Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku Mu-DASSO basanze hafi y’umugezi yapfuye

radiotv10by radiotv10
23/08/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku Mu-DASSO basanze hafi y’umugezi yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wari Umukozi w’urwego rwunganira Inzego z’Ibanze mu gucunga umutekano (DASSO) wakoraga mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bamusanze yapfiriye hafi y’umugezi wa Rubyiro, bikaba bikekwa ko yishwe kubera uko bamusanze.

Ahishakiye Jean Claude, yabonywe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, yitabye Imana, aho bivugwa ko ashobora kuba yagiriwe inabi ubwo yari avuye mu kabari.

Bizabandi Salomon, umwe mu bageze aho umurambo w’uyu mugabo wari uri, yagize ati “ejo yari mu bantu basuraga amasuku. Njyewe nk’uko namubonye amaso ku maso ku munsi w’ejo ari ntakibazo na kimwe afite, ndareba ngasanga yishwe.”

Abaturage babonye umurambo wa nyakwigendera bavuga ko wari ufite igikomere ku mutwe, ari na byo baheraho bakeka ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi.

Undi ati “Wabonaga hari nk’ikintu bamukubiseho, hafi y’umutwe we hari hari agati kagegennye neza bigaragara ko nako baba bagakoresheje mu kumwica.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamali yabwiye RADIOTV10 ko nyakwigendera yari yarangije akazi ke agahitira mu kabari kwica akanyota aho yasangiraga na mugenzi we bombi bakoranaga muri DASSO, ariko ko batashye umwe agaca inzira ye, undi iye.

Ati “Amakuru twayamenye saa mbiri n’igice, abaturage batubwiye ko babonye umurambo uryamye ahantu. Ibyagaragaraga ni uko yaba yishwe, yari afite ibikomere mu mutwe kandi aho hantu hari hari ibuye ririho amaraso.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwageze ahasanzwe umurambo wa nyakwigendera, rwahise rutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyahitanye uyu mugabo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + two =

Previous Post

Abajyanama b’Umujyi wa Kigali biyongera ku bashyizweho na Perezida Kagame bamenyekanye

Next Post

Hagaragajwe urutonde rw’Amatorera arenga 40 yahagaritswe mu Rwanda hatangazwa n’impamvu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe urutonde rw’Amatorera arenga 40 yahagaritswe mu Rwanda hatangazwa n’impamvu

Hagaragajwe urutonde rw’Amatorera arenga 40 yahagaritswe mu Rwanda hatangazwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.