Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Gatare mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko abana benshi barangiriza amashuri yabo mu y’abanza, kuko bacibwa intege n’urugendo rurerure bakora bajya kwiga mu yisumbuye, bigatuma abajyayo ari mbarwa.

Aba baturage batuye mu bice byo mu misozi miremire, bavuga ko n’imiterere y’aka gace itaborohereza gukora ingendo, kuko bibasaba kuzamuka impinga no kuminuka iyindi.

Simbankabo Joseph yagize ati “Ikibazo kibamo ni ingendo za kure ariko abana bakunda ishuri kuko aba primaire nta rugendo bakora, ariko aba nine years bo bakora urugendo kandi imvura yaguye ni imbogamizi kugira ngo bagereyo kuko bamwe bariga bagera hagati babona urugendo rubabanye rurerure bakarireka.”

Aba baturage bavuga ko bibaye byiza babona ishuri ry’imyaka 12 y’ibanze muri aka gace, kuko byatuma abana biga hafi, ndetse n’abitabira kwiga amashuri yisumbuye bikitabirwa.

Twagirayezu Florence ati “Bakadushyirira nk’ishuri rya nine years hano muri Rugasa byatworohera kuko kugira ngo umunyeshuri wacu ave hano ajye kwiga ahitwa i Kabitovu biramugora, hahana urubibi na Murunda nawe urabona ko ari kure cyane.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko muri uyu Murenge wa Ruhango harimo ibigo byinshi by’amashuri yisumbuye ariko ko ubuyobozi bugiye kugenzura niba koko hari ikigo gikenewe muri aka gace, harebwe icyakorwa.

Ati “Icyo tuzasuzuma ni ukureba niba biri kure y’abo baturage, nkaba ntavuga ngo turabegereza ikigo cy’amashuri kuko hakenewe isesengura mbere yo gufata icyemezo.”

Nubwo abatuye muri kariya gace bavuga ko abana benshi barangiriza amashuri mu y’abanza, Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda y’uburezi bw’imyaka 12 y’ibanze [12 Years Basic Education] mu rwego rwo gushishikariza abana gukunda ishuri kandi bakiga hafi y’aho batuye badakoze ingendo ndende.

Ishuri ryisumbuye riri kure cyane
Bamwe bahitamo kurangiriza amashuri mu y’abanza
Ngo n’ingendo muri aka gace ntiziba zoroshye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Next Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.