Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi

radiotv10by radiotv10
06/08/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Rurageretse hagati y’umuturage na Kompanyi avugaho kwigabiza umutungo we atabizi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubutaka mu Kagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, aratunga agatoki kompanyi y’ubwubatsi kuba yaravogereye isambu ye atabizi, yabibazaho agasubizwa ko byumvikanyweho n’ubuyobozi.

Uyu muturage witwa Majyambere Jean Pierre usanzwe atuye mu Mujyi wa Kigali ariko akagira ubutaka mu Kagari ka Kamurera, afitanye ikibazo na kompanyi ya Century Engineering Contactors (CEC) ashinja kumuvogera ubwo yari mu bikorwa byo kurahura umuriro w’amashanyarazi.

Majyambere avuga ko yahurujwe n’abaturage bamubwira ko mu kibanza cye hari gucukurwa ngo hajyemo amapoto ndetse n’aho gushyira transfo, bigatuma yihutira kuhagera ngo arebe uko bimeze.

Ati “Mpageze mbabajije impamvu bangiriye mu isambu ntabizi, bambwira ko ibyo bintu bari gukora babifitiye uburenganzira ko niba nshaka kugira byinshi menya najya ku Murenge kuko ntacyo bakora Umurenge utakizi.”

Uyu muturage avuga ko iki kigo cyakomeje iyi mirimo yacyo yo gushinga amapoto ndetse anashyirwaho intsinga vuba na bwangu.

Ubwo iki kibazo cyari kimaze kugera mu itangazamakuru, umwe mu bakozi b’iyi kompanyi yahise ajya ku Murenge kubimenyeshya umukozi ushinzwe ubutaka wahise agera ahakorerwa ibi bikorwa, asaba ababikoraga kuba babihagaritse.

Umuyobozi w’ikigo gishinzwe ingufu REG, ishami rya Rusizi Nzayinambaho Jaques Tuyizere yabwiye RADIOTV10 ko na we yatunguwe no kumva ko iki kigo cyazanye transfo ndetse kikamanika intsiga mbere y’uko REG ibyemeza kandi ko kidashobora guhabwa umuriro kitabanje kumvikana n’umuturage cyashyiriye ibikorwa mu isambu.

Yagize ati “Twasanze mu by’ukuri uwo mushinga waje mu buryo tutari tuzi, ndetse twamaze kuwuhagarika kugira ngo babanze buzuze ibyo bagomba kwemeranyaho na REG. Ntabwo dushobora kubaha umuriro batarabanza kumvikana n’umuturage.”

Umuyobozi wa CEC, Carine Kamanzi yavuze ko iki kigo cyatangiye inzira y’ubwumvikane n’umuturage. Ati “Ubu tuvugana umuturage ari kuganira n’abantu kuri ubwo butaka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre, yatangaje ko Umurenge wahise uha ibaruwa iki kigo ugitegeka guhagarika imirimo ngo kibanze cyumvikane n’umuturage.

Uyu muturage avuga ko yahurujwe n’abaturage babonye ubutaka bwe bwigabijwe n’iki kigo
Bari bamaze gushingamo amapoto
Na transfo yahise ishyirwamo vuba na bwangu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ntibumva impamvu ubwiherero bubakiwe bufungurwa gusa iyo hari bunyure abayobozi ku minsi y’ibirori

Next Post

General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

Related Posts

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

IZIHERUKA

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI
IMIBEREHO MYIZA

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

General Patrick Nyamvumba yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.