• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in Uncategorized
0
Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Hashize ukwezi Inteko y’Abunzi b’Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi idakora nyuma y’uko abagera kuri batatu barimo na Perezidante wabo bahagaritswe by’agateganyo n’Inama Njyanama y’Umurenge yabashinje imikorere mibi, mu gihe bo bavuga ko bazize ko banze kumvira abayobozi barimo Perezida wa Njyanama muri uyu Murenge mu rubanza bari bafitanye n’umuturage.

Amabarurwa yandikiwe aba bunzi batatu bo mu bujurire ku ya 26 Kamena uyu mwaka, agaragaza ko bakuweho bishingiye ku myanzuro y’Inama Njyanama isanzwe, banengwa imikorere mibi itagaragazwa neza muri ayo mabaruwa.

Ku ya 27 Kamena 2024 abahagaritswe, nabo banditse basaba kurenganurwa ndetse banikoma bamwe mu bagize Inama Njyanama y’Umurenge yabahagaritse ko basanga byaratewe no kuba barigeze guca urubanza bamwe mu bagize Njyanama bari bafitanye n’umuturage nyuma ntibishimire imikirize yarwo.

Impamvu muzi ngo yateye agatotsi hagati y’Inteko y’Abunzi mu bujirire ndetse na Perezida wa Njyanama y’Umurenge wa Nyakabuye Irivuzumugabo Deo hamwe na Chairman w’Umuryango RPF-Inkotanyi muri uyu Murenge, Munyensanga Felix. Ni urubanza abo bombi bagiranye n’uwitwa Byigero Innocent bafatanyije isoko ryo kubaka amashuri ariko nyuma ntibumvikane ku mafaranga.

Mu gihe abunzi ku Rwego rw’Akagari bari banzuye ko Byigero agomba guha abo bayobozi agera ku bihumbi 900 Frw, Intego y’ab’Ubujurire yo yarashishoje isanga abo bayobozi barashakaga kuriganya uyu muturage, yanzura ko uyu muturage asubiza agera ku bihumbi 380 Frw.

Butoto Oliva wari Perezidante w’Inteko y’Abunzi agira ati “Twagiye kwiherera ngo dufate umwanzuro, Perezida wa komisiyo politiki ari na we chairman wa RPF Munyensanga Felix yanyoherereje SMS ivuga ngo mutubemo turahari turagira icyo dukora. Tumaze gutangaza umwanzuro aravuga ngo n’ubwo bigenze gutya namwe ntimuzarangiza manda.”

Perezida wa Nyyanama y’umurenge wa Nyakabuye Irivuzumugabo Deo ntiyemera ko icyo ari cyo cyatumye aba Bunzi bakurwaho.

Yagize ati “Iby’iyo mesaje ntabyo nzi, iramutse yaratanzwe n’umwe muri twe ntabwo bivuze ko ari cyo twagendeyeho kuko twagendeye ku makossa yabo. Ibyo by’amasoko uri kumbwira njyewe ntabwo ndimo mbyumva.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamali wasinye amabaruwa ahagarika aba Bunzi, avuga ko atari kuvuguruza Inama Njyanama, icyakora ngo nk’Umurenge bakaba bategereje icyo ubuyobozi bw’Akarere buzabikoraho

Ati “Ndabyemeza ko hari urubanza baba barahuriyemo, nk’uko biteganywa n’amabwiriza iyo ikintu cyafatiwe mu nama njyanama bibanza kohererezwa Akarere na ko kakabitangaho ibitekerezo. Rero turacyategereje.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Dr. Kibiriga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko Ubuyobozi bw’Akarere bugiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo hamenyekane ukuri kwabyo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Guverinoma y’Igihugu cyugarijwe n’inzara yabivuzeho ibitunguranye nyuma y’uko abagituye batabarijwe

Next Post

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.