Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

radiotv10by radiotv10
14/07/2025
in MU RWANDA
0
Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Bwarikera Bonaventure wo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’abaturage nyuma yo kumanura ibendera ku biro by’ako Kagari akoresheje umuhoro yashatse gutemesha abahise batabara.

Ibi babereye mu Mudugudu w’Ituze ku manywa y’ihangu saa 13h50 ubwo uyu mugabo udatuye muri aka Kagari yageraga ku biro byako afite umuhoro n’icupa ry’inzoga rya mutzig mu ntoki agaca  injishi y’ibendera ry’Igihugu akoresheje uwo muhoro.

Abaturage babonye uyu mugabo bavuze ko akimara kugeza hasi iri bendera ry’Igihugu yahise arihisha imbere mu mwenda yari yambaye ariko abaturage bahita bahagoboka bamufata atararigeza kure .

Raporo y’ako kanya y’Ubuyobozi bw’Akagari ivuga ko abaturage bahise bahagoboka bararimwambura ndeste ahita acumbikirwa ku biro by’aka Kagari mu gihe hari hategerejwe ko ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Ababonye ibi, babwiye RADIOTV10 ko bakeka ko impamvu y’iki gikorwa ari uburwayi bwo mu mutwe cyangwa ubusinzi kubera amagambo yakomeje kuvugwa n’uyu mugabo na nyuma yo gufatwa.

Umwe ati “Umuntu yakeka ko ari uburwayi bwo mu mutwe kuko n’ubu ari guterefona ngo bamubujije gutwara idarapo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura, Sindayiheba Aphrodis yabwiye RADIOTV10 ko uyu muturage asanzwe azwiho kuvuga amagambo atari meza ku Buyobozi Bukuru bw’Igihugu, anaburira abandi bose batekereza gutesha agaciro ibirango by’igihugu.

Ati “Birazwi ko asanzwe avuga amagambo atari meza. Ibirango by’igihugu bigomba kubahwa. Ushaka kubyangiza nkana cyangwa yaba yatumwe uwo mu byukuri yafatwa nk’udakunda Igihugu cye.”

Nyuma yo gufatwa n’abaturage atarageza iri bendera kure akanagerageza kubatemesha umuhoro yakoresheje arimanura, Bwarikera yahise ashyirwa mu Biro by’Akagari mu gihe hari hari kwiyambaza inzego zisumbuyeho .

Aha mu Kagari ka Kizura, hagise hagera inzego z’umutekano ndeste uyu muturage aza no kushyikirizwa Urwego rw’Igihigu rw’Ubugenzacyaha RIB aho acumbikiwe kuri sitasiyo ya Muganza.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 6 =

Previous Post

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Next Post

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.