Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Kamembe-Bugarama ufatwa nka mpuzamahanga kuko unyurwa n’abakora ingendo z’urujya n’uruza hagati y’u Rwanda, u Burundi na DRC, nturi nyabagendwa nyuma yuko wangiritse bikabije ku buryo aho wangirikiye nta n’uwamenya ko higezemo kaburimbo, ndetse ukaba wahagamyemo imodoka nini zafunze izindi.

Urujya n’uruza muri uyu muhanda, rwahagaze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, ubwo zimwe mu modoka nini zari ziwurimo zahagamyemo kubera ubunyerere bukabije no kwangirika kwawo, bigatuma nta bindi binyabiziga bibasha kuwunyuramo.

Izi modoka zahagamiye mu gace ko mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Kigenge, mu Murenge wa Nzahaha ari na ho wangiritse cyane, aho ibindi binyabiziga byose byaje bizikurikiye byabuze uko bitambuka.

Umwe mu baraye bakoreye urugendo muri uyu muhanda kuri uyu wa Gatatu, yabwiye RADIOTV10 ko we n’abo bari kumwe mu modoka, bawuvuyemo ku bw’amahirwe, kuko hari aho imodoka yageraga igasa nk’ibuze uko ikomeza urugendo.

Ni umuhanda usanzwe unyuramo ibinyabiziga byinshi birimo n’ibiba bitwaye ibicuruzwa bijyanwa kuri Rusizi ya mbere na Rusizi ya kabiri, ndetse n’ibijyanwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahazwi nka Kamanyora.

Umwe mu baduhaye amakuru yagize ati “Uyu muhanda ugiye kumara imyaka hafi icumi buri Muyobozi wese na RTDA bavuga ngo vuba uraba ukozwe, ariko amaso yaheze mu kirere.”

Undi muturage avuga ko bibabaje kuba uyu muhanda udakorwa kandi ufatwa nka mpuzamahanga, kuko uhuza u Rwanda, u Burundi na DRC.

Ati “Umuntu ajya i Burundi, ni wo amanuka kugira ngo agere Kibaya, ni na wo imodoka zinyura zijya kuri CIMERWA, muri macye ni wo nzira y’umusaruro w’ubuhinzi bwo mu Kibaya, bwaba ubw’umuceri, bwaba ubw’imbuto n’ibindi ndetse na Sima.”

Aba baturage bavuga kandi ko hari n’imodoka nyinshi zo mu Gihugu cy’Abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikoresha uyu muhanda, aho zikoreshwa n’abava mu gace ka Kamanyora berecyeza i Bukavu n’i Goma, kuko imihanda yo mu Gihugu cyabo yangiritse cyane.

Bavuga ko n’ubundi uyu muhanda wari usanzwe warangiritse kuko wari urimo ibinogo, ariko ko byahumiye ku mirari ubwo hagwaga imvura nyinshi ikazanamo n’ubunyerere bukabije.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura aherutse kubwira abanyamakuru ko uyu muhanda ugiye gukorwa, ndetse ko n’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi, RTDA kigiye kohereza imashini ngo zitangire imirimo.

Ati “Mu gihe bagitegereje ko umuhanda ukorwa wose, bazahera ku hababaje cyane kurusha ahandi, ariko babe basannye ku buryo nibura ube nyabagendwa.”

Guverineri yavuze ko akurikije uko umushinga wo gukora uyu muhanda uteye, hari icyizere ko uzaba ukomeye ku buryo utazongera kwangirika byihuse nk’uko byagenze mbere.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Hahishuwe umugambi mubisha wa Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye w’u Burundi

Next Post

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.