Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye

radiotv10by radiotv10
28/12/2021
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakora imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye akoreshwa mu bwubatsi mu Murenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, baherutse kunigira mu kirombe umukoresha wabo bamuziza kumara igihe atabishyura, abahembamo macye ariko n’ubundi ngo ayo abasigayemo ni menshi.

Aba baturage bakorera kompanyi yitwa UP Best Supply Company, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bakorana na yo ariko ko bamaze amezi atandatu batazi uko umushahara usa.

Bavuga ko umukoresha wabo witwa Uwimana Pierre abateje inzara kuko bamaze igihe kinini bakora badahembwa, bakiyemerera ko baherutse kumunigira mu kirombe.

Umwe muri aba baturage ati “Tutamuniga? Wakoresha umuntu amezi angahe utamuhemba kandi dutunzwe no guhaha…ni uko na we yabaye umusore ariko twari tugiye kumuhwereza da.”

Uyu muturage avuga ko uyu mukoresha wabo yabuze uko abyifatamo agapfukama akabasaba imbabazi ubundi akaguzaguza “akadukingamo macye tuba turemeye.”

Mugenzi we agira ati “Twamufashe tugira ngo atwishyure noneho na we aratamba aravuga ati ‘mube mumbabariye ndebe ko nanjye bayampa’.”

Uwimana Pierre avuga ko kwambura abakozi be atari umugambi ahubwo ko na we yambuwe na Kompanyi MTPR ltd yahaye ibikoresho ariko ikaba yaranze kumwishyura.

Ati “Aba bagabo impamvu nabambuye ni uko nanjye banyambuye, ntabwo baranyishyura ntegereje amafaranga ngo mbishyure nanjye uwo nakoreye ntaranyishyura.”

Umuyobozi wungirije muri iyi kompanyi ya MTPR ltd witwa Rutayisire Potien avuga ko ntakibazo bafitanye n’uyu Uwimaa Pierre kuko ibikubiye mu masezerano bagiranye yose bayubahirije icyakora akavuga ko batinze kwishyura kubera Akarere na ko katinze kubishyura.

Uyu wo muri MTPR ltd avuga ko bamaze gutanga inyandiko zishyuza Akarere gusa ubuyobozi bw’Akarere bwo bukavuga ko ibi butabizi.

Murekatete Triphosie yavuze ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo abaturage bari kubirenganiramo bahabwe ibyo bagombwa.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − two =

Previous Post

Kigali: Bane bapfuye urw’amayobera nyuma yo kumara igihe kinini banywa inzoga bishimira Noheli

Next Post

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Related Posts

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces
AMAHANGA

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.