Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in Uncategorized
0
Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize ukwezi Inteko y’Abunzi b’Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi idakora nyuma y’uko abagera kuri batatu barimo na Perezidante wabo bahagaritswe by’agateganyo n’Inama Njyanama y’Umurenge yabashinje imikorere mibi, mu gihe bo bavuga ko bazize ko banze kumvira abayobozi barimo Perezida wa Njyanama muri uyu Murenge mu rubanza bari bafitanye n’umuturage.

Amabarurwa yandikiwe aba bunzi batatu bo mu bujurire ku ya 26 Kamena uyu mwaka, agaragaza ko bakuweho bishingiye ku myanzuro y’Inama Njyanama isanzwe, banengwa imikorere mibi itagaragazwa neza muri ayo mabaruwa.

Ku ya 27 Kamena 2024 abahagaritswe, nabo banditse basaba kurenganurwa ndetse banikoma bamwe mu bagize Inama Njyanama y’Umurenge yabahagaritse ko basanga byaratewe no kuba barigeze guca urubanza bamwe mu bagize Njyanama bari bafitanye n’umuturage nyuma ntibishimire imikirize yarwo.

Impamvu muzi ngo yateye agatotsi hagati y’Inteko y’Abunzi mu bujirire ndetse na Perezida wa Njyanama y’Umurenge wa Nyakabuye Irivuzumugabo Deo hamwe na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi muri uyu Murenge, Munyensanga Felix. Ni urubanza abo bombi bagiranye n’uwitwa Byigero Innocent bafatanyije isoko ryo kubaka amashuri ariko nyuma ntibumvikane ku mafaranga.

Mu gihe abunzi ku Rwego rw’Akagari bari banzuye ko Byigero agomba guha abo bayobozi agera ku bihumbi 900 Frw, Intego y’ab’Ubujurire yo yarashishoje isanga abo bayobozi barashakaga kuriganya uyu muturage, yanzura ko uyu muturage asubiza agera ku bihumbi 380 Frw.

Butoto Oliva wari Perezidante w’Inteko y’Abunzi agira ati “Twagiye kwiherera ngo dufate umwanzuro, Perezida wa komisiyo politiki ari na we chairman wa RPF Munyensanga Felix yanyoherereje SMS ivuga ngo mutubemo turahari turagira icyo dukora. Tumaze gutangaza umwanzuro aravuga ngo n’ubwo bigenze gutya namwe ntimuzarangiza manda.”

Perezida wa Nyyanama y’umurenge wa Nyakabuye Irivuzumugabo Deo ntiyemera ko icyo ari cyo cyatumye aba Bunzi bakurwaho.

Yagize ati “Iby’iyo mesaje ntabyo nzi, iramutse yaratanzwe n’umwe muri twe ntabwo bivuze ko ari cyo twagendeyeho kuko twagendeye ku makossa yabo. Ibyo by’amasoko uri kumbwira njyewe ntabwo ndimo mbyumva.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamali wasinye amabaruwa ahagarika aba Bunzi, avuga ko atari kuvuguruza Inama Njyanama, icyakora ngo nk’Umurenge bakaba bategereje icyo ubuyobozi bw’Akarere buzabikoraho

Ati “Ndabyemeza ko hari urubanza baba barahuriyemo, nk’uko biteganywa n’amabwiriza iyo ikintu cyafatiwe mu nama njyanama bibanza kohererezwa Akarere na ko kakabitangaho ibitekerezo. Rero turacyategereje.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr. Kibiriga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko Ubuyobozi bw’Akarere bugiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo hamenyekane ukuri kwabyo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + three =

Previous Post

Guverinoma y’Igihugu cyugarijwe n’inzara yabivuzeho ibitunguranye nyuma y’uko abagituye batabarijwe

Next Post

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.