Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hari abasama bibatunguye nyuma yo gutegereza ko bagira imihingo ikurikira kubyara, bise ‘kubonera umwana’, ngo babone kuboneza urubyaro ariko bakayibura, bagashiduka basamye.

Aba ba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko baba batekereza kuzagana serivisi zo kuboneza urubyaro nyuma yo kubyara ariko ko batazitabira batabanje ‘kubonera umwana’ [kujya mu mihango nyuma yo kubyara].

Umwe ati “Bihira bacye kuko hari nk’umuntu uba utarageza igihe cyo kubonera umwana, agatwara inda atazi uko ije, nyamara yari azi ngo icyo gihe nikigera azajya kuboneza urubyaro nk’abandi noneho bikamutungura, uwo mwana akaza atamuteganyije.”

Aba babyeyi bavuga ko uyu muco bita ‘kubonera umwana’ ari umuco wo hambere kandi ko bakiwukomeye bityo ko badashobora kuboneza urubyaro batabanje kuwubahiriza.

Gusa ngo nubwo bumva batatatira uyu muco ariko hari abo ukomeje gukoraho ugatuma babyara inkurikirane.

Umubyeyi wakurikije umwana ufite umwaka umwe, yagize ati “Umwana namukurikije ntamuboneye kuko ntabwo nabonye imihango itegurira iyo kujya gufata urushinge kwa muganga. Nategereje ko nyibona, nisanga ntwite, birangira nyine ntwite ndamubyara.”

Undi mubyeyi ati “Iyo umwe arize bisaba ngo umwe muheke undi muterure mbone uko muhoza, none n’uko najyaga njya gushaka igikoma nca amafaranga simbibonera ubushobozi kuko umwe mba muhetse undi muteruye.”

Umukozi w’Umuryango utegamiye kuri Leta wibanda ku buzima n’uburenganzira (HDI), Twahirwa Solange avuga ko igihe cyo ‘kubonera umwana’ gishobora kugenwa n’uburyo umubyeyi yonsa umwana we.

Ati “Ubundi iyo umubyeyi abyaye akenshi kuko aba yonsa uko igipimo cyo konsa kigenda kigabanuka bitewe n’impamvu nyinshi, bituma abona imihango mbere y’amezi atandatu cyangwa nyuma yayo.”

Uyu mukozi avuga ko umubyeyi ukurikiza inama z’uburyo agomba konsa, amara amezi atandatu atarabona indi mihango.

Avuga kandi ko umubyeyi utwite akwiye no gutekereza uburyo bwo kuboneza urubyaro azakoresha igihe azaba amaze kubyara.

Ati “Inama tubaha ni uko ava kwa muganga [amaze kubyara] yamaze guhitamo uburyo akoresha kuko muganga ashobora kumusobanurira uburyo azakoresha cyangwa n’ubwo bundi akamubwira ko agomba kubutangira icyo gihe nyine akibyara kugira ngo yirinde kugira iyindi nda atateganyije.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 3 =

Previous Post

FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi baravugwaho gutegura ibitero simusiga byo kubohoza Bunagana

Next Post

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.