Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Uwacumbikiwe ahahoze ari Ibiro by’Akagari hahishuwe ubuzima bugoye abamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wacumbikiwe mu nzu yahoze ari Ibiro by’Akagari ka Kamurera mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, agaragaza ubuzima bugoye abanyemo n’abana be batandatu, aho batunzwe n’ibiryo bisigazwa muri resitora.

Uyu muturage witwa Musanabera Gaudence usanzwe afite abana batandatu barimo ufite amezi umunani, yabwiye RADIOTV10 umugabo we yamutanye aba bana none imibereho ikaba ikomeje kumubana ihurizo.

Avuga ko muri iyi mibereho y’ingume, kubona ikimutunga n’urubyaro rwe, bigoye kuko bazindukana isorore muri resitora iri muri Gare ya Kamembe, bakabashyiriramo ibiryo bisigazwa n’abakiliya, akaba ari byo bararira.

Ati “Nta buzima mfite kuko kubona icyo kurya ni ingorane. Naragiye kuri resitora mbabwira ikibazo mfite, ndababwira nti ‘mwafata iyi sorori mukajya munshyiriramo ibyo basigaje ku isahani’, ibyo biryo ni byo bidutunga.”

Uyu muturage avuga ko abizi neza ko ibi biryo bishobora kubagiraho ingaruka kuko biba birimo umwanda ariko ko ari amaburakindi kuko umugabo we yanze kujya abafasha mu mibereho yabo.

Ati “Hari igihe dusangamo cure-dents, inyama baba bashunnyeho bakayisigaza bakayisubizamo kubera ko biba byasigajwe n’abantu tutazi.”

Uyu mubyeyi avuga ko na we atazi amaherezo y’ubuzima bwe n’abana be kuko atanizeye ko iyi resitora izakomeza kumuha ubu bufasha kuko yatangiye kubona ibimenyetso by’uko badashaka gukomeza kumuha ibi biryo.

Ati “Ndi kwibaza nibatabimpa uko bizagenda n’uko nzabaho kuko wenda byajyaga binamfasha nimugoroba.”

INKURU MU MASHUSHO

Bamwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi na bo bashengurwa n’iyi mibereho igoye arimo n’abana be yo gutungwa n’ibiryo byasigajwe n’abakiliya muri resitora.

Umwe yagize ati “Ejo yarayizanye [isorori] ndi kumureba gutya, nshaka kuyimusaba ngo mbimene ariko ndavuga nti naba muhemukiye. None se wowe ibintu barya bagashyiramo cure-dents…”

Aba baturage bavuga ko uyu mubyeyi yahabwa ubufasha bwo kugira icyo yakora kimutunga we n’abana be kuko afite imbaraga zo gukora.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre, yamenyesheje RADIOTV10 icyo agiye gukora kuri iki kibazo.

Mu butumwa bugufi yandikiye umunyamakuru, Iyakaremye yagize ati “Ndaza kumusura kugira ngo menye neza ikibazo afite, dushake icyo kumufasha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie, yabwiye RADIOTV10 ko ikibazo cy’uyu muturage atari akizi ariko ko agiye kugikurikirana ku buryo n’ubwo bufasha asabirwa, yabuhabwa mu gihe ubuyobozi bwasanga abukwiye.

Batungwa n’ibiryo biba byasigajwe n’abakiliya muri resitora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 2 =

Previous Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ubushake bwo guca ukubiri n’u Rwanda

Next Post

Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Rwanda&DRC: Kwirukana Ambasaderi byaba bifungura amarembo y’inzira y’intambara yakomojweho na Tshisekedi?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.