Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Gatare mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko abana benshi barangiriza amashuri yabo mu y’abanza, kuko bacibwa intege n’urugendo rurerure bakora bajya kwiga mu yisumbuye, bigatuma abajyayo ari mbarwa.

Aba baturage batuye mu bice byo mu misozi miremire, bavuga ko n’imiterere y’aka gace itaborohereza gukora ingendo, kuko bibasaba kuzamuka impinga no kuminuka iyindi.

Simbankabo Joseph yagize ati “Ikibazo kibamo ni ingendo za kure ariko abana bakunda ishuri kuko aba primaire nta rugendo bakora, ariko aba nine years bo bakora urugendo kandi imvura yaguye ni imbogamizi kugira ngo bagereyo kuko bamwe bariga bagera hagati babona urugendo rubabanye rurerure bakarireka.”

Aba baturage bavuga ko bibaye byiza babona ishuri ry’imyaka 12 y’ibanze muri aka gace, kuko byatuma abana biga hafi, ndetse n’abitabira kwiga amashuri yisumbuye bikitabirwa.

Twagirayezu Florence ati “Bakadushyirira nk’ishuri rya nine years hano muri Rugasa byatworohera kuko kugira ngo umunyeshuri wacu ave hano ajye kwiga ahitwa i Kabitovu biramugora, hahana urubibi na Murunda nawe urabona ko ari kure cyane.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko muri uyu Murenge wa Ruhango harimo ibigo byinshi by’amashuri yisumbuye ariko ko ubuyobozi bugiye kugenzura niba koko hari ikigo gikenewe muri aka gace, harebwe icyakorwa.

Ati “Icyo tuzasuzuma ni ukureba niba biri kure y’abo baturage, nkaba ntavuga ngo turabegereza ikigo cy’amashuri kuko hakenewe isesengura mbere yo gufata icyemezo.”

Nubwo abatuye muri kariya gace bavuga ko abana benshi barangiriza amashuri mu y’abanza, Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda y’uburezi bw’imyaka 12 y’ibanze [12 Years Basic Education] mu rwego rwo gushishikariza abana gukunda ishuri kandi bakiga hafi y’aho batuye badakoze ingendo ndende.

Ishuri ryisumbuye riri kure cyane
Bamwe bahitamo kurangiriza amashuri mu y’abanza
Ngo n’ingendo muri aka gace ntiziba zoroshye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Next Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Related Posts

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

by radiotv10
16/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko amazi y'imvura aturuka ku muhanda wa Kaburimbo...

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse...

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru...

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwanda yatorewe kuyobora Ihuriro ry’Abashingamategeko bashinzwe kurwanya ruswa muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
15/10/2025
0

Umunyarwanda Musangabatware Clement unahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuyobora Ibiro by’iyi Nteko...

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

Abafatanywe umufuka w’urumogi mu Mujyi wa Kigali batanze amakuru bakimara gufatwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ryafatanye abantu babiri umufuka urimo urumogi rupima ibilo 28, bafatiwe mu Murenge...

IZIHERUKA

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira
AMAHANGA

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

16/10/2025
Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

16/10/2025
Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

16/10/2025
Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.