Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari ufite akabari ko mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yasanzwe yapfiriyemo, aho bikekwa ko ashobora kuba yishwe anizwe n’umugabo bari bararanye bapfa kutumvikana ku mafaranga yamwishyuzaga ku byo bari bakoranye.

Uyu nyakwigendera witwa Niyonsenga Diane, yabonetse yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, mu kabari yacururizagamo inzoga gaherereye mu Mudugudu wa Burunga mu Kagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe.

Amakuru ava mu baturage begereye akabari ka nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko ashobora kuba yishwe n’umugabo bari bararanye, kuko muri iryo joro yari yasoje akazi saa yine yinyabya hepfo, ubundi ataha igicuku ari kumwe n’umugabo bivugwa ko ari umukarani, bashobora kuba baje kugirana amakimbirane.

Beninkiko Joseph yagize ati “Nagiye kumva numva barajujura amubwira ngo hano si muri chambre (roji). Hashize akanya numva aravuze ngo yeee muntabare. Umugore ntiyongeye gukoma ahubwo umugabo yahise atangira gukubita urugi ashaka gusohoka, njye narebeye mu idirishya mbona urufuzi rwaje kandi yambaye.”

Abaturage bavuga ko wo mugabo witwa Ngabirarinze Eraste ukekwaho kwica nyakwigendera, yahise acakirana n’abanyerondo bari batabaye, abanza kubarwanya bituma kumufata bigorana nk’uko Iradukunda Samuel wari muri bo abivuga.

Agira ati “Twasanze amaze guca umuryango mo kabiri, adusimbutsemo duhita tumufata adutaratsa adukubita turinda tugera ku muhanda birangira abandi baje kudufasha ntiyatunanira.”

Aba baturage bavuga kandi ko babonye nyakwigendera ari gusangira n’ukekwaho kumwica mu kabari kari hafi aho mbere y’uko ibi biba ndetse bakavuga ko ku buriri basanze yapfiriyeho, banahasanze udukingirizo twakoreshejwe bakabiheraho bakeka ko ubu bwicanyi bwaba bwaturutse ku bwumvikane bucye kuri ibyo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yabwiye RADIOTV10 ko ukekwa kwivugana nyakwigendera, nyuma yo gufatwa yahise aruca akarumira.

Ati “Irondo rikimara kumufata yahise aceceke ntakintu na kimwe yigeze avuga. Ari kuri RIB sitasiyo ya Kamembe, haranakekwa ko ashobora kuba yamufashe ku ngufu kuko basanze yambaye ubusa igice cyo hasi, nta gikomere yari afite nta maraso, yapfuye anizwe.”

Nyakwigendera Niyonsenga Diane wakomogaka mu Karere ka Huye, bivugwa ko assize abana babiri, ndetse ubuyobozi bw’Umurenge wa Kamembe bukaba bwari bukiri gushakisha umuryango we mu gihe umurambo we wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

Ni mu gihe Ngabirinze Eraste ukekwaho kumwica, ibyangombwa bye bigaragaza ko yabifatiye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, akaba yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe.

Nyakwigendera yari afite akabari gacuruza inzoga zirimo n’urwagwa
Bimwe mu bikoresho bye
Basanze bimwe mu bikoresho byangiritse aho bakeka ko habanje kubaho gushyamirana
Abaturage bakeka umugabo bari bararanye
Gitifu avuga ko ukekwaho iki cyaha yanze kugira icyo avuga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko

Next Post

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.