Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarezi bo ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yohani Bosco Rusunyu mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko kuba ryubakishije imbaho na zo zishaje ari imbogamizi ku myigire y’abana kuko baba bameze nk’abari hanze, mu gihe ababifite mu nshingano bavuga ko nta gisubizo bafite, ahubwo ko na bo bategereje umufatanyabikora wabagoboka.

Inyubako imwe yubakishije imbaho ni yo irimo ibyumba by’amashuri bitanu, ggusa n’aho nazo zangiritse bituma umuntu uri hanze ashobora kurebamo imbere ndetse n’abanyeshuri bakareba ibihise byose.

Musanabera Yvonne, umwe mu barezi bo kuri iri shuri, avuga ko imyubakire yaryo, ibangamiye imyigire y’abana.

Ati “Kubera ko hirya abanyeshuri baravuga natwe hano tukavuga, nk’ubu njye nasareye kubera ko mba ngerageza kuzamura ijwi ngo rirenge ay’abo hirya kandi na bo barashyiramo imbaraga ngo abana bumve, mbese ugasanga amajwi yivanze.”

Biziyaremye Edouard we ati “Kwakundi abana baba bari kwiga umwandiko basubiramo wowe uri mu rindi shuri wigisha nk’imibare, abari kwiga kimwe muri ibyo bumva ibyo hirya bari kwiga mbese ugasanga bicangacanze.”

Umuyobozi wa GS Rusunyu, Muhimpundu Phirberte avuga ko ntaho atakomanze kugira ngo iki bibazo kibonerwe igisubizo, ariko na n’ubu bikaba byaranze

Ati “Kugeza ubu haba ku Karere ndetse no kuri Diyoseze hose batubwiye ko nihagira ubushobozi buboneka bazaturebaho.”

Padiri Ombeni Jean Nepomscene ushinzwe uburezi muri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo na bo bakizi, ariko ko na bo badafite icyo bagikoraho.

Ati “Ishuli twararisuye tubona ni ikibazo gikomeye tuvugana n’Akarere, ariko kuko Diyoseze aka kanya nta bushobozi, twakoze umushinga tuwuha abafatanyabikorwa basanzwe ba Diyoseze, ubu turategereje ngo turebe ko bikunda.”

Uretse iki kibazo cyo kuba iri shuri ryubakishije imbaho na zo zashaje, ubuyobozi bwaryo buvuga ko n’ibyumva by’amashuri bidahagije, ku buryo abana biga mu byiciro, barimo abiga mu gitondo abandi bakiga nimugoroba, bukavuga ko na byo biri mu bibangamira imitsindire yabo.

Amajwi aba asohoka ndetse banumva ava mu rindi shuri
Baba bareba n’ibibera hanze byose

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + six =

Previous Post

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Next Post

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Related Posts

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Ubutumwa ukuriye Sena y'u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.