Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Batangiye kwikanga inzara kubera icyo babona nk’icyorezo cyaje mu myaka

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Batangiye kwikanga inzara kubera icyo babona nk’icyorezo cyaje mu myaka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, barataka ikibazo cy’icyonnyi cy’udusimba cyaje mu myaka yabo bityo bakaba batazi uko bazabaho kuko aho kigeze nta musaruro kandi bakaba batarabona umuti wo kukirwanya.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Bunyoni muri uyu Murenge wa Kivumu, bavuga imyaka yabo yatewe n’indwara yitwa uburima yibasiye imyaka yabo.

Sifa Marie Goreth agira ati “Nyine imvura buriya yabaye nkeya birangira ibishyimbo nyine bibuze imvura n’ifumbire twagiye turateresha iba nk’imfabusa, ubwo rero ni yo mpamvu ubwo busimba buri kuza.”

Bihendo Thacien ati “Iyi ndwara ni uburima kuko ni ubushyuhe bwinshi buza bigafatana noneho uruyange rwaza rugahunguka.”

Nyirandimubanzi Laurence ati “Buriya rero bugiye gupfunyaza iki gishyimbo noneho n’imizi yumye ubwo gihite gitukura. Uri kubona aka gateja ukuntu kapfunyaraye?”

Abo baturage bakomeza bavuga ko iki cyonnyi kigabanya umusaruro bikomeye bikabatera ubukene n’inzara kuko atari ubwa mbere kigaragaye muri aka gace nubwo nta bufasha bwo kukirwanya barabona bityo bagasaba ko babona imiti yica utu dukoko.

Bihendo Thacien “Ubwo ni amapfa agiye kuza kuko iyo bigenze gutya inzara iba yaje kubera izuba.”

Nyirandimubanzi Laurence ati “Ubu se nturi kureba ko yatangiye kubera guhora duhinga tuteza? Kubera iki kintu cyo kuma n’utu dusimba tukiyongeraho ntacyo turabona cy’ubufasha ahubwo batuzanire imiti turebe ko twabona imibereho.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ishami rya Gakuta, Martin Kimenyi, avuga ko abatekenisiye bagiye kureba iki kibazo.

Yagize ati “Tuzoherereza ubufasha bw’imiti kugira ngo bakore imiganda babigishe n’uburyo baburwanya ubwo busimba bukunze kuza iyo hari akazuba imvura itagwa neza. Rero imiti nijyamo n’akavura kakagwa bizahita bigenda.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko iki cyonnyi gikunze kwibasira imyaka mu gihe imvura yabaye nke yizeza abaturage ko iki cyonnyi kitari mu bikomeye ndetse ngo nibamara kubona imiti n’imvura ikagwa neza ntikizatinda kugenda ku buryo bumwe mu buso bwarokoka iki kiza.

Bavuga ko bafite ubwoba bw’amapfa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Next Post

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Related Posts

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59
MU RWANDA

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.