Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hari abasama bibatunguye nyuma yo gutegereza ko bagira imihingo ikurikira kubyara, bise ‘kubonera umwana’, ngo babone kuboneza urubyaro ariko bakayibura, bagashiduka basamye.

Aba ba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko baba batekereza kuzagana serivisi zo kuboneza urubyaro nyuma yo kubyara ariko ko batazitabira batabanje ‘kubonera umwana’ [kujya mu mihango nyuma yo kubyara].

Umwe ati “Bihira bacye kuko hari nk’umuntu uba utarageza igihe cyo kubonera umwana, agatwara inda atazi uko ije, nyamara yari azi ngo icyo gihe nikigera azajya kuboneza urubyaro nk’abandi noneho bikamutungura, uwo mwana akaza atamuteganyije.”

Aba babyeyi bavuga ko uyu muco bita ‘kubonera umwana’ ari umuco wo hambere kandi ko bakiwukomeye bityo ko badashobora kuboneza urubyaro batabanje kuwubahiriza.

Gusa ngo nubwo bumva batatatira uyu muco ariko hari abo ukomeje gukoraho ugatuma babyara inkurikirane.

Umubyeyi wakurikije umwana ufite umwaka umwe, yagize ati “Umwana namukurikije ntamuboneye kuko ntabwo nabonye imihango itegurira iyo kujya gufata urushinge kwa muganga. Nategereje ko nyibona, nisanga ntwite, birangira nyine ntwite ndamubyara.”

Undi mubyeyi ati “Iyo umwe arize bisaba ngo umwe muheke undi muterure mbone uko muhoza, none n’uko najyaga njya gushaka igikoma nca amafaranga simbibonera ubushobozi kuko umwe mba muhetse undi muteruye.”

Umukozi w’Umuryango utegamiye kuri Leta wibanda ku buzima n’uburenganzira (HDI), Twahirwa Solange avuga ko igihe cyo ‘kubonera umwana’ gishobora kugenwa n’uburyo umubyeyi yonsa umwana we.

Ati “Ubundi iyo umubyeyi abyaye akenshi kuko aba yonsa uko igipimo cyo konsa kigenda kigabanuka bitewe n’impamvu nyinshi, bituma abona imihango mbere y’amezi atandatu cyangwa nyuma yayo.”

Uyu mukozi avuga ko umubyeyi ukurikiza inama z’uburyo agomba konsa, amara amezi atandatu atarabona indi mihango.

Avuga kandi ko umubyeyi utwite akwiye no gutekereza uburyo bwo kuboneza urubyaro azakoresha igihe azaba amaze kubyara.

Ati “Inama tubaha ni uko ava kwa muganga [amaze kubyara] yamaze guhitamo uburyo akoresha kuko muganga ashobora kumusobanurira uburyo azakoresha cyangwa n’ubwo bundi akamubwira ko agomba kubutangira icyo gihe nyine akibyara kugira ngo yirinde kugira iyindi nda atateganyije.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi baravugwaho gutegura ibitero simusiga byo kubohoza Bunagana

Next Post

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.