Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore n’umukobwa we wari uhetse uruhinja bari baturutse mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bakubiswe n’inkuba ku manywa y’ihangu ubwo bari bageze mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi aho bari bitabiriye umuhango wo gufata irembo, bahita bitaba Imana, ariko umwana bari bafite we ararokoka.

Iri sanganya ryabereye mu Murenge wa Nkanka kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, aho Domitila Nyirabageni w’imyaka 51 ndetse n’umukobwa we witwa Jeannine Abayisenga bari mu rugendo batashye ubukwe bwo gufata irembo, baturutse mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushenge mu Kagari ka Gasheke.

Aya makuru y’urupfu rw’aba bombi yemejwe n’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze muri uyu Murenge wa Nkanka wabereyemo ibi byago.

Gervais Ntivuguruzwa uyobora Umurenge wa Nkanka, yavuze iyi nkuba yakubise ba nyakwigendera, ubwo abayobozi bari mu nama ariko bagahita bayihagarika byihuse nyuma yo kumenya aya makuru ababaje.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko Jeannine Abayisenga yari ahetse uruhinja rw’amezi ane ndetse anarutwikiriye umutaka, ariko rwo rukaba rwarokotse.

Uyu mutaka bari batwikirije uru ruhinja, unakekwaho kuba ari wo nyirabayazana w’iyi nkuba yakubise ba nyakwigendera ikabahita, kuko inzego zishinzwe ibiza zikunze kugira inama abantu kutitwikira imitaka ifite ibyuma mu gihe imvura iri kugwa, kuko bishobora gukurura ibyago byo gukubitwa n’inkuba.

Ntivuguruzwa yagize ati “Twahise duhamagara umugabo wa Nyirabageni ari we se wa Abayisenga akaba na sekuru w’urwo ruhinja, turahahurira, bahageze dusanga bapfuye.”

Uru ruhinja rwarokotse iyi nkuba, rwahise rujyanwa kwa muganga kugira ngo abaganga basuzume niba rwo ntakibazo rwahuye nacyo ariko bagasanga ari muzima.

Imirambo ya ba nyakwigendera yahise ijyanwa mu Karere ka Nyamasheke aho bari baje baturutse bagiye mu muhango wo gufatira irembo umusore baziranye.

Igice cy’Iburengerazuba bw’u Rwanda kiri mu bice byibasirwa n’inkuba mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no ku Isi hose,nkuko biherutse gutangazwa n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, Habinshuti Philippe.

Habinshuti Philippe watangaje ko hari gukorwa ubushakashatsi ku cyaba gitera aka gace kwibasirwa n’inkuba, yavuze ko bishobora kuba biterwa no kuba “hafite ubutumburuke buri hejuru, ni kimwe muri byo ariko hari n’izindi mpamvu zikwiye gusesengurwa n’abahanga kurushaho tukamenya impamvu hibasirwa kuko ntabwo navuga ko ari ho hari imisozi miremire iruta iy’ahandi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Next Post

Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.