Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi

radiotv10by radiotv10
06/08/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubutaka mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, aratunga agatoki kompanyi y’ubwubatsi kuba yaravogereye isambu ye atabizi, yabibazaho agasubizwa ko byumvikanyweho n’ubuyobozi.

Uyu muturage witwa Majyambere Jean Pierre usanzwe atuye mu Mujyi wa Kigali ariko akagira ubutaka mu Kagari ka Kamurera, afitanye ikibazo na kompanyi ya Century Engineering Contactors (CEC) ashinja kumuvogera ubwo yari mu bikorwa byo kurahura umuriro w’amashanyarazi.

Majyambere avuga ko yahurujwe n’abaturage bamubwira ko mu kibanza cye hari gucukurwa ngo hajyemo amapoto ndetse n’aho gushyira transfo, bigatuma yihutira kuhagera ngo arebe uko bimeze.

Ati “Mpageze mbabajije impamvu bangiriye mu isambu ntabizi, bambwira ko ibyo bintu bari gukora babifitiye uburenganzira ko niba nshaka kugira byinshi menya najya ku Murenge kuko ntacyo bakora Umurenge utakizi.”

Uyu muturage avuga ko iki kigo cyakomeje iyi mirimo yacyo yo gushinga amapoto ndetse anashyirwaho intsinga vuba na bwangu.

Ubwo iki kibazo cyari kimaze kugera mu itangazamakuru, umwe mu bakozi b’iyi kompanyi yahise ajya ku Murenge kubimenyeshya umukozi ushinzwe ubutaka wahise agera ahakorerwa ibi bikorwa, asaba ababikoraga kuba babihagaritse.

Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ingufu REG, ishami rya Rusizi Nzayinambaho Jaques Tuyizere yabwiye RADIOTV10 ko na we yatunguwe no kumva ko iki kigo cyazanye transfo ndetse kikamanika intsiga mbere y’uko REG ibyemeza kandi ko kidashobora guhabwa umuriro kitabanje kumvikana n’umuturage cyashyiriye ibikorwa mu isambu.

Yagize ati “Twasanze mu by’ukuri uwo mushinga waje mu buryo tutari tuzi, ndetse twamaze kuwuhagarika kugira ngo babanze buzuze ibyo bagomba kwemeranyaho na REG. Ntabwo dushobora kubaha umuriro batarabanza kumvikana n’umuturage.”

Umuyobozi wa CEC, Carine Kamanzi yavuze ko iki kigo cyatangiye inzira y’ubwumvikane n’umuturage. Ati “Ubu tuvugana umuturage ari kuganira n’abantu kuri ubwo butaka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre, yatangaje ko Umurenge wahise uha ibaruwa iki kigo ugitegeka guhagarika imirimo ngo kibanze cyumvikane n’umuturage.

Uyu muturage avuga ko yahurujwe n’abaturage babonye ubutaka bwe bwigabijwe n’iki kigo
Bari bamaze gushingamo amapoto
Na transfo yahise ishyirwamo vuba na bwangu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 2 =

Previous Post

Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

Next Post

General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.