Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in Uncategorized
0
Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize ukwezi Inteko y’Abunzi b’Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi idakora nyuma y’uko abagera kuri batatu barimo na Perezidante wabo bahagaritswe by’agateganyo n’Inama Njyanama y’Umurenge yabashinje imikorere mibi, mu gihe bo bavuga ko bazize ko banze kumvira abayobozi barimo Perezida wa Njyanama muri uyu Murenge mu rubanza bari bafitanye n’umuturage.

Amabarurwa yandikiwe aba bunzi batatu bo mu bujurire ku ya 26 Kamena uyu mwaka, agaragaza ko bakuweho bishingiye ku myanzuro y’Inama Njyanama isanzwe, banengwa imikorere mibi itagaragazwa neza muri ayo mabaruwa.

Ku ya 27 Kamena 2024 abahagaritswe, nabo banditse basaba kurenganurwa ndetse banikoma bamwe mu bagize Inama Njyanama y’Umurenge yabahagaritse ko basanga byaratewe no kuba barigeze guca urubanza bamwe mu bagize Njyanama bari bafitanye n’umuturage nyuma ntibishimire imikirize yarwo.

Impamvu muzi ngo yateye agatotsi hagati y’Inteko y’Abunzi mu bujirire ndetse na Perezida wa Njyanama y’Umurenge wa Nyakabuye Irivuzumugabo Deo hamwe na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi muri uyu Murenge, Munyensanga Felix. Ni urubanza abo bombi bagiranye n’uwitwa Byigero Innocent bafatanyije isoko ryo kubaka amashuri ariko nyuma ntibumvikane ku mafaranga.

Mu gihe abunzi ku Rwego rw’Akagari bari banzuye ko Byigero agomba guha abo bayobozi agera ku bihumbi 900 Frw, Intego y’ab’Ubujurire yo yarashishoje isanga abo bayobozi barashakaga kuriganya uyu muturage, yanzura ko uyu muturage asubiza agera ku bihumbi 380 Frw.

Butoto Oliva wari Perezidante w’Inteko y’Abunzi agira ati “Twagiye kwiherera ngo dufate umwanzuro, Perezida wa komisiyo politiki ari na we chairman wa RPF Munyensanga Felix yanyoherereje SMS ivuga ngo mutubemo turahari turagira icyo dukora. Tumaze gutangaza umwanzuro aravuga ngo n’ubwo bigenze gutya namwe ntimuzarangiza manda.”

Perezida wa Nyyanama y’umurenge wa Nyakabuye Irivuzumugabo Deo ntiyemera ko icyo ari cyo cyatumye aba Bunzi bakurwaho.

Yagize ati “Iby’iyo mesaje ntabyo nzi, iramutse yaratanzwe n’umwe muri twe ntabwo bivuze ko ari cyo twagendeyeho kuko twagendeye ku makossa yabo. Ibyo by’amasoko uri kumbwira njyewe ntabwo ndimo mbyumva.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamali wasinye amabaruwa ahagarika aba Bunzi, avuga ko atari kuvuguruza Inama Njyanama, icyakora ngo nk’Umurenge bakaba bategereje icyo ubuyobozi bw’Akarere buzabikoraho

Ati “Ndabyemeza ko hari urubanza baba barahuriyemo, nk’uko biteganywa n’amabwiriza iyo ikintu cyafatiwe mu nama njyanama bibanza kohererezwa Akarere na ko kakabitangaho ibitekerezo. Rero turacyategereje.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr. Kibiriga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko Ubuyobozi bw’Akarere bugiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo hamenyekane ukuri kwabyo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Guverinoma y’Igihugu cyugarijwe n’inzara yabivuzeho ibitunguranye nyuma y’uko abagituye batabarijwe

Next Post

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo
IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

by radiotv10
16/10/2025
0

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

16/10/2025
Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

15/10/2025
Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.