Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, ukekwaho gukubita se umubyara ishoka mu mutwe, yisobanuye avuga ko yabonaga ari ikidayimoni cyarimo kimusatira, ngo kuko asanzwe anamuroga ibimutera imyitwarire idasanzwe.

Uyu musore ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nkombo, ni Habimana Ephraim w’imyaka 26, mu gihe se akekwaho gukubita ishoka mu mutwe, ari Augustin Mburanyi w’imyaka 65, aho babana mu Mudugudu wa Nyabintare, Akagari ka Rwenje, Umurenge wa Nkombo.

Nsengiyumva Alfred uyobora Akagari ka Rwenje, yabwiye Ikinyamakuru Imvaho Nshya dukesha aya makuru, ko uyu musore yatawe muri yombi nyuma yuko akubise se ishoka mu mutwe, amwitiranyije n’ikidayimoni.

Uyu muyobozi avuga kandi ko uyu musore avuga ko umubyeyi we amurogera mu biryo aba yatongereye, bikamutera imyirwarire idasanzwe, ari na byo byari byabaye ubwo yakoraga aya mahano.

Ubwo uyu musore yafatwaga nyuma yo gukubita se ishoka, yavuze ko na we atari we, ahubwo ko yari yataye ubwenge, ndetse ko yamukubise iyi shoka atazi ko ari umubyeyi we.

Nsengiyumva Alfred yagize ati “Yanyibwiriye ko ajya kuyimwasa yari amwicaye iruhande mu gitondo, umosore abona ikintu cy’ikidayimoni kimusatira, kimukoba, gishaka kumusingira ngo kimunige, aragitanga aterura ya shoka aracyasa nk’uwasa urukwi atazi ko ari se ayashije mu mutwe.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi yagejejwe ku Kigo Nderabuzima cya Nkombo, ariko na cyo kigahita kimwohereza mu Bitaro bya Gihundwe, na byo byahise bimwohereza mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB kuko yari amerewe nabi cyane, kuko bikekwa ko ishoka yakubiswe n’umuhungu we yageze ku bwonko.

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko babona urimo ibibazo by’imbaraga zidasanzwe, kuko uyu mwana atari ubwa mbere akomerekeje umubyeyi we.

Ati “Ni ubwa 2 uriya mwana akomeretsa se kuko ubwa mbere yamukubise ikibando, amukomeretsa cyane cyane ku kuboko na bwo ngo yumva ari ikidayimoni kije kumuniga akomerekeje.”

Abaturanyi bavuga kandi ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bwagiye muri uru rugo kureba ikibazo cy’amarozi aruvugwamo, ariko ababyeyi baho bavuga ko ari ibihuha ko nta marozi yahigeze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − six =

Previous Post

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Next Post

Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Related Posts

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite...

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
13/08/2025
0

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda
MU RWANDA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.