Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore n’umukobwa we wari uhetse uruhinja bari baturutse mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bakubiswe n’inkuba ku manywa y’ihangu ubwo bari bageze mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi aho bari bitabiriye umuhango wo gufata irembo, bahita bitaba Imana, ariko umwana bari bafite we ararokoka.

Iri sanganya ryabereye mu Murenge wa Nkanka kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023, aho Domitila Nyirabageni w’imyaka 51 ndetse n’umukobwa we witwa Jeannine Abayisenga bari mu rugendo batashye ubukwe bwo gufata irembo, baturutse mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushenge mu Kagari ka Gasheke.

Aya makuru y’urupfu rw’aba bombi yemejwe n’Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze muri uyu Murenge wa Nkanka wabereyemo ibi byago.

Gervais Ntivuguruzwa uyobora Umurenge wa Nkanka, yavuze iyi nkuba yakubise ba nyakwigendera, ubwo abayobozi bari mu nama ariko bagahita bayihagarika byihuse nyuma yo kumenya aya makuru ababaje.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko Jeannine Abayisenga yari ahetse uruhinja rw’amezi ane ndetse anarutwikiriye umutaka, ariko rwo rukaba rwarokotse.

Uyu mutaka bari batwikirije uru ruhinja, unakekwaho kuba ari wo nyirabayazana w’iyi nkuba yakubise ba nyakwigendera ikabahita, kuko inzego zishinzwe ibiza zikunze kugira inama abantu kutitwikira imitaka ifite ibyuma mu gihe imvura iri kugwa, kuko bishobora gukurura ibyago byo gukubitwa n’inkuba.

Ntivuguruzwa yagize ati “Twahise duhamagara umugabo wa Nyirabageni ari we se wa Abayisenga akaba na sekuru w’urwo ruhinja, turahahurira, bahageze dusanga bapfuye.”

Uru ruhinja rwarokotse iyi nkuba, rwahise rujyanwa kwa muganga kugira ngo abaganga basuzume niba rwo ntakibazo rwahuye nacyo ariko bagasanga ari muzima.

Imirambo ya ba nyakwigendera yahise ijyanwa mu Karere ka Nyamasheke aho bari baje baturutse bagiye mu muhango wo gufatira irembo umusore baziranye.

Igice cy’Iburengerazuba bw’u Rwanda kiri mu bice byibasirwa n’inkuba mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no ku Isi hose,nkuko biherutse gutangazwa n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, Habinshuti Philippe.

Habinshuti Philippe watangaje ko hari gukorwa ubushakashatsi ku cyaba gitera aka gace kwibasirwa n’inkuba, yavuze ko bishobora kuba biterwa no kuba “hafite ubutumburuke buri hejuru, ni kimwe muri byo ariko hari n’izindi mpamvu zikwiye gusesengurwa n’abahanga kurushaho tukamenya impamvu hibasirwa kuko ntabwo navuga ko ari ho hari imisozi miremire iruta iy’ahandi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nine =

Previous Post

Ikipe ifite abakunzi benshi ku Isi no mu Rwanda yatangiye kurambagizwa n’abifuza kuyigura

Next Post

Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.