Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
07/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic uri mu beza Isi yagize, akaba aherutse gusezerera ruhago, yavuze byinshi ku rugendo rwe rwa ruhago, n’impamvu atakiniye Arsenal, imwe mu makipe akomeye i Burayi yamwifuje cyane.

Uyu rutahizamu w’Umunya-Swede uherutse guhagarika gukina umupira mu mwaka w’imikino ushize ubwo yari agejeje imyaka 41, yanyuze mu makipe hafi ya yose akomeye mu Burayi harimo Ajax, Inter Milan, Ac Milan, Fc Barcelona, PSG na Manchester United.

Muri aya makipe yose yayasizemo amateka akomeye cyane n’ubu akibukwa cyane. Ariko se? Ni iki cyatumye adakinira Arsenal nyamara ari yo yamubengutse mbere y’andi makipe yose akiri iwabo mu ikipe ya Malmo FF.

Ubwo uyu mugabo w’imyaka 42 yari afite imyaka 17, umutoza Arsene Wenger watozaga Arsenal yatumyeho Zlatan kugiran go barangizanye ibijyanye no kumusinyisha, yari yamuteguriye Numero 9 agomba kwambara yanditse “Ibrahimovic”.

Mu kiganiro Zlatan aheruka kugirana na Piers Morgan (umufana ukomeye wa Arsenal), uyu mugabo yasabye Zlatan Ibrahimovic ko yasobanura icyishe amahirwe yo gukinira Arsenal mu myaka ye micye kandi icyo gihe iyi kipe yari imwe mu makipe akomeye i Burayi ndetse atinyitse.

Zlatan yagize ati “Ubwo nari muto amakipe menshi yaranshakaga harimo n’iyo Arsenal, naje mu biro bya Arsene Wenger kandi byari byiza cyane kuko nahuye n’abakinnyi b’ibyamamare cyane icyo gihe bari bakomeye mu Isi, barimo Dennis Berkamp, Thierry Henry, nabonye Freddie Ljumberg, Patrick Vierra mbega bari benshi cyane, ndangije ndavuga nti ‘nanjye ubu ngeze ku rwego rukomeye cyane kuko aba bakinnyi nabarebaga kuri Televiziyo nubwo nanjye nakinaga ku rwego rwo hejuru muri Swede iwacu.”

Zlatan yakomeje agira ati “Ninjiye mu biro bya Wenger arandeba arambaza ati ‘urifuza iki?’ Ntekereza ko yashakaga kumenya no kunsobanukirwa neza kugira ngo amenye umukinnyi agiye kugura uwo ari we, twaganiriyeho gato hanyuma ahita afata umupira wa Arsenal wanditseho izina ryanjye na nimero 9 arawumpa, ndawambara baranamfotora. Yahise ambwira ati ‘turifuza ko waza hano muri Arsenal ugakora igeragezwa ry’ibyumweru bibiri’.”

Akomeza ati “Ibintu byose byari byiza kugeza avuze iryo jambo, narahindukiye ndamureba birumvikana we yari umuntu wubashywe, kandi njye ntacyo nari cyo, naramurebye mu maso ndamubwira nti ‘sinjya nkoreshwa igeragezwa’ yahise ambaza ati ‘ushatse kuvuga iki?’

Ndongera mbimusubiriramo neza nti ‘sinjya nkora igeragezwa, waba unshaka cyangwa se utanshaka ntabyo nakora, ubundi se kuki ndi hano?’ Arongera aravuga ati ‘nyamara ushatse waza ugakora iryo gerageza’, nahise muhakanira nivuye inyuma ko ntabikora. Ngiyo impamvu ntigeze njya muri Arsenal.”

Nyuma y’uko ibyo kujya muri Arsenal bipfuye, urugendo rwa Zlatan Ibrahimovic mu mupira w’amaguru mu Burayi rwabaye runini cyane none ubu yibukwa nk’umukinnyi umwe mu beza babayeho, we yiyita intare.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 17 =

Previous Post

Icyo RDF yaganirije abahagarariye Ingabo mu Rwanda barimo ab’Igisirikare cya USA, Russia, UK

Next Post

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.