Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Bahishuye impamvu babyara inkurikirane ariko basubizwa ko ari uburangare bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hari abasama bibatunguye nyuma yo gutegereza ko bagira imihingo ikurikira kubyara, bise ‘kubonera umwana’, ngo babone kuboneza urubyaro ariko bakayibura, bagashiduka basamye.

Aba ba babyeyi babwiye RADIOTV10 ko baba batekereza kuzagana serivisi zo kuboneza urubyaro nyuma yo kubyara ariko ko batazitabira batabanje ‘kubonera umwana’ [kujya mu mihango nyuma yo kubyara].

Umwe ati “Bihira bacye kuko hari nk’umuntu uba utarageza igihe cyo kubonera umwana, agatwara inda atazi uko ije, nyamara yari azi ngo icyo gihe nikigera azajya kuboneza urubyaro nk’abandi noneho bikamutungura, uwo mwana akaza atamuteganyije.”

Aba babyeyi bavuga ko uyu muco bita ‘kubonera umwana’ ari umuco wo hambere kandi ko bakiwukomeye bityo ko badashobora kuboneza urubyaro batabanje kuwubahiriza.

Gusa ngo nubwo bumva batatatira uyu muco ariko hari abo ukomeje gukoraho ugatuma babyara inkurikirane.

Umubyeyi wakurikije umwana ufite umwaka umwe, yagize ati “Umwana namukurikije ntamuboneye kuko ntabwo nabonye imihango itegurira iyo kujya gufata urushinge kwa muganga. Nategereje ko nyibona, nisanga ntwite, birangira nyine ntwite ndamubyara.”

Undi mubyeyi ati “Iyo umwe arize bisaba ngo umwe muheke undi muterure mbone uko muhoza, none n’uko najyaga njya gushaka igikoma nca amafaranga simbibonera ubushobozi kuko umwe mba muhetse undi muteruye.”

Umukozi w’Umuryango utegamiye kuri Leta wibanda ku buzima n’uburenganzira (HDI), Twahirwa Solange avuga ko igihe cyo ‘kubonera umwana’ gishobora kugenwa n’uburyo umubyeyi yonsa umwana we.

Ati “Ubundi iyo umubyeyi abyaye akenshi kuko aba yonsa uko igipimo cyo konsa kigenda kigabanuka bitewe n’impamvu nyinshi, bituma abona imihango mbere y’amezi atandatu cyangwa nyuma yayo.”

Uyu mukozi avuga ko umubyeyi ukurikiza inama z’uburyo agomba konsa, amara amezi atandatu atarabona indi mihango.

Avuga kandi ko umubyeyi utwite akwiye no gutekereza uburyo bwo kuboneza urubyaro azakoresha igihe azaba amaze kubyara.

Ati “Inama tubaha ni uko ava kwa muganga [amaze kubyara] yamaze guhitamo uburyo akoresha kuko muganga ashobora kumusobanurira uburyo azakoresha cyangwa n’ubwo bundi akamubwira ko agomba kubutangira icyo gihe nyine akibyara kugira ngo yirinde kugira iyindi nda atateganyije.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + six =

Previous Post

FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi baravugwaho gutegura ibitero simusiga byo kubohoza Bunagana

Next Post

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.