Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
07/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rutahizamu uri mu batazibagirana muri ruhago yiniguye asobanura ibyamuvuzweho byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Zlatan Ibrahimovic uri mu beza Isi yagize, akaba aherutse gusezerera ruhago, yavuze byinshi ku rugendo rwe rwa ruhago, n’impamvu atakiniye Arsenal, imwe mu makipe akomeye i Burayi yamwifuje cyane.

Uyu rutahizamu w’Umunya-Swede uherutse guhagarika gukina umupira mu mwaka w’imikino ushize ubwo yari agejeje imyaka 41, yanyuze mu makipe hafi ya yose akomeye mu Burayi harimo Ajax, Inter Milan, Ac Milan, Fc Barcelona, PSG na Manchester United.

Muri aya makipe yose yayasizemo amateka akomeye cyane n’ubu akibukwa cyane. Ariko se? Ni iki cyatumye adakinira Arsenal nyamara ari yo yamubengutse mbere y’andi makipe yose akiri iwabo mu ikipe ya Malmo FF.

Ubwo uyu mugabo w’imyaka 42 yari afite imyaka 17, umutoza Arsene Wenger watozaga Arsenal yatumyeho Zlatan kugiran go barangizanye ibijyanye no kumusinyisha, yari yamuteguriye Numero 9 agomba kwambara yanditse “Ibrahimovic”.

Mu kiganiro Zlatan aheruka kugirana na Piers Morgan (umufana ukomeye wa Arsenal), uyu mugabo yasabye Zlatan Ibrahimovic ko yasobanura icyishe amahirwe yo gukinira Arsenal mu myaka ye micye kandi icyo gihe iyi kipe yari imwe mu makipe akomeye i Burayi ndetse atinyitse.

Zlatan yagize ati “Ubwo nari muto amakipe menshi yaranshakaga harimo n’iyo Arsenal, naje mu biro bya Arsene Wenger kandi byari byiza cyane kuko nahuye n’abakinnyi b’ibyamamare cyane icyo gihe bari bakomeye mu Isi, barimo Dennis Berkamp, Thierry Henry, nabonye Freddie Ljumberg, Patrick Vierra mbega bari benshi cyane, ndangije ndavuga nti ‘nanjye ubu ngeze ku rwego rukomeye cyane kuko aba bakinnyi nabarebaga kuri Televiziyo nubwo nanjye nakinaga ku rwego rwo hejuru muri Swede iwacu.”

Zlatan yakomeje agira ati “Ninjiye mu biro bya Wenger arandeba arambaza ati ‘urifuza iki?’ Ntekereza ko yashakaga kumenya no kunsobanukirwa neza kugira ngo amenye umukinnyi agiye kugura uwo ari we, twaganiriyeho gato hanyuma ahita afata umupira wa Arsenal wanditseho izina ryanjye na nimero 9 arawumpa, ndawambara baranamfotora. Yahise ambwira ati ‘turifuza ko waza hano muri Arsenal ugakora igeragezwa ry’ibyumweru bibiri’.”

Akomeza ati “Ibintu byose byari byiza kugeza avuze iryo jambo, narahindukiye ndamureba birumvikana we yari umuntu wubashywe, kandi njye ntacyo nari cyo, naramurebye mu maso ndamubwira nti ‘sinjya nkoreshwa igeragezwa’ yahise ambaza ati ‘ushatse kuvuga iki?’

Ndongera mbimusubiriramo neza nti ‘sinjya nkora igeragezwa, waba unshaka cyangwa se utanshaka ntabyo nakora, ubundi se kuki ndi hano?’ Arongera aravuga ati ‘nyamara ushatse waza ugakora iryo gerageza’, nahise muhakanira nivuye inyuma ko ntabikora. Ngiyo impamvu ntigeze njya muri Arsenal.”

Nyuma y’uko ibyo kujya muri Arsenal bipfuye, urugendo rwa Zlatan Ibrahimovic mu mupira w’amaguru mu Burayi rwabaye runini cyane none ubu yibukwa nk’umukinnyi umwe mu beza babayeho, we yiyita intare.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Icyo RDF yaganirije abahagarariye Ingabo mu Rwanda barimo ab’Igisirikare cya USA, Russia, UK

Next Post

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe
FOOTBALL

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Rwamagana: Icyo ubuyobozi bwakoreye mu isambu y’umuturage cyongeye kuzamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.