Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Igisubizo kitumvikanamo icyizere ku kibazo cy’ishuri ritajyanye n’igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Abarezi bo ku Rwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yohani Bosco Rusunyu mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko kuba ryubakishije imbaho na zo zishaje ari imbogamizi ku myigire y’abana kuko baba bameze nk’abari hanze, mu gihe ababifite mu nshingano bavuga ko nta gisubizo bafite, ahubwo ko na bo bategereje umufatanyabikora wabagoboka.

Inyubako imwe yubakishije imbaho ni yo irimo ibyumba by’amashuri bitanu, ggusa n’aho nazo zangiritse bituma umuntu uri hanze ashobora kurebamo imbere ndetse n’abanyeshuri bakareba ibihise byose.

Musanabera Yvonne, umwe mu barezi bo kuri iri shuri, avuga ko imyubakire yaryo, ibangamiye imyigire y’abana.

Ati “Kubera ko hirya abanyeshuri baravuga natwe hano tukavuga, nk’ubu njye nasareye kubera ko mba ngerageza kuzamura ijwi ngo rirenge ay’abo hirya kandi na bo barashyiramo imbaraga ngo abana bumve, mbese ugasanga amajwi yivanze.”

Biziyaremye Edouard we ati “Kwakundi abana baba bari kwiga umwandiko basubiramo wowe uri mu rindi shuri wigisha nk’imibare, abari kwiga kimwe muri ibyo bumva ibyo hirya bari kwiga mbese ugasanga bicangacanze.”

Umuyobozi wa GS Rusunyu, Muhimpundu Phirberte avuga ko ntaho atakomanze kugira ngo iki bibazo kibonerwe igisubizo, ariko na n’ubu bikaba byaranze

Ati “Kugeza ubu haba ku Karere ndetse no kuri Diyoseze hose batubwiye ko nihagira ubushobozi buboneka bazaturebaho.”

Padiri Ombeni Jean Nepomscene ushinzwe uburezi muri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo na bo bakizi, ariko ko na bo badafite icyo bagikoraho.

Ati “Ishuli twararisuye tubona ni ikibazo gikomeye tuvugana n’Akarere, ariko kuko Diyoseze aka kanya nta bushobozi, twakoze umushinga tuwuha abafatanyabikorwa basanzwe ba Diyoseze, ubu turategereje ngo turebe ko bikunda.”

Uretse iki kibazo cyo kuba iri shuri ryubakishije imbaho na zo zashaje, ubuyobozi bwaryo buvuga ko n’ibyumva by’amashuri bidahagije, ku buryo abana biga mu byiciro, barimo abiga mu gitondo abandi bakiga nimugoroba, bukavuga ko na byo biri mu bibangamira imitsindire yabo.

Amajwi aba asohoka ndetse banumva ava mu rindi shuri
Baba bareba n’ibibera hanze byose

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 5 =

Previous Post

Impumeko APR igarukanye i Kigali nyuma yuko byongeye kwanga hanze

Next Post

Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country
AMAHANGA

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa ukuriye Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Ubutumwa ukuriye Sena y'u Rwanda yageneye Perezida Kagame ku cyizere yongeye kumugirira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.