Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye

radiotv10by radiotv10
28/12/2021
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Banigiye mu kirombe umukoresha wabo wanze kubishyura abakinga macye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakora imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye akoreshwa mu bwubatsi mu Murenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, baherutse kunigira mu kirombe umukoresha wabo bamuziza kumara igihe atabishyura, abahembamo macye ariko n’ubundi ngo ayo abasigayemo ni menshi.

Aba baturage bakorera kompanyi yitwa UP Best Supply Company, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bakorana na yo ariko ko bamaze amezi atandatu batazi uko umushahara usa.

Bavuga ko umukoresha wabo witwa Uwimana Pierre abateje inzara kuko bamaze igihe kinini bakora badahembwa, bakiyemerera ko baherutse kumunigira mu kirombe.

Umwe muri aba baturage ati “Tutamuniga? Wakoresha umuntu amezi angahe utamuhemba kandi dutunzwe no guhaha…ni uko na we yabaye umusore ariko twari tugiye kumuhwereza da.”

Uyu muturage avuga ko uyu mukoresha wabo yabuze uko abyifatamo agapfukama akabasaba imbabazi ubundi akaguzaguza “akadukingamo macye tuba turemeye.”

Mugenzi we agira ati “Twamufashe tugira ngo atwishyure noneho na we aratamba aravuga ati ‘mube mumbabariye ndebe ko nanjye bayampa’.”

Uwimana Pierre avuga ko kwambura abakozi be atari umugambi ahubwo ko na we yambuwe na Kompanyi MTPR ltd yahaye ibikoresho ariko ikaba yaranze kumwishyura.

Ati “Aba bagabo impamvu nabambuye ni uko nanjye banyambuye, ntabwo baranyishyura ntegereje amafaranga ngo mbishyure nanjye uwo nakoreye ntaranyishyura.”

Umuyobozi wungirije muri iyi kompanyi ya MTPR ltd witwa Rutayisire Potien avuga ko ntakibazo bafitanye n’uyu Uwimaa Pierre kuko ibikubiye mu masezerano bagiranye yose bayubahirije icyakora akavuga ko batinze kwishyura kubera Akarere na ko katinze kubishyura.

Uyu wo muri MTPR ltd avuga ko bamaze gutanga inyandiko zishyuza Akarere gusa ubuyobozi bw’Akarere bwo bukavuga ko ibi butabizi.

Murekatete Triphosie yavuze ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo abaturage bari kubirenganiramo bahabwe ibyo bagombwa.

Danton GASIGWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seven =

Previous Post

Kigali: Bane bapfuye urw’amayobera nyuma yo kumara igihe kinini banywa inzoga bishimira Noheli

Next Post

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Ibyamamare birimo Fally Ipupa bashenguwe n’urupfu rwa Général Defao wishwe na COVID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.