Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muganza na Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bamaze iminsi binjiye mu mibereho y’ihurizo nyuma y’uko ikiraro cyo ku mugezi wa Rubyiro gihuza iyi Mirenge cyangiritse, none kwambuka bisigaye bibasaba kujandajanda mu mazi, abandi bakishyura ngo babaheke mu mugongo.

Iki kiraro cyangiritse mu mpera z’ukwezi gushize k’Ukuboza 2023, nyuma y’uko haguye imvura nyinshi ikarengera umugezi igatwara n’iki kiraro.

Kwangirika kw’iki kiraro biri gutera abahinzi ibihombo kuko abo mu Murenge wa Gikundamvura usanzwe uzwiho kweza imyaka batari kubona uko bageza umusaruro ku isoko.

Nyirahabimana Eline ati “Twabonaga amafaranga y’abanyeshuli dushoye imyaka muri Muganza none ubu ntibishoboka kuko ntaho tuyinyuza.”

Abo mu Murenge wa Muganza basanzwe bahinga hakurya muri Gikundamvura, na bo bavuga ko kuba kwambuka bigoranye biri gutuma imyaka yabo yangirikira mu mirima kubera kubura inzira ngo bajye gusarura.

Uwayisenga Rahabu ati “Nabuze ahantu nyura ngo njye gupimisha umuceri wanjye uri hakurya, ibigori twahinze hakurya ya Rubyiro  bari kubyibira mu murima.”

Kugeza ubu kwambuka uyu mugezi biri gusaba abaturage kuvogera, abatabishoboye bagatanga amafaranga kugira ngo babambutse babahetse mu mugongo cyangwa ku rutugu.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiliga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko hakiri gukorwa ubuvugizi kugira ngo iki kiraroro cyongere kubakwa bundi bushya.

Ati “Akarere karimo karakora ubuvugizi hagati ya MINENFRA na RTDA kugira ngo harebwe uburyo bwo kubaka mu buryo burambye kiriya kiraro, ariko natwe turimo kwiga uburyo bw’igihe gito twaba dushyizeho imbaho kugira ngo abaturage babashe kwambuka”.

Isesengura ryakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi, ryagaragaje ko kugira ngo hubakwe ikindi kiraro, bizatwara miliyoni 200 Frw.

Iki kiraro kigiye kuzuza ukwezi gicitse
Kwambuka bamwe baremera bakishyura bakabaheka mu mugongo
Abandi bakabaterura
Abandi bo baremera bajandajanda mu mazi
Imibereho yabaye ihurizo

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

Next Post

AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

AMAKURU MASHYA: Undi Perezida yagendereye u Rwanda aba uwa kabiri warusuye ku munsi umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.