Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bigeze kugarukwaho na Perezida Paul Kagame kuko bari barabuze isoko ry’umusaruro wabo, bakaza kuribona ariko ntibahite bishyurwa, ubu barabyinira ku rukoma, ko bamaze kwishyurwa, ndetse bakaba baramanuye amasuka bakongera guhinga.

Mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka, RADIOTV10 yagaragaje ikibazo cy’umusaruro w’umuceri wari waraheze ku muga no mu bubiko kubera kubura isoko.

Ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga indahiro z’Abadepite ku ya 14 Kanama 2024, yagarutse kuri iki kibazo cy’abahinzi, aho yavuze ko bibabaje kuba abahinzi bashishikarizwa guhinga bivuye inyuma ariko bakabura isoko ry’umusaruro.

Nyuma y’iminsi micye, hahise hatangira igikorwa cyo gutwara umuceri wari mu mifuka ku mbuga kugira ngo imvura itawusanga hanze ndetse nyuma hakurikiraho uwari mu bubiko.

Icyakora abahinzi ntibahise babona amafaranga y’uwo musaruro wabo, ndetse bamwe batangira gutakaza icyizere ko batazishyurwa mu gihe hari n’abandi bari bagifite.

Nyuma y’amezi abiri umusaruro wabo ujyanywe, ubu barabyinira ku rukoma, nyuma yuko bamwe batangiye kwishyurwa, ndetse bakabona ubutumwa buza kuri Konti zabo.

Ngarambe Protais yagize ati “Twari twarigunze cyane twaranihebye, ariko amafaranga yaraje nanjye nayabonye none dore n’agatabo ndagafite.”

Aba bahinzi bavuga ko ntawundi babikesha, atari Umukuru w’Igihugu udahwema kugoboka abaturage, byumwihariko ari we bakesha kuba ikibazo cyabo cyarakemutse.

Mushimiyimana Anna na we ati “Ariko turashimira Perezida wa Repuburika kuba yarakemuye ikibazo cyacu none n’amafaranga twari tumaze iminsi twarahebye na yo akaba atugezeho.”

Umuyobozi w’ihuriro ry’Amakoperative y’abahinzi b’umuceri mu Kibaya cya Bugarama, Bunani Obed agaruka ku mpamvu aya mafaranga yatinze kugera kuri aba baturage ndetse agashimangira ko ubu abahinzi bose mu cyumweru kimwe bazaba bamaze kuyabona.

Ati “Babanje kuza gukemura ikibazo cyo gukura umuceri hanze kugira ngo utanyagirwa bajya no gutanga ubwo butabazi mu tundi Turere nyuma baragaruka gutwara n’uwo mu bubiko bisa n’aho amafaranga atinze atari uko batinze kwishyura. Amafaranga yatangiye kugera ku bahinzi, ubu mu cyumweru kimwe bose baraba bayabonye.”

Ikibaya cya Bugarama gihingwa umuceri n’abahinzi bagera ku 7 700 bo mu Mirenge ya Bugarama, Muganza, Gikundamvura na Nyakabuye babarizwa mu makoperative 4.

Umusaruro wabo wari warabuze isoko wararibonye
Ubu banasubiye mu mirima bari guhinga undi muceri

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku ‘mupfumu’ uzwi mu Rwanda watawe muri yombi

Next Post

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.