Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Gatare mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko abana benshi barangiriza amashuri yabo mu y’abanza, kuko bacibwa intege n’urugendo rurerure bakora bajya kwiga mu yisumbuye, bigatuma abajyayo ari mbarwa.

Aba baturage batuye mu bice byo mu misozi miremire, bavuga ko n’imiterere y’aka gace itaborohereza gukora ingendo, kuko bibasaba kuzamuka impinga no kuminuka iyindi.

Simbankabo Joseph yagize ati “Ikibazo kibamo ni ingendo za kure ariko abana bakunda ishuri kuko aba primaire nta rugendo bakora, ariko aba nine years bo bakora urugendo kandi imvura yaguye ni imbogamizi kugira ngo bagereyo kuko bamwe bariga bagera hagati babona urugendo rubabanye rurerure bakarireka.”

Aba baturage bavuga ko bibaye byiza babona ishuri ry’imyaka 12 y’ibanze muri aka gace, kuko byatuma abana biga hafi, ndetse n’abitabira kwiga amashuri yisumbuye bikitabirwa.

Twagirayezu Florence ati “Bakadushyirira nk’ishuri rya nine years hano muri Rugasa byatworohera kuko kugira ngo umunyeshuri wacu ave hano ajye kwiga ahitwa i Kabitovu biramugora, hahana urubibi na Murunda nawe urabona ko ari kure cyane.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel avuga ko muri uyu Murenge wa Ruhango harimo ibigo byinshi by’amashuri yisumbuye ariko ko ubuyobozi bugiye kugenzura niba koko hari ikigo gikenewe muri aka gace, harebwe icyakorwa.

Ati “Icyo tuzasuzuma ni ukureba niba biri kure y’abo baturage, nkaba ntavuga ngo turabegereza ikigo cy’amashuri kuko hakenewe isesengura mbere yo gufata icyemezo.”

Nubwo abatuye muri kariya gace bavuga ko abana benshi barangiriza amashuri mu y’abanza, Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda y’uburezi bw’imyaka 12 y’ibanze [12 Years Basic Education] mu rwego rwo gushishikariza abana gukunda ishuri kandi bakiga hafi y’aho batuye badakoze ingendo ndende.

Ishuri ryisumbuye riri kure cyane
Bamwe bahitamo kurangiriza amashuri mu y’abanza
Ngo n’ingendo muri aka gace ntiziba zoroshye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Next Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.