Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wacumbikiwe mu nzu yahoze ari Ibiro by’Akagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, agaragaza ubuzima bugoye abanyemo n’abana be batandatu, aho batunzwe n’ibiryo bisigazwa muri resitora.

Uyu muturage witwa Musanabera Gaudence usanzwe afite abana batandatu barimo ufite amezi umunani, yabwiye RADIOTV10 umugabo we yamutanye aba bana none imibereho ikaba ikomeje kumubana ihurizo.

Avuga ko muri iyi mibereho y’ingume, kubona ikimutunga n’urubyaro rwe, bigoye kuko bazindukana isorore muri resitora iri muri Gare ya Kamembe, bakabashyiriramo ibiryo bisigazwa n’abakiliya, akaba ari byo bararira.

Ati “Nta buzima mfite kuko kubona icyo kurya ni ingorane. Naragiye kuri resitora mbabwira ikibazo mfite, ndababwira nti ‘mwafata iyi sorori mukajya munshyiriramo ibyo basigaje ku isahani’, ibyo biryo ni byo bidutunga.”

Uyu muturage avuga ko abizi neza ko ibi biryo bishobora kubagiraho ingaruka kuko biba birimo umwanda ariko ko ari amaburakindi kuko umugabo we yanze kujya abafasha mu mibereho yabo.

Ati “Hari igihe dusangamo cure-dents, inyama baba bashunnyeho bakayisigaza bakayisubizamo kubera ko biba byasigajwe n’abantu tutazi.”

Uyu mubyeyi avuga ko na we atazi amaherezo y’ubuzima bwe n’abana be kuko atanizeye ko iyi resitora izakomeza kumuha ubu bufasha kuko yatangiye kubona ibimenyetso by’uko badashaka gukomeza kumuha ibi biryo.

Ati “Ndi kwibaza nibatabimpa uko bizagenda n’uko nzabaho kuko wenda byajyaga binamfasha nimugoroba.”

INKURU MU MASHUSHO

Bamwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi na bo bashengurwa n’iyi mibereho igoye arimo n’abana be yo gutungwa n’ibiryo byasigajwe n’abakiliya muri resitora.

Umwe yagize ati “Ejo yarayizanye [isorori] ndi kumureba gutya, nshaka kuyimusaba ngo mbimene ariko ndavuga nti naba muhemukiye. None se wowe ibintu barya bagashyiramo cure-dents…”

Aba baturage bavuga ko uyu mubyeyi yahabwa ubufasha bwo kugira icyo yakora kimutunga we n’abana be kuko afite imbaraga zo gukora.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre, yamenyesheje RADIOTV10 icyo agiye gukora kuri iki kibazo.

Mu butumwa bugufi yandikiye umunyamakuru, Iyakaremye yagize ati “Ndaza kumusura kugira ngo menye neza ikibazo afite, dushake icyo kumufasha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie, yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo cy’uyu muturage atari akizi ariko ko agiye kugikurikirana ku buryo n’ubwo bufasha asabirwa, yabuhabwa mu gihe ubuyobozi bwasanga abukwiye.

Batungwa n’ibiryo biba byasigajwe n’abakiliya muri resitora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda

Next Post

Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.