Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimbogo buvuga ko hamaze kugaragara abaturage bagera kuri 50 bahaye mugenzi wawo amafaranga akabagurisha igishanga cya Leta, mu gihe we abyamaganira kure akavuga ibi ashinjwa ari umugambi wateguwe n’ubuyobozi kubera amakimbirane yagiranye n’umukozi w’uyu Murenge.

Byatangiye nyuma yuko itsinda ryitwa Agri-Twitezimbere risabye ubutaka mu gishanga cya Gishoma mu gice cyashizemo nyiramugengeri kugira ngo rihahinge imbuto n’imboga ndeste ufite igishanga mu maboko aza kuriha ubwo butaka nta kiguzi.

Bivugwa ko umukozi ushinzwe Ubuhinzi mu Murenge wa Rwimbogo yaba atarishimiye uburyo iri tsinda ryahawe ubu butaka atabizi ndetse nyuma yaho aba ari bwo hatangira gusakara amakuru yuko hari abaje gutanga amafaranga ngo babone ubwo butaka.

Byaje gutuma haba inama hagati y’Ubuyobozi bw’Umurenge n’abahinze muri icyo gishanga ndeste na nyiri ugutanga ubwo butaka ngo hamenyekane abahindukiye bagatanga amafaranga, haza kuboneka umuturage witwa Nzeyimana Frederick bita Mandevu wemeraga ko yakiriye amafaranga y’abakobwa be babiri batabashije guhinga bakamusaba kuhabagurishiriza ndetse n’ay’undi muntu umwe yakiriye by’ubukomisiyoneri.

Uwitwa Vedaste Mugemanyi ufite iki gishanga gicukurwamo nyiramugengeri mu nshingano ari na we wari wahaye iryo tsinda, avuga ko akimara kumenya amakuru ko haba harabayeho kugurisha kandi baraherewe ubuntu yigerereyo kureba uko bimeze.

Agira ati “Nagiyeyo abahinzi barampakanira ariko nyuma Ubuyobozi bw’Umurenge bwarabikurikiranye, bwabwiye abaturage bayatanze ngo bajye kwiyandikisha.”

Nzeyimana Frederick wemeraga ko hari amafaranga y’abantu yamunyuze mu ntoki nk’umuhuza avuga ko yageze ku Murenge bakamuhatira kuvuga ko ayo mafaranga yahabwaga Mutirende Martin ushinjwa kugurisha ubutaka bwa Leta.

Ati “Amafaranga nayahawe n’abantu 10 yari ay’abakobwa bahawe igishanga ntibashobore kugihinga. Kuko goronome azirana na Martin bo bakambwira ngo ni mvuge ko ari Maritini, bakavuga ngo njyewe ni amaboyibo (boda boda) nshungiyeho gusa kandi Maritini yujuje agacurama.”

Mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimbogo buvuga ko hari abaturage babugannye biyandikisha ko batanze amafaranga ngo babone aho guhinga hari abandi babwiye RADIOTV10 ko na bo bahamagawe ngo bajye kubyemeza barabyanga kuko batigeze batanga amafaranga ahubwo bakavuga ko abiyandikishije kuri urwo rutonde ari uko baba baratewe ubwoba ko nibitagenda gutyo bazamburwa ubwo butaka .

Umwe muri abo baturage batifuje ko imyirondoro yabo ijya ahagaraga yagize ati “Mu bantu bahamagawe natwe turimo, twageze ku Murenge bakajya baduhatira kuvuga ko twaguze, kandi mu by’ukuri tutaraguze.”

Mutirende Martin uvugwaho kugurisha igishanga cya Leta nk’umuyobozi w’itsinda ryari ryagihawe ku buntu, yabwiye RADIOTV10, avuga ko atari ukuri.

Ati “Ubwo koko nawe ushyize mu gaciro, abaturage bakumva ko babahaye ahantu babyumva ko nta kiguzi, noneho ugasubira inyuma ukabaka amafaranga ntibahite bajya kubibwira uwabahaye? N’abo bantu bose bavuga baje kwiyandikisha ni bo ubwabo babashyizeho igitugu bababwira ngo utari kwiyandikisha azahomba imibyizi yashoye noneho na bo baza kwiyandikisha muri ubwo buryo. Ni iterabwoba babashyizeho ngo biyandikishe, nta muturage n’umwe wigeze amapa n’igiceri cy’icumi.”

Mutirende usanzwe akora imirimo irimo gutubura imbuto zirimo iz’igihingwa cya Pacuri n’izindi zitandukanye, akomeza avuga ko umukozi ushinzwe ubuhinzi muri uyu Murenge amuziza ko akora ibiri mu nshingano ze ndetse akaba atarakiriye neza iby’uko itsinda ayoboye ryahawe aho guhinga atabizi nyuma yuko hari ikindi gishanga uyu Martin yari yarasabye Umurenge bakagirana amasezerano y’ubukode ku mwaka ariko agronome akaza kwanga kukimuha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo, Nzayishima Joas yahakanye ibitangazwa na bamwe mu baturage ko hari abahatiwe kwemeza ko bahaye amafaranga uriya muturage.

Yagize ati “Ayo makuru ntabwo yaba ari ukuri, twe twabimenyeye mu ntego z’abaturage tubikurikiye dusanga hari ibigaragara ko abaturage bishyuye amafaranga ngo babone aho guhinga byitwa ko ubwo butaka babuguze.”

Ubuyobozi buvuga ko amafaranga yahawe uyu Mutirende agera kuri miliyoni 6 Frw mu gihe we abihakana.

Kugeza ubu Nzeyimana Fredarick wari watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bumukurikiranyeho ibyo kwakira amafaranga yamaze kurekurwa.

Ubuyobozi bushinja umuturage kugurisha igishanga cya Leta
Ni ubutaka bw’ugishanga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + sixteen =

Previous Post

Post-grad panic: What happens after university?

Next Post

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.