Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Gihundwe, burizeza ababigana ko bwavugutiye umuti ikibazo cya Serivisi mbi zahavugwaga, nyuma yuko abakozi babyo babonye amahugurwa arimo n’ayo gukoresha zimwe mu mashini zitakoreshwaga kubera ubumenyi bucye.

Abaganga bo muri serivisi zitandukanye mu Bitaro bya gihundwe bamaze icyumweru bahugurwa n’inzobere zaturutse mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) ndetse n’abo mu byitiriwe Umwami Faisal ku ngingo zirebana no kwita ku barwayi no kubaha umutabazi bw’ibanze.

Nyuma y’aya mahugurwa, bamwe mu baganga bo muri ibi Bitaro bya Gihundwe bavuga ko hari ibyo batabashaga gukorera abarwayi kubera ubumenyi bucye, bikaba intandaro yo kuvuga ko bakiriwe nabi.

Uwizeye Nelly Angelique ati “Hari amamashini menshi aba nasi (nurses) tuba tutazi gukoresha, urugero nk’iyitwa ESG, ariko ubu twamenye uko bayikoresha mu gihe twari dusanwe tutabizi.”

Kutamenya gukoresha zimwe mu mashini ku baforomo bo mu Bitaro bya Gihundwe byatumaga hari abarwayi byohereza mu bindi Bitaro bya kure na byo bikaba ingorane ku barwayi.

Uwamahoro Floribert ati “Hari abazaga bisaba ko hakoreshwa nk’izo za ESG tukabohereza ku bindi Bitaro ngo bajye kuzikoresha yo kandi hano dufite imashini zibikora, ariko ubu nyuma yo kubona ubumenyi tugiye kujya tubikora.”

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gihundwe, Dr. Mukayiranga Edithe avuga ko abagana ibi Bitaro bagiye kurushaho kwitabwaho nyuma yuko ababitaho bamaze kubona ubumenyi bwisumbuyeho.

Ati “Ubu rero twiteze ko abarwayi bagiye gufatwa neza kuko hari ibyo babigishije batajyaga bakora bigatuma twohereza abarwayi kubikoresha ahandi ariko birajya bikorerwa hano.”

Ikibazo cy’ingutu ibi bitaro bifite mu nshingano kwita ku buzima bw’abaturage barenga ibihumbi 190 bo mu mirenge 8, ni ukuba byakabaye bifite abaganga ku rwego rw’aba dogiteri 39 ariko ubu hakaba hari abadogiteri icyenda (9) gusa ubariyemo n’Umuyobozi Mukuru.

Abaganga b’Ibitaro bya Gihundwe bahawe amahugurwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twelve =

Previous Post

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Next Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.