Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye

radiotv10by radiotv10
28/12/2021
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakora imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye akoreshwa mu bwubatsi mu Murenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, baherutse kunigira mu kirombe umukoresha wabo bamuziza kumara igihe atabishyura, abahembamo macye ariko n’ubundi ngo ayo abasigayemo ni menshi.

Aba baturage bakorera kompanyi yitwa UP Best Supply Company, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bakorana na yo ariko ko bamaze amezi atandatu batazi uko umushahara usa.

Bavuga ko umukoresha wabo witwa Uwimana Pierre abateje inzara kuko bamaze igihe kinini bakora badahembwa, bakiyemerera ko baherutse kumunigira mu kirombe.

Umwe muri aba baturage ati “Tutamuniga? Wakoresha umuntu amezi angahe utamuhemba kandi dutunzwe no guhaha…ni uko na we yabaye umusore ariko twari tugiye kumuhwereza da.”

Uyu muturage avuga ko uyu mukoresha wabo yabuze uko abyifatamo agapfukama akabasaba imbabazi ubundi akaguzaguza “akadukingamo macye tuba turemeye.”

Mugenzi we agira ati “Twamufashe tugira ngo atwishyure noneho na we aratamba aravuga ati ‘mube mumbabariye ndebe ko nanjye bayampa’.”

Uwimana Pierre avuga ko kwambura abakozi be atari umugambi ahubwo ko na we yambuwe na Kompanyi MTPR ltd yahaye ibikoresho ariko ikaba yaranze kumwishyura.

Ati “Aba bagabo impamvu nabambuye ni uko nanjye banyambuye, ntabwo baranyishyura ntegereje amafaranga ngo mbishyure nanjye uwo nakoreye ntaranyishyura.”

Umuyobozi wungirije muri iyi kompanyi ya MTPR ltd witwa Rutayisire Potien avuga ko ntakibazo bafitanye n’uyu Uwimaa Pierre kuko ibikubiye mu masezerano bagiranye yose bayubahirije icyakora akavuga ko batinze kwishyura kubera Akarere na ko katinze kubishyura.

Uyu wo muri MTPR ltd avuga ko bamaze gutanga inyandiko zishyuza Akarere gusa ubuyobozi bw’Akarere bwo bukavuga ko ibi butabizi.

Murekatete Triphosie yavuze ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo abaturage bari kubirenganiramo bahabwe ibyo bagombwa.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 3 =

Previous Post

Kigali: Bane bapfuye urw’amayobera nyuma yo kumara igihe kinini banywa inzoga bishimira Noheli

Next Post

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.