Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

radiotv10by radiotv10
27/12/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri ko ataryoshye nk’undi mugore yahoranye, abanyerondo bari hafi bamutesha atangiye kwimanika mu giti cya voka.

Byabereye mu mudugudu wa Nyabishunju mu ma saa munani z’ijoro kuri uyu wa 26 Ukuboza 2025, ubwo umugabo witwa Ntirugiribambe Alfred wari uherutse gushakana na Itangishaka Josiane yamubwiraga ko umugore yahoranye ari we uryoshye agenda amwereka amafoto muri terefone.

Ibyo ngo byarakaje uyu mugore wari umaze ukwezi kumwe muri urwo rushako, maze abyukana igitenge nk’ugiye kwihagarika ajya ku giti cya voka atangiye kuzirika igitenge ngo yiyahure irondo riba ryamuteye imboni nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Shara Sibomana Aimable abivuga.

Ati “Ubwo bari mu buriri umugabo yari afite terefone amubwira ko umugore we wa mbere ari we uryoshye amubwira ko we nta kigenda. Abimubwiye rero undi afata igitenge arasohoka ageze munsi y’igiti cya voka atangira kuzirika igitenge, abanyerondo bamubona babanza kumwihorera ngo barebe,, atangiye kukishumika mu ijosi  bati uri mu biki,, bahise bampamagara mpita njya yo dusanga koko yari agiye kwiyahura”.

Ubuyobozi bw’akagari ka Shara bukimara kuhagera bukabaza buri wese ngo bwasanze atari abo kubana n’ubwo bari bamaranye ukwezi kumwe gusa, bubafasha kumvikana bagabana imyaka bari bafite mu nzu ndeste umugabo yemera guha umugore impampa y’ibihumbi 20 bahita bamuherekeza ataha iwabo muri iryo joro.

Gitifu Aimable ati “Noneho umugore turamuherekeza n’irondo tumugeza i wabo mu murenge wa Gitambi ikibazo kiba kirakemutse”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’umurenge wa Muganza Patrick Niringiyimana unenga imyitwarire y’uwo mugabo ahanini kwereka umugore amafoto y’undi mugore amubwira ko ariwe uryoshye, agira inama abaturage muri rusange kujya bashinga ingo babanje kubitekereza ho kandi bakabana byemewe n’amategeko.

Ati “Hoya biragayitse cyane, inama duha abaturage ni ukwirinda amakimbirane mu ngo bakabana mu buryo bwemewe n’abategeko, waba ugiye kubaka urugo ukamenya ko ugomba kwibagirwa za nshoreke zose ukubaka urugo rumwe”.

Aba bombi bari bamaze ukwezi bashinze urugo nyuma y’uko umugore uyu mugabo yahoranye banafitanye abana 8 ari nawe yavugaga ko aryoshye kuruta uyu wa kabiri nawe ngo yatwawe n’undi mugabo akamujyana mu mujyi wa Kigali  akaba ari bwo ashakana n’uyu Itangishaka bivugwa ko nawe yari afite abana batatu iwabo muri Gitambi aho yahise yisubirira.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twelve =

Previous Post

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.