Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Igisobanuro cy’Ubuyobozi ku byo abaturage babazwa bikabasiga mu rujijo

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Igisobanuro cy’Ubuyobozi ku byo abaturage babazwa bikabasiga mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batungurwa no kubazwa Ibyiciro by’Ubudehe barimo, nyamara bazi ko hashize bitangajwe ko nta serivisi izongera gutangwa hagendewe ku byiciro, ubuyobozi bukavuga ko biterwa n’ikoranabuhanga ricyuye igihe bukoresha.

Twagiramungu Maurice, umuturage uvuga ko ubwo yari agiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye, yabajijwe icyiciro cy’Ubudehe cye, avuga ko yatunguwe n’iki kibazo.

Ati “Iyo tugeze kwa muganga ugiye gutanga irangamuntu yawe barakubaza ngo uri mu cyiciro cya kangahe, ntakndi kintu bagusubiza, ntabwo nsobanukirwa icyo babimaza.”

Bizimana Emmanuel na we yagize ati “Mperutse kwa muganga, ku ifishi yanjye mbona banditseho ko mba mu cyicito cya gatatu kandi bavuga ko ibyiciro byavuyeho.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Nyakabuye, Mukeshimana Didas avuga ko igituma babibazwa ari ukubera ko muri sisitemu bakoresha ikirimo ibyiciro by’ubudehe.

Umuyobozi Wungirje w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko ibyiciro by’Ubudehe bitagikoreshwa mu mitangire ya serivisi, ndetse ko mu minsi ya vuba hazatangira gukoreshwa ikoranabuhanga ritazateza urujijo.

Ati “Ibyiciro by’Ubudehe ntabwo bigikoreshwa. Iyo bikoreshwa byashingirwaho mu gutanga serivisi zimwe na zimwe, uribuka ko mbere kugira ngo ubone Girinka byasabaga kuba uri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri, ariko ubu si ko bimeze. Ubwo rero abo bitera urujisho rwose nibatuze ntawukibikoresha.”

Gusa aba baturage bavuga ko basigarana urujijo iyo babajijwe ibyiciro by’Ubudehe barimo, bavuga ko niba hari n’icyo bikoreshwa, bajya basobanurirwa, kuko babibazwa gusa ariko ntibasobanurirwe impamvu yabyo.

Abavuga iki kibazo ni abivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye
Bavuga ko batumva impamvu babazwa ibyiciro barimo nyamara bazi ko bitakigenderwaho mu guhabwa serivisi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Next Post

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.