Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Gihundwe, burizeza ababigana ko bwavugutiye umuti ikibazo cya Serivisi mbi zahavugwaga, nyuma yuko abakozi babyo babonye amahugurwa arimo n’ayo gukoresha zimwe mu mashini zitakoreshwaga kubera ubumenyi bucye.

Abaganga bo muri serivisi zitandukanye mu Bitaro bya gihundwe bamaze icyumweru bahugurwa n’inzobere zaturutse mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) ndetse n’abo mu byitiriwe Umwami Faisal ku ngingo zirebana no kwita ku barwayi no kubaha umutabazi bw’ibanze.

Nyuma y’aya mahugurwa, bamwe mu baganga bo muri ibi Bitaro bya Gihundwe bavuga ko hari ibyo batabashaga gukorera abarwayi kubera ubumenyi bucye, bikaba intandaro yo kuvuga ko bakiriwe nabi.

Uwizeye Nelly Angelique ati “Hari amamashini menshi aba nasi (nurses) tuba tutazi gukoresha, urugero nk’iyitwa ESG, ariko ubu twamenye uko bayikoresha mu gihe twari dusanwe tutabizi.”

Kutamenya gukoresha zimwe mu mashini ku baforomo bo mu Bitaro bya Gihundwe byatumaga hari abarwayi byohereza mu bindi Bitaro bya kure na byo bikaba ingorane ku barwayi.

Uwamahoro Floribert ati “Hari abazaga bisaba ko hakoreshwa nk’izo za ESG tukabohereza ku bindi Bitaro ngo bajye kuzikoresha yo kandi hano dufite imashini zibikora, ariko ubu nyuma yo kubona ubumenyi tugiye kujya tubikora.”

Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Gihundwe, Dr. Mukayiranga Edithe avuga ko abagana ibi Bitaro bagiye kurushaho kwitabwaho nyuma yuko ababitaho bamaze kubona ubumenyi bwisumbuyeho.

Ati “Ubu rero twiteze ko abarwayi bagiye gufatwa neza kuko hari ibyo babigishije batajyaga bakora bigatuma twohereza abarwayi kubikoresha ahandi ariko birajya bikorerwa hano.”

Ikibazo cy’ingutu ibi bitaro bifite mu nshingano kwita ku buzima bw’abaturage barenga ibihumbi 190 bo mu mirenge 8, ni ukuba byakabaye bifite abaganga ku rwego rw’aba dogiteri 39 ariko ubu hakaba hari abadogiteri icyenda (9) gusa ubariyemo n’Umuyobozi Mukuru.

Abaganga b’Ibitaro bya Gihundwe bahawe amahugurwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 3 =

Previous Post

US PRESIDENTIAL ELECTIONS SEEN FROM AFRICA. A PARADIGM SHIFT?

Next Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.