Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rusizi: Ukekwaho gukubita Se ishoka mu mutwe yisobanuye avuga ko yabonaga ari ‘ikidayimoni’
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore wo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, ukekwaho gukubita se umubyara ishoka mu mutwe, yisobanuye avuga ko yabonaga ari ikidayimoni cyarimo kimusatira, ngo kuko asanzwe anamuroga ibimutera imyitwarire idasanzwe.

Uyu musore ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nkombo, ni Habimana Ephraim w’imyaka 26, mu gihe se akekwaho gukubita ishoka mu mutwe, ari Augustin Mburanyi w’imyaka 65, aho babana mu Mudugudu wa Nyabintare, Akagari ka Rwenje, Umurenge wa Nkombo.

Nsengiyumva Alfred uyobora Akagari ka Rwenje, yabwiye Ikinyamakuru Imvaho Nshya dukesha aya makuru, ko uyu musore yatawe muri yombi nyuma yuko akubise se ishoka mu mutwe, amwitiranyije n’ikidayimoni.

Uyu muyobozi avuga kandi ko uyu musore avuga ko umubyeyi we amurogera mu biryo aba yatongereye, bikamutera imyirwarire idasanzwe, ari na byo byari byabaye ubwo yakoraga aya mahano.

Ubwo uyu musore yafatwaga nyuma yo gukubita se ishoka, yavuze ko na we atari we, ahubwo ko yari yataye ubwenge, ndetse ko yamukubise iyi shoka atazi ko ari umubyeyi we.

Nsengiyumva Alfred yagize ati “Yanyibwiriye ko ajya kuyimwasa yari amwicaye iruhande mu gitondo, umosore abona ikintu cy’ikidayimoni kimusatira, kimukoba, gishaka kumusingira ngo kimunige, aragitanga aterura ya shoka aracyasa nk’uwasa urukwi atazi ko ari se ayashije mu mutwe.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi yagejejwe ku Kigo Nderabuzima cya Nkombo, ariko na cyo kigahita kimwohereza mu Bitaro bya Gihundwe, na byo byahise bimwohereza mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB kuko yari amerewe nabi cyane, kuko bikekwa ko ishoka yakubiswe n’umuhungu we yageze ku bwonko.

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko babona urimo ibibazo by’imbaraga zidasanzwe, kuko uyu mwana atari ubwa mbere akomerekeje umubyeyi we.

Ati “Ni ubwa 2 uriya mwana akomeretsa se kuko ubwa mbere yamukubise ikibando, amukomeretsa cyane cyane ku kuboko na bwo ngo yumva ari ikidayimoni kije kumuniga akomerekeje.”

Abaturanyi bavuga kandi ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, bwagiye muri uru rugo kureba ikibazo cy’amarozi aruvugwamo, ariko ababyeyi baho bavuga ko ari ibihuha ko nta marozi yahigeze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 19 =

Previous Post

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Next Post

Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Related Posts

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Ahaturutse amakuru yafashije Polisi gufata umugore wacururizaga mukologo iwe rwihishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.