Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanda Kamembe-Bugarama ufatwa nka mpuzamahanga kuko unyurwa n’abakora ingendo z’urujya n’uruza hagati y’u Rwanda, u Burundi na DRC, nturi nyabagendwa nyuma yuko wangiritse bikabije ku buryo aho wangirikiye nta n’uwamenya ko higezemo kaburimbo, ndetse ukaba wahagamyemo imodoka nini zafunze izindi.

Urujya n’uruza muri uyu muhanda, rwahagaze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, ubwo zimwe mu modoka nini zari ziwurimo zahagamyemo kubera ubunyerere bukabije no kwangirika kwawo, bigatuma nta bindi binyabiziga bibasha kuwunyuramo.

Izi modoka zahagamiye mu gace ko mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Kigenge, mu Murenge wa Nzahaha ari na ho wangiritse cyane, aho ibindi binyabiziga byose byaje bizikurikiye byabuze uko bitambuka.

Umwe mu baraye bakoreye urugendo muri uyu muhanda kuri uyu wa Gatatu, yabwiye RADIOTV10 ko we n’abo bari kumwe mu modoka, bawuvuyemo ku bw’amahirwe, kuko hari aho imodoka yageraga igasa nk’ibuze uko ikomeza urugendo.

Ni umuhanda usanzwe unyuramo ibinyabiziga byinshi birimo n’ibiba bitwaye ibicuruzwa bijyanwa kuri Rusizi ya mbere na Rusizi ya kabiri, ndetse n’ibijyanwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahazwi nka Kamanyora.

Umwe mu baduhaye amakuru yagize ati “Uyu muhanda ugiye kumara imyaka hafi icumi buri Muyobozi wese na RTDA bavuga ngo vuba uraba ukozwe, ariko amaso yaheze mu kirere.”

Undi muturage avuga ko bibabaje kuba uyu muhanda udakorwa kandi ufatwa nka mpuzamahanga, kuko uhuza u Rwanda, u Burundi na DRC.

Ati “Umuntu ajya i Burundi, ni wo amanuka kugira ngo agere Kibaya, ni na wo imodoka zinyura zijya kuri CIMERWA, muri macye ni wo nzira y’umusaruro w’ubuhinzi bwo mu Kibaya, bwaba ubw’umuceri, bwaba ubw’imbuto n’ibindi ndetse na Sima.”

Aba baturage bavuga kandi ko hari n’imodoka nyinshi zo mu Gihugu cy’Abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikoresha uyu muhanda, aho zikoreshwa n’abava mu gace ka Kamanyora berecyeza i Bukavu n’i Goma, kuko imihanda yo mu Gihugu cyabo yangiritse cyane.

Bavuga ko n’ubundi uyu muhanda wari usanzwe warangiritse kuko wari urimo ibinogo, ariko ko byahumiye ku mirari ubwo hagwaga imvura nyinshi ikazanamo n’ubunyerere bukabije.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura aherutse kubwira abanyamakuru ko uyu muhanda ugiye gukorwa, ndetse ko n’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi, RTDA kigiye kohereza imashini ngo zitangire imirimo.

Ati “Mu gihe bagitegereje ko umuhanda ukorwa wose, bazahera ku hababaje cyane kurusha ahandi, ariko babe basannye ku buryo nibura ube nyabagendwa.”

Guverineri yavuze ko akurikije uko umushinga wo gukora uyu muhanda uteye, hari icyizere ko uzaba ukomeye ku buryo utazongera kwangirika byihuse nk’uko byagenze mbere.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + sixteen =

Previous Post

Hahishuwe umugambi mubisha wa Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye w’u Burundi

Next Post

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.