Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Russia yavuze ko ibyatangajwe na Ukraine ko yatahuye icyobo gishyinguyemo abantu 440 ari ikinyoma

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in MU RWANDA
0
Russia yavuze ko ibyatangajwe na Ukraine ko yatahuye icyobo gishyinguyemo abantu 440 ari ikinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Burusiya yamaganye amakuru aherutse gutangazwa na Perezida wa Ukraine ko mu mujyi wa Izyum uherutse kwamburwa ingabo z’Abarusiya, habonetse icyobo gishyinguyemo imibiri 440.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko mu ishyamba riherereye mu Majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Izyum, habonetse icyobo gishyinguyemo iyi mibiri.

Yatangaje ibi nyuma yuko ingabo z’u Burusiya zari ziri muri uyu mujyi wa Izyum, ziwambuwe n’iza Ukraine ari na zo ziwugenzura ubu.

Zelenskyy yavuze ko bamwe mu bashyiguye muri icyo cyobo ari abishwe n’ibitero by’indege z’igisirikare cy’u Burusiya.

Hari hatangajwe ko muri aba bashyinguye muri iki cyobo cyari gikikijwe n’ibiti, harimo abasirikare 17 ba Ukraine.

Umuyobozi Mukuru w’ishami rishinzwe iperereza muri Polisi ya Ukraine, Serhiy Bolvinov yagize ati “Ni icyobo kimwe muri byinshi byagaragaye muri uyu mujyi mugari wabohojwe…imibiri 440 yari ishyinguyemo. Bamwe bapfuye bazize inkongi y’umuriro, abandi bicwa n’ibitero by’indege.”

Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma y’u Burusiya iyi mva yatangajwe na Ukraine, ari ikinyoma ahubwo ko ari iyahimbwe n’u Burusiya.

Ukraine yakunze gutangaza amakuru ko bagiye basanga imibiri y’Abanya-Ukraine yagiye itahurwa ahantu nyuma yo kwicwa n’ibitero by’Igisirikare cy’u Burusiya.

Gusa u Burusiya na bwo bwakunze kujya bwamagana aya makuru, buvuga ko ari ibihimbano bigamije kwangisha Isi igisirikare cyabwo.

Ukraine yatangaje ko hari hashyinguye imibiri 440

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Next Post

Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Mu guherekeza Umwamikazi Elizabeth Umupolisi yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kugwa igihumure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.