Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari ufite akabari ko mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yasanzwe yapfiriyemo, aho bikekwa ko ashobora kuba yishwe anizwe n’umugabo bari bararanye bapfa kutumvikana ku mafaranga yamwishyuzaga ku byo bari bakoranye.

Uyu nyakwigendera witwa Niyonsenga Diane, yabonetse yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, mu kabari yacururizagamo inzoga gaherereye mu Mudugudu wa Burunga mu Kagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe.

Amakuru ava mu baturage begereye akabari ka nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko ashobora kuba yishwe n’umugabo bari bararanye, kuko muri iryo joro yari yasoje akazi saa yine yinyabya hepfo, ubundi ataha igicuku ari kumwe n’umugabo bivugwa ko ari umukarani, bashobora kuba baje kugirana amakimbirane.

Beninkiko Joseph yagize ati “Nagiye kumva numva barajujura amubwira ngo hano si muri chambre (roji). Hashize akanya numva aravuze ngo yeee muntabare. Umugore ntiyongeye gukoma ahubwo umugabo yahise atangira gukubita urugi ashaka gusohoka, njye narebeye mu idirishya mbona urufuzi rwaje kandi yambaye.”

Abaturage bavuga ko wo mugabo witwa Ngabirarinze Eraste ukekwaho kwica nyakwigendera, yahise acakirana n’abanyerondo bari batabaye, abanza kubarwanya bituma kumufata bigorana nk’uko Iradukunda Samuel wari muri bo abivuga.

Agira ati “Twasanze amaze guca umuryango mo kabiri, adusimbutsemo duhita tumufata adutaratsa adukubita turinda tugera ku muhanda birangira abandi baje kudufasha ntiyatunanira.”

Aba baturage bavuga kandi ko babonye nyakwigendera ari gusangira n’ukekwaho kumwica mu kabari kari hafi aho mbere y’uko ibi biba ndetse bakavuga ko ku buriri basanze yapfiriyeho, banahasanze udukingirizo twakoreshejwe bakabiheraho bakeka ko ubu bwicanyi bwaba bwaturutse ku bwumvikane bucye kuri ibyo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yabwiye RADIOTV10 ko ukekwa kwivugana nyakwigendera, nyuma yo gufatwa yahise aruca akarumira.

Ati “Irondo rikimara kumufata yahise aceceke ntakintu na kimwe yigeze avuga. Ari kuri RIB sitasiyo ya Kamembe, haranakekwa ko ashobora kuba yamufashe ku ngufu kuko basanze yambaye ubusa igice cyo hasi, nta gikomere yari afite nta maraso, yapfuye anizwe.”

Nyakwigendera Niyonsenga Diane wakomogaka mu Karere ka Huye, bivugwa ko assize abana babiri, ndetse ubuyobozi bw’Umurenge wa Kamembe bukaba bwari bukiri gushakisha umuryango we mu gihe umurambo we wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

Ni mu gihe Ngabirinze Eraste ukekwaho kumwica, ibyangombwa bye bigaragaza ko yabifatiye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, akaba yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe.

Nyakwigendera yari afite akabari gacuruza inzoga zirimo n’urwagwa
Bimwe mu bikoresho bye
Basanze bimwe mu bikoresho byangiritse aho bakeka ko habanje kubaho gushyamirana
Abaturage bakeka umugabo bari bararanye
Gitifu avuga ko ukekwaho iki cyaha yanze kugira icyo avuga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + four =

Previous Post

 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko

Next Post

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.