Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

radiotv10by radiotv10
14/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Bwarikera Bonaventure wo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’abaturage nyuma yo kumanura ibendera ku biro by’ako Kagari akoresheje umuhoro yashatse gutemesha abahise batabara.

Ibi babereye mu Mudugudu w’Ituze ku manywa y’ihangu saa 13h50 ubwo uyu mugabo udatuye muri aka Kagari yageraga ku biro byako afite umuhoro n’icupa ry’inzoga rya mutzig mu ntoki agaca  injishi y’ibendera ry’Igihugu akoresheje uwo muhoro.

Abaturage babonye uyu mugabo bavuze ko akimara kugeza hasi iri bendera ry’Igihugu yahise arihisha imbere mu mwenda yari yambaye ariko abaturage bahita bahagoboka bamufata atararigeza kure .

Raporo y’ako kanya y’Ubuyobozi bw’Akagari ivuga ko abaturage bahise bahagoboka bararimwambura ndeste ahita acumbikirwa ku biro by’aka Kagari mu gihe hari hategerejwe ko ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Ababonye ibi, babwiye RADIOTV10 ko bakeka ko impamvu y’iki gikorwa ari uburwayi bwo mu mutwe cyangwa ubusinzi kubera amagambo yakomeje kuvugwa n’uyu mugabo na nyuma yo gufatwa.

Umwe ati “Umuntu yakeka ko ari uburwayi bwo mu mutwe kuko n’ubu ari guterefona ngo bamubujije gutwara idarapo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura, Sindayiheba Aphrodis yabwiye RADIOTV10 ko uyu muturage asanzwe azwiho kuvuga amagambo atari meza ku Buyobozi Bukuru bw’Igihugu, anaburira abandi bose batekereza gutesha agaciro ibirango by’igihugu.

Ati “Birazwi ko asanzwe avuga amagambo atari meza. Ibirango by’igihugu bigomba kubahwa. Ushaka kubyangiza nkana cyangwa yaba yatumwe uwo mu byukuri yafatwa nk’udakunda Igihugu cye.”

Nyuma yo gufatwa n’abaturage atarageza iri bendera kure akanagerageza kubatemesha umuhoro yakoresheje arimanura, Bwarikera yahise ashyirwa mu Biro by’Akagari mu gihe hari hari kwiyambaza inzego zisumbuyeho .

Aha mu Kagari ka Kizura, hagise hagera inzego z’umutekano ndeste uyu muturage aza no kushyikirizwa Urwego rw’Igihigu rw’Ubugenzacyaha RIB aho acumbikiwe kuri sitasiyo ya Muganza.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 2 =

Previous Post

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Next Post

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Related Posts

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.