Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Yaje kuburizamo ubukwe bw’umugabo bafitanye abana batanu ubuyobozi bumutera utwatsi

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Yaje kuburizamo ubukwe bw’umugabo bafitanye abana batanu ubuyobozi bumutera utwatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore ufite abana batanu yaje kuburizamo ubukwe bw’umugabo babyaranye aba bana, wasezeranaga n’undi mugore mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, ubuyobozi bumutera utwatsi, bumubwira ko nubwo babyaranye ariko bombi bakiri ingaragu kuko batasezeranye.

Ubwo umuhango wo gusezeranya uyu mugabo witwa Habanabakize Emmanuel n’umugore we wati urimbanyije, umugore witwa Nyirabakinamurwango Jeannette yahise aza mu cyumba cy’Umurenge wa Kamembe gutambamira iri sezerano.

Uyu mugore wazanye n’umwana we w’imfura, yavuze ko yabyaranye abana batanu n’uyu mugabo wari ugiye gusezerana bityo ko bumva amategeko atagomba kumwemerera gusezerana n’undi mugore.

Ubuyobozi bwahaye umwanya uyu mugore ndetse n’umwana we w’imfura, bagasobanura impamvu zabo bashingiraho iri tambamira, bwabasobanuriye ko impamvu bagaragaza zidashobora guhagarika iri sezerano.

Umuyobozi w’Umurenge yavuze ko iri tambamira rishingiye ku kuba badasobanukiwe ibiteganywa n’amategeko.

Ati “Ubundi umuntu ufite abana yabyaye yaba umugore cyangwa umugabo, yabyaranye n’umuntu bihuriye batigeze basezerana, mu buryo bw’irangamimerere baba ari ingaragu, ariko abo bana yabyaye, hari itegeko rirengera umwana rihatira uwamubyaye kumurera n’ibyo amureresha.”

Uyu muyobozi avuga ko nubwo iri tegeko rirengera umwana rishobora kugira ibyo risaba uyu mugabo, ariko ritamubuza gusezerana n’undi mugore kuko uwo babyaranye bariya bana, batasezeranye.

Ati “Icyakora iyo dusanze barasezeranye, ubwo andi masezerano ntaba ashoboka.”

Nyirabakinamurwango Jeannette yaje gutambamira isezerano ry’umugabo bafitanye abana batanu ariko bamutera utwatsi

Ubuyobozi bwahise bukomeza umuhango wo gusezeranya uyu muagabo n’umugore, undi wari waje kubatambamira arataha.

Nyirabakinamurwango Jeannette yabwiye RADIOTV10 ko amakuru yuko umugabo we agiye gusezerana yayamenye ayabwiwe n’umwana wabo muto na we wabibwiwe n’umuturanyi wabo.

Ati “Ubwo nakoze uko nshoboye njye n’umwana we w’imfura mfite, turatega, tugeze ku Murenge wa Kamembe dusanga ni ho yasezeraniye.”

Uyu mubyeyi avuga ko yasanze bamaze gusezerana, abayobozi bakamusaba gusohoka bakamwizeza kwiga ku kibazo cye, aho basohokeye bahita bajya kureba umukozi ushinzwe irangamimerere ubundi akamugezaho icyifuzo cye.

Ati “Nabwiye Etat civile ko ntaje kumuhagarika gusezerana, we namfashe kurera abana be, ajya ampa icyo ngaburira abana, anabishyurire ishuri.”

Habanabakize Emmanuel yemereye imbere y’ubuyobozi ko azafasha uyu mugore kurera abana babyaranye ndetse anandika urwandiko, yemera kuzajya atanga ibihumbi bibiri (2 000 Frw) ku munsi.

Habanabakize yemerewe gusezerana n’umugore

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − eight =

Previous Post

Umuryango w’Abibumbye wasabye DRC kuyoboka inzira u Rwanda rwakunze kugaragaza runifashisha

Next Post

Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Urubyiruko rw’u Rwanda rufite ikinyabupfura gihebuje- La Fouine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.