tumaze iminsi twarahebye na yo akaba atugezeho.”

Umuyobozi w’ihuriro ry’Amakoperative y’abahinzi b’umuceri mu Kibaya cya Bugarama, Bunani Obed agaruka ku mpamvu aya mafaranga yatinze kugera kuri aba baturage ndetse agashimangira ko ubu abahinzi bose mu cyumweru kimwe bazaba bamaze kuyabona.

Ati “Babanje kuza gukemura ikibazo cyo gukura umuceri hanze kugira ngo utanyagirwa bajya no gutanga ubwo butabazi mu tundi Turere nyuma baragaruka gutwara n’uwo mu bubiko bisa n’aho amafaranga atinze atari uko batinze kwishyura. Amafaranga yatangiye kugera ku bahinzi, ubu mu cyumweru kimwe bose baraba bayabonye.”

Ikibaya cya Bugarama gihingwa umuceri n’abahinzi bagera ku 7 700 bo mu Mirenge ya Bugarama, Muganza, Gikundamvura na Nyakabuye babarizwa mu makoperative 4.

Umusaruro wabo wari warabuze isoko wararibonye
Ubu banasubiye mu mirima bari guhinga undi muceri

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku ‘mupfumu’ uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Next Post

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Related Posts

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.