Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarezi bo ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yohani Bosco Rusunyu mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko kuba ryubakishije imbaho na zo zishaje ari imbogamizi ku myigire y’abana kuko baba bameze nk’abari hanze, mu gihe ababifite mu nshingano bavuga ko nta gisubizo bafite, ahubwo ko na bo bategereje umufatanyabikora wabagoboka.

Inyubako imwe yubakishije imbaho ni yo irimo ibyumba by’amashuri bitanu, ggusa n’aho nazo zangiritse bituma umuntu uri hanze ashobora kurebamo imbere ndetse n’abanyeshuri bakareba ibihise byose.

Musanabera Yvonne, umwe mu barezi bo kuri iri shuri, avuga ko imyubakire yaryo, ibangamiye imyigire y’abana.

Ati “Kubera ko hirya abanyeshuri baravuga natwe hano tukavuga, nk’ubu njye nasareye kubera ko mba ngerageza kuzamura ijwi ngo rirenge ay’abo hirya kandi na bo barashyiramo imbaraga ngo abana bumve, mbese ugasanga amajwi yivanze.”

Biziyaremye Edouard we ati “Kwakundi abana baba bari kwiga umwandiko basubiramo wowe uri mu rindi shuri wigisha nk’imibare, abari kwiga kimwe muri ibyo bumva ibyo hirya bari kwiga mbese ugasanga bicangacanze.”

Umuyobozi wa GS Rusunyu, Muhimpundu Phirberte avuga ko ntaho atakomanze kugira ngo iki bibazo kibonerwe igisubizo, ariko na n’ubu bikaba byaranze

Ati “Kugeza ubu haba ku Karere ndetse no kuri Diyoseze hose batubwiye ko nihagira ubushobozi buboneka bazaturebaho.”

Padiri Ombeni Jean Nepomscene ushinzwe uburezi muri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo na bo bakizi, ariko ko na bo badafite icyo bagikoraho.

Ati “Ishuli twararisuye tubona ni ikibazo gikomeye tuvugana n’Akarere, ariko kuko Diyoseze aka kanya nta bushobozi, twakoze umushinga tuwuha abafatanyabikorwa basanzwe ba Diyoseze, ubu turategereje ngo turebe ko bikunda.”

Uretse iki kibazo cyo kuba iri shuri ryubakishije imbaho na zo zashaje, ubuyobozi bwaryo buvuga ko n’ibyumva by’amashuri bidahagije, ku buryo abana biga mu byiciro, barimo abiga mu gitondo abandi bakiga nimugoroba, bukavuga ko na byo biri mu bibangamira imitsindire yabo.

Amajwi aba asohoka ndetse banumva ava mu rindi shuri
Baba bareba n’ibibera hanze byose

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − fifteen =

Previous Post

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Next Post

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

IZIHERUKA

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe
AMAHANGA

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

03/12/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Ubutumwa ukuriye Sena y'u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.