Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia yavuze ko ibyatangajwe na Ukraine ko yatahuye icyobo gishyinguyemo abantu 440 ari ikinyoma

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
0
Russia yavuze ko ibyatangajwe na Ukraine ko yatahuye icyobo gishyinguyemo abantu 440 ari ikinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burusiya yamaganye amakuru aherutse gutangazwa na Perezida wa Ukraine ko mu mujyi wa Izyum uherutse kwamburwa ingabo z’Abarusiya, habonetse icyobo gishyinguyemo imibiri 440.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko mu ishyamba riherereye mu Majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Izyum, habonetse icyobo gishyinguyemo iyi mibiri.

Yatangaje ibi nyuma yuko ingabo z’u Burusiya zari ziri muri uyu mujyi wa Izyum, ziwambuwe n’iza Ukraine ari na zo ziwugenzura ubu.

Zelenskyy yavuze ko bamwe mu bashyiguye muri icyo cyobo ari abishwe n’ibitero by’indege z’igisirikare cy’u Burusiya.

Hari hatangajwe ko muri aba bashyinguye muri iki cyobo cyari gikikijwe n’ibiti, harimo abasirikare 17 ba Ukraine.

Umuyobozi Mukuru w’ishami rishinzwe iperereza muri Polisi ya Ukraine, Serhiy Bolvinov yagize ati “Ni icyobo kimwe muri byinshi byagaragaye muri uyu mujyi mugari wabohojwe…imibiri 440 yari ishyinguyemo. Bamwe bapfuye bazize inkongi y’umuriro, abandi bicwa n’ibitero by’indege.”

Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma y’u Burusiya iyi mva yatangajwe na Ukraine, ari ikinyoma ahubwo ko ari iyahimbwe n’u Burusiya.

Ukraine yakunze gutangaza amakuru ko bagiye basanga imibiri y’Abanya-Ukraine yagiye itahurwa ahantu nyuma yo kwicwa n’ibitero by’Igisirikare cy’u Burusiya.

Gusa u Burusiya na bwo bwakunze kujya bwamagana aya makuru, buvuga ko ari ibihimbano bigamije kwangisha Isi igisirikare cyabwo.

Ukraine yatangaje ko hari hashyinguye imibiri 440

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + nineteen =

Previous Post

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Next Post

Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.