Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi

radiotv10by radiotv10
06/08/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubutaka mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, aratunga agatoki kompanyi y’ubwubatsi kuba yaravogereye isambu ye atabizi, yabibazaho agasubizwa ko byumvikanyweho n’ubuyobozi.

Uyu muturage witwa Majyambere Jean Pierre usanzwe atuye mu Mujyi wa Kigali ariko akagira ubutaka mu Kagari ka Kamurera, afitanye ikibazo na kompanyi ya Century Engineering Contactors (CEC) ashinja kumuvogera ubwo yari mu bikorwa byo kurahura umuriro w’amashanyarazi.

Majyambere avuga ko yahurujwe n’abaturage bamubwira ko mu kibanza cye hari gucukurwa ngo hajyemo amapoto ndetse n’aho gushyira transfo, bigatuma yihutira kuhagera ngo arebe uko bimeze.

Ati “Mpageze mbabajije impamvu bangiriye mu isambu ntabizi, bambwira ko ibyo bintu bari gukora babifitiye uburenganzira ko niba nshaka kugira byinshi menya najya ku Murenge kuko ntacyo bakora Umurenge utakizi.”

Uyu muturage avuga ko iki kigo cyakomeje iyi mirimo yacyo yo gushinga amapoto ndetse anashyirwaho intsinga vuba na bwangu.

Ubwo iki kibazo cyari kimaze kugera mu itangazamakuru, umwe mu bakozi b’iyi kompanyi yahise ajya ku Murenge kubimenyeshya umukozi ushinzwe ubutaka wahise agera ahakorerwa ibi bikorwa, asaba ababikoraga kuba babihagaritse.

Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ingufu REG, ishami rya Rusizi Nzayinambaho Jaques Tuyizere yabwiye RADIOTV10 ko na we yatunguwe no kumva ko iki kigo cyazanye transfo ndetse kikamanika intsiga mbere y’uko REG ibyemeza kandi ko kidashobora guhabwa umuriro kitabanje kumvikana n’umuturage cyashyiriye ibikorwa mu isambu.

Yagize ati “Twasanze mu by’ukuri uwo mushinga waje mu buryo tutari tuzi, ndetse twamaze kuwuhagarika kugira ngo babanze buzuze ibyo bagomba kwemeranyaho na REG. Ntabwo dushobora kubaha umuriro batarabanza kumvikana n’umuturage.”

Umuyobozi wa CEC, Carine Kamanzi yavuze ko iki kigo cyatangiye inzira y’ubwumvikane n’umuturage. Ati “Ubu tuvugana umuturage ari kuganira n’abantu kuri ubwo butaka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre, yatangaje ko Umurenge wahise uha ibaruwa iki kigo ugitegeka guhagarika imirimo ngo kibanze cyumvikane n’umuturage.

Uyu muturage avuga ko yahurujwe n’abaturage babonye ubutaka bwe bwigabijwe n’iki kigo
Bari bamaze gushingamo amapoto
Na transfo yahise ishyirwamo vuba na bwangu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

Next Post

General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo
AMAHANGA

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

by radiotv10
29/07/2025
0

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.