Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muganza na Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze iminsi binjiye mu mibereho y’ihurizo nyuma y’uko ikiraro cyo ku mugezi wa Rubyiro gihuza iyi Mirenge cyangiritse, none kwambuka bisigaye bibasaba kujandajanda mu mazi, abandi bakishyura ngo babaheke mu mugongo.

Iki kiraro cyangiritse mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukuboza 2023, nyuma y’uko haguye imvura nyinshi ikarengera umugezi igatwara n’iki kiraro.

Kwangirika kw’iki kiraro biri gutera abahinzi ibihombo kuko abo mu Murenge wa Gikundamvura usanzwe uzwiho kweza imyaka batari kubona uko bageza umusaruro ku isoko.

Nyirahabimana Eline ati “Twabonaga amafaranga y’abanyeshuli dushoye imyaka muri Muganza none ubu ntibishoboka kuko ntaho tuyinyuza.”

Abo mu Murenge wa Muganza basanzwe bahinga hakurya muri Gikundamvura, na bo bavuga ko kuba kwambuka bigoranye biri gutuma imyaka yabo yangirikira mu mirima kubera kubura inzira ngo bajye gusarura.

Uwayisenga Rahabu ati “Nabuze ahantu nyura ngo njye gupimisha umuceri wanjye uri hakurya, ibigori twahinze hakurya ya Rubyiro  bari kubyibira mu murima.”

Kugeza ubu kwambuka uyu mugezi biri gusaba abaturage kuvogera, abatabishoboye bagatanga amafaranga kugira ngo babambutse babahetse mu mugongo cyangwa ku rutugu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiliga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko hakiri gukorwa ubuvugizi kugira ngo iki kiraroro cyongere kubakwa bundi bushya.

Ati “Akarere karimo karakora ubuvugizi hagati ya MINENFRA na RTDA kugira ngo harebwe uburyo bwo kubaka mu buryo burambye kiriya kiraro, ariko natwe turimo kwiga uburyo bw’igihe gito twaba dushyizeho imbaho kugira ngo abaturage babashe kwambuka”.

Isesengura ryakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, ryagaragaje ko kugira ngo hubakwe ikindi kiraro, bizatwara miliyoni 200 Frw.

Iki kiraro kigiye kuzuza ukwezi gicitse
Kwambuka bamwe baremera bakishyura bakabaheka mu mugongo
Abandi bakabaterura
Abandi bo baremera bajandajanda mu mazi
Imibereho yabaye ihurizo

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − five =

Previous Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Next Post

AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo rya AFC/M23 ku bikorwa byayibabaje by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo rya AFC/M23 ku bikorwa byayibabaje by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.