Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwitije Elie wo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, wasezerewe n’Ikigo cya Mutobo kinyuzwamo abahoze mu mitwe yitwaje intwaro, avuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kaguru kuko yabuze ubushobozi bwo kwivuza ngo arikurwemo.

Uyu wasezerewe n’ikigo cya Mutobo muri 2009, avuga ko ubwo yasezererwaga we na bagenzi be babwiwe ko bazavurirwa mu Turere bakomokamo, ariko ahageze asanga izina rye ritari mu yoherejwe, bituma abura ubuvuzi.

Agira ati “Turi i Mutobo abaganga batwoherezaga ku Bitaro bya Ruhengeri uko tugezeyo umuriro tugasanga wagiye biba ngombwa ko batubwira ko tuzavurirwa mu Mirenge, bavuga ko bazohereza raporo izadufashwa kwivuza.”

Akomeza avuga ko akigera mu rugo yatangiye kugenda abaza ndetse aza no kumenya aho inzobere ziri kuvurira abasezerewe mu ngabo ariko agezeyo asanga izina rye ritarimo atahira aho ndetse ikibazo akajya akigeze ku bayobozi batandukanye ariko ntihagire igikorwa.

Ati “Aha mbere nakivuze ni mu Murenge ubwo nari ngiye kureba ko hari raporo yanjye yoherejwe, nsanga ntayahageze, hanabaye inama y’abasezerewe mu ngabo (reserve force) ndakivuga ariko afande wari uhari mbona ntago agikurikiranye.”

Isasu avuga ko riri mu itako ngo rituma atabasha guhagarara umwanya munini cyangwa ngo yambare inkweto zifunze, bikamubera imbogamizi zo kugira icyo yakora ngo yiteze imbere.

Ati “Hari igihe akaguru kabyimba simbashe kugenda, ubundi nakoraho nkaryumva, icyo nsaba ni uko nanjye bamfasha nkavurwa nk’uko bagenzi banjye bavurwa.”

Sebagabo Marcelin ushinzwe ubuvuzi muri Komisiyo y’Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu Ngabo, avuga ko bidakunze kubaho ko bene aba bibura ku rutonde, icyakora ko hari abagera mu bice batuyemo ntibabashe kumenya aho kubariza.

Ati “Iyo tumumenye nk’uwo uba waraburiye mu giturage hasi aho tumuvanayo tukamufasha rwose. Ikibazo kiba ari uko bamwe baba barahuye n’ibibazo bikabacanga mu mutwe ntibamenye aho gukurikiranira, ugasanga nta n’undi ubitayeho.”

Sebagabo Marcelin avuga ko uyu wahoze mu Ngabo agiye gufashwa ku buryo azahabwa ubuvuzi bukenewe.

Kutibona ku rutonde rwoherejwe na Komisiyo y’Igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe Abahoze mu ngabo, uretse kuba byaramubujije amahirwe yo kuvurwa, anavuga ko binatuma kugeza ubu nta nyunganizi cyangwa inkunga igenerwa abademobe iramugeraho.

Uwitije Elie avuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kaguru
Asaba gufashwa ngo avuzwe

Ni umwe mu basezerewe nyuma yo kunyuzwa mu kigo cya Mutobo
Yanahawe icyangombwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 11 =

Previous Post

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Next Post

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.