Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

radiotv10by radiotv10
08/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu gace kiswe ‘Beijing’ gaherereye mu Kagari ka Murya mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, bavuga ko nubwo hahawe iri zina ry’Umujyi uzwiho kuba ukomeye, ariko kuri bo imibereho itigeze ihinduka.

Aka gace kahawe iri zina ry’Umurwa Mukuru w’u Bushinwa, nyuma yuko hazanywe uruganda rutunganya nyiramugengeri rukoramo Abashinwa, ari na yo ntandaro yo kuhita iri zina.

Mukandayisenga Patricie agira ati “Byaturutse ku Bashinwa baje gukora mu ruganda bahitirira umujyi wabo, ubu nyine natwe twabaye ab’i Beijing.”

Ahiswe Beijing ni igice cy’Umudugudu wa Ryagashyitsi n’uwa Nyagasozi yo muri aka Kagari ka Murya.

Abatuye aka gace bumvaga ko kuza k’uru ruganda kwakabaye kumvikanamo kuhazana amajyambere ku baturage ndetse n’iri zina hiswe rikajyana n’impinduka nziza ku mibereho yabo, gusa bakavugako nta mpinduka zabayeho, ahubwo rukaba rubatera ivumbi n’urusaku ku barwegereye.

Mukaribenze Felicite ati “Nyine ni ikibazo, kuva uruganda rwaza iyo rwatse nta buzima abenshi baba bafite. Nk’umuntu urwara umutima agira ikibazo. Ubwo rero nyine bikadutera ikibazo kubera uruganda.”

Patricie Mukandayisenga na we ati “Njyewe mbona ntacyo rutumariye. None se ko nta kazi nahabonye, akaba nta n’umwana wanjye wahabonye akazi, ukaba unabona akenshi akazi bagahereza abaturutse hirya kure.”

Bavuga ko aho kugira ngo uru ruganda rutange akazi ku rubyiruko rw’aha i Beijing rwivane mu bukene, ahubwo rwaba rugira uruhare mu kwangirika kw’abana b’abakobwa baho bivugwa ko bashorwa mu ngeso mbi n’abakozi baho babashora mu busambanyi.

Nyiransabimana Agnes ati “Ugasanga n’abana ba hano bangiritse kubera kwigemura mu gipangu bicuruza imibiri kubera ubukene. Abana b’abakobwa b’ino aha kubera ubukene bataranabahaye akazi, bajya mu gipangu kwicuruza. Niba ari umukobwa wabyariye iwabo, umwana akabona igikoma avuye kwicuruza. Hano hari abakobwa babyaye abana b’abashinwa bagera kuri batatu.”

Umuyobozi Wungirije w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwimana Monique ntiyemeranya n’aba baturage ko kuza k’uru ruganda ntacyo byahinduye ku mibereho y’abaruturiye kuko rwatanze amafaranga y’ingurane ku byabo bigatuma bamwe babona amafaranga

Ati “Buriya abaturage ba hariya bari hasi cyane, ariko bamaze kubona ingurane ikwiye ku butaka bwabo imibereho yabo yahise ihinduka. Ni amafaranga yari aziye rimwe bashoboraga kubonaho ubundi butaka bakanasagura.”

Abajijwe umubare w’abaturage uru ruganda rwaba rwarishyuriye mituweri uyu mwaka nk’uko izindi nganda zijyanamo n’Akarere ka Rusizi muri gahunda ya ‘Tujyanemo’, uyu muyobozi yirinze kuwukomozaho ahubwo atanga icyizere ko umwaka utaha bagomba kwiyongera

Ati “Mu ruganda rumeze nka kuriya nk’uko n’izindi nganda zidufasha, muri uyu mwaka wa mituweri tugiye gutangira tuzabegera niba baranafashije bacyeya turizera ko bazongera.”

Amakuru twamenye, ni uko muri uyu mwaka uru ruganda rubyaza amashanyarazi nyiramugengeri narwo rukayagurisha, rwashyikirije Umurenge wa nzahaha ubufasha bwa mituweri z’abaturage 20.

Uruganda ngo rumeze neza ariko imibereho y’abaruturiye yo ntayo

Abaturiye uru ruganda bo bavuga ko imibereho yanze
Ngo ahubwo uru ruganda rubatera ivumbi n’urusaku

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Rwamagana: Nubwo batangiye guhinga ariko baragaragaza impamvu icyizere cy’umusaruro bifuza ari gicye

Next Post

Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya

Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.