Saturday, October 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ni inde wigiza nkana hagati y’Ubuyobozi n’umuturage ushinjwa kugurisha igishanga cya Leta?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimbogo buvuga ko hamaze kugaragara abaturage bagera kuri 50 bahaye mugenzi wawo amafaranga akabagurisha igishanga cya Leta, mu gihe we abyamaganira kure akavuga ibi ashinjwa ari umugambi wateguwe n’ubuyobozi kubera amakimbirane yagiranye n’umukozi w’uyu Murenge.

Byatangiye nyuma yuko itsinda ryitwa Agri-Twitezimbere risabye ubutaka mu gishanga cya Gishoma mu gice cyashizemo nyiramugengeri kugira ngo rihahinge imbuto n’imboga ndeste ufite igishanga mu maboko aza kuriha ubwo butaka nta kiguzi.

Bivugwa ko umukozi ushinzwe Ubuhinzi mu Murenge wa Rwimbogo yaba atarishimiye uburyo iri tsinda ryahawe ubu butaka atabizi ndetse nyuma yaho aba ari bwo hatangira gusakara amakuru yuko hari abaje gutanga amafaranga ngo babone ubwo butaka.

Byaje gutuma haba inama hagati y’Ubuyobozi bw’Umurenge n’abahinze muri icyo gishanga ndeste na nyiri ugutanga ubwo butaka ngo hamenyekane abahindukiye bagatanga amafaranga, haza kuboneka umuturage witwa Nzeyimana Frederick bita Mandevu wemeraga ko yakiriye amafaranga y’abakobwa be babiri batabashije guhinga bakamusaba kuhabagurishiriza ndetse n’ay’undi muntu umwe yakiriye by’ubukomisiyoneri.

Uwitwa Vedaste Mugemanyi ufite iki gishanga gicukurwamo nyiramugengeri mu nshingano ari na we wari wahaye iryo tsinda, avuga ko akimara kumenya amakuru ko haba harabayeho kugurisha kandi baraherewe ubuntu yigerereyo kureba uko bimeze.

Agira ati “Nagiyeyo abahinzi barampakanira ariko nyuma Ubuyobozi bw’Umurenge bwarabikurikiranye, bwabwiye abaturage bayatanze ngo bajye kwiyandikisha.”

Nzeyimana Frederick wemeraga ko hari amafaranga y’abantu yamunyuze mu ntoki nk’umuhuza avuga ko yageze ku Murenge bakamuhatira kuvuga ko ayo mafaranga yahabwaga Mutirende Martin ushinjwa kugurisha ubutaka bwa Leta.

Ati “Amafaranga nayahawe n’abantu 10 yari ay’abakobwa bahawe igishanga ntibashobore kugihinga. Kuko goronome azirana na Martin bo bakambwira ngo ni mvuge ko ari Maritini, bakavuga ngo njyewe ni amaboyibo (boda boda) nshungiyeho gusa kandi Maritini yujuje agacurama.”

Mu gihe ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimbogo buvuga ko hari abaturage babugannye biyandikisha ko batanze amafaranga ngo babone aho guhinga hari abandi babwiye RADIOTV10 ko na bo bahamagawe ngo bajye kubyemeza barabyanga kuko batigeze batanga amafaranga ahubwo bakavuga ko abiyandikishije kuri urwo rutonde ari uko baba baratewe ubwoba ko nibitagenda gutyo bazamburwa ubwo butaka .

Umwe muri abo baturage batifuje ko imyirondoro yabo ijya ahagaraga yagize ati “Mu bantu bahamagawe natwe turimo, twageze ku Murenge bakajya baduhatira kuvuga ko twaguze, kandi mu by’ukuri tutaraguze.”

Mutirende Martin uvugwaho kugurisha igishanga cya Leta nk’umuyobozi w’itsinda ryari ryagihawe ku buntu, yabwiye RADIOTV10, avuga ko atari ukuri.

Ati “Ubwo koko nawe ushyize mu gaciro, abaturage bakumva ko babahaye ahantu babyumva ko nta kiguzi, noneho ugasubira inyuma ukabaka amafaranga ntibahite bajya kubibwira uwabahaye? N’abo bantu bose bavuga baje kwiyandikisha ni bo ubwabo babashyizeho igitugu bababwira ngo utari kwiyandikisha azahomba imibyizi yashoye noneho na bo baza kwiyandikisha muri ubwo buryo. Ni iterabwoba babashyizeho ngo biyandikishe, nta muturage n’umwe wigeze amapa n’igiceri cy’icumi.”

Mutirende usanzwe akora imirimo irimo gutubura imbuto zirimo iz’igihingwa cya Pacuri n’izindi zitandukanye, akomeza avuga ko umukozi ushinzwe ubuhinzi muri uyu Murenge amuziza ko akora ibiri mu nshingano ze ndetse akaba atarakiriye neza iby’uko itsinda ayoboye ryahawe aho guhinga atabizi nyuma yuko hari ikindi gishanga uyu Martin yari yarasabye Umurenge bakagirana amasezerano y’ubukode ku mwaka ariko agronome akaza kwanga kukimuha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo, Nzayishima Joas yahakanye ibitangazwa na bamwe mu baturage ko hari abahatiwe kwemeza ko bahaye amafaranga uriya muturage.

Yagize ati “Ayo makuru ntabwo yaba ari ukuri, twe twabimenyeye mu ntego z’abaturage tubikurikiye dusanga hari ibigaragara ko abaturage bishyuye amafaranga ngo babone aho guhinga byitwa ko ubwo butaka babuguze.”

Ubuyobozi buvuga ko amafaranga yahawe uyu Mutirende agera kuri miliyoni 6 Frw mu gihe we abihakana.

Kugeza ubu Nzeyimana Fredarick wari watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bumukurikiranyeho ibyo kwakira amafaranga yamaze kurekurwa.

Ubuyobozi bushinja umuturage kugurisha igishanga cya Leta
Ni ubutaka bw’ugishanga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Post-grad panic: What happens after university?

Next Post

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Related Posts

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, yahamijwe ibyaha byo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, akatirwa igifungo gisubitse cy’umwaka umwe. Ni...

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

by radiotv10
10/10/2025
0

Inzu y’umuryango wo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Cicumbi, yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari baryamye, bamwe bagashya ariko...

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by radiotv10
10/10/2025
0

Umusesenguzi bya politiki, Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi zihora ari uruvangitirane rutagira umurongo...

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

Rwanda receives over Rwf160 billion to support vaccine manufacturing

by radiotv10
10/10/2025
0

On October 9, President Paul Kagame held talks with the President of the European Union Commission, Ursula von der Leyern,...

IZIHERUKA

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu
FOOTBALL

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

10/10/2025
Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Eng.- Over 500 Rwandans return from DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.