Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Yaje kuburizamo ubukwe bw’umugabo bafitanye abana batanu ubuyobozi bumutera utwatsi

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Yaje kuburizamo ubukwe bw’umugabo bafitanye abana batanu ubuyobozi bumutera utwatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore ufite abana batanu yaje kuburizamo ubukwe bw’umugabo babyaranye aba bana, wasezeranaga n’undi mugore mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, ubuyobozi bumutera utwatsi, bumubwira ko nubwo babyaranye ariko bombi bakiri ingaragu kuko batasezeranye.

Ubwo umuhango wo gusezeranya uyu mugabo witwa Habanabakize Emmanuel n’umugore we wati urimbanyije, umugore witwa Nyirabakinamurwango Jeannette yahise aza mu cyumba cy’Umurenge wa Kamembe gutambamira iri sezerano.

Uyu mugore wazanye n’umwana we w’imfura, yavuze ko yabyaranye abana batanu n’uyu mugabo wari ugiye gusezerana bityo ko bumva amategeko atagomba kumwemerera gusezerana n’undi mugore.

Ubuyobozi bwahaye umwanya uyu mugore ndetse n’umwana we w’imfura, bagasobanura impamvu zabo bashingiraho iri tambamira, bwabasobanuriye ko impamvu bagaragaza zidashobora guhagarika iri sezerano.

Umuyobozi w’Umurenge yavuze ko iri tambamira rishingiye ku kuba badasobanukiwe ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Ubundi umuntu ufite abana yabyaye yaba umugore cyangwa umugabo, yabyaranye n’umuntu bihuriye batigeze basezerana, mu buryo bw’irangamimerere baba ari ingaragu, ariko abo bana yabyaye, hari itegeko rirengera umwana rihatira uwamubyaye kumurera n’ibyo amureresha.”

Uyu muyobozi avuga ko nubwo iri tegeko rirengera umwana rishobora kugira ibyo risaba uyu mugabo, ariko ritamubuza gusezerana n’undi mugore kuko uwo babyaranye bariya bana, batasezeranye.

Ati “Icyakora iyo dusanze barasezeranye, ubwo andi masezerano ntaba ashoboka.”

Nyirabakinamurwango Jeannette yaje gutambamira isezerano ry’umugabo bafitanye abana batanu ariko bamutera utwatsi

Ubuyobozi bwahise bukomeza umuhango wo gusezeranya uyu muagabo n’umugore, undi wari waje kubatambamira arataha.

Nyirabakinamurwango Jeannette yabwiye RADIOTV10 ko amakuru yuko umugabo we agiye gusezerana yayamenye ayabwiwe n’umwana wabo muto na we wabibwiwe n’umuturanyi wabo.

Ati “Ubwo nakoze uko nshoboye njye n’umwana we w’imfura mfite, turatega, tugeze ku Murenge wa Kamembe dusanga ni ho yasezeraniye.”

Uyu mubyeyi avuga ko yasanze bamaze gusezerana, abayobozi bakamusaba gusohoka bakamwizeza kwiga ku kibazo cye, aho basohokeye bahita bajya kureba umukozi ushinzwe irangamimerere ubundi akamugezaho icyifuzo cye.

Ati “Nabwiye Etat civile ko ntaje kumuhagarika gusezerana, we namfashe kurera abana be, ajya ampa icyo ngaburira abana, anabishyurire ishuri.”

Habanabakize Emmanuel yemereye imbere y’ubuyobozi ko azafasha uyu mugore kurera abana babyaranye ndetse anandika urwandiko, yemera kuzajya atanga ibihumbi bibiri (2 000 Frw) ku munsi.

Habanabakize yemerewe gusezerana n’umugore

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − two =

Previous Post

Umuryango w’Abibumbye wasabye DRC kuyoboka inzira u Rwanda rwakunze kugaragaza runifashisha

Next Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.