Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Gihundwe, burizeza ababigana ko bwavugutiye umuti ikibazo cya Serivisi mbi zahavugwaga, nyuma yuko abakozi babyo babonye amahugurwa arimo n’ayo gukoresha zimwe mu mashini zitakoreshwaga kubera ubumenyi bucye.

Abaganga bo muri serivisi zitandukanye mu Bitaro bya gihundwe bamaze icyumweru bahugurwa n’inzobere zaturutse mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) ndetse n’abo mu byitiriwe Umwami Faisal ku ngingo zirebana no kwita ku barwayi no kubaha umutabazi bw’ibanze.

Nyuma y’aya mahugurwa, bamwe mu baganga bo muri ibi Bitaro bya Gihundwe bavuga ko hari ibyo batabashaga gukorera abarwayi kubera ubumenyi bucye, bikaba intandaro yo kuvuga ko bakiriwe nabi.

Uwizeye Nelly Angelique ati “Hari amamashini menshi aba nasi (nurses) tuba tutazi gukoresha, urugero nk’iyitwa ESG, ariko ubu twamenye uko bayikoresha mu gihe twari dusanwe tutabizi.”

Kutamenya gukoresha zimwe mu mashini ku baforomo bo mu Bitaro bya Gihundwe byatumaga hari abarwayi byohereza mu bindi Bitaro bya kure na byo bikaba ingorane ku barwayi.

Uwamahoro Floribert ati “Hari abazaga bisaba ko hakoreshwa nk’izo za ESG tukabohereza ku bindi Bitaro ngo bajye kuzikoresha yo kandi hano dufite imashini zibikora, ariko ubu nyuma yo kubona ubumenyi tugiye kujya tubikora.”

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gihundwe, Dr. Mukayiranga Edithe avuga ko abagana ibi Bitaro bagiye kurushaho kwitabwaho nyuma yuko ababitaho bamaze kubona ubumenyi bwisumbuyeho.

Ati “Ubu rero twiteze ko abarwayi bagiye gufatwa neza kuko hari ibyo babigishije batajyaga bakora bigatuma twohereza abarwayi kubikoresha ahandi ariko birajya bikorerwa hano.”

Ikibazo cy’ingutu ibi bitaro bifite mu nshingano kwita ku buzima bw’abaturage barenga ibihumbi 190 bo mu mirenge 8, ni ukuba byakabaye bifite abaganga ku rwego rw’aba dogiteri 39 ariko ubu hakaba hari abadogiteri icyenda (9) gusa ubariyemo n’Umuyobozi Mukuru.

Abaganga b’Ibitaro bya Gihundwe bahawe amahugurwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Next Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.