Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Batangiye kwikanga inzara kubera icyo babona nk’icyorezo cyaje mu myaka

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Batangiye kwikanga inzara kubera icyo babona nk’icyorezo cyaje mu myaka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, barataka ikibazo cy’icyonnyi cy’udusimba cyaje mu myaka yabo bityo bakaba batazi uko bazabaho kuko aho kigeze nta musaruro kandi bakaba batarabona umuti wo kukirwanya.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Bunyoni muri uyu Murenge wa Kivumu, bavuga imyaka yabo yatewe n’indwara yitwa uburima yibasiye imyaka yabo.

Sifa Marie Goreth agira ati “Nyine imvura buriya yabaye nkeya birangira ibishyimbo nyine bibuze imvura n’ifumbire twagiye turateresha iba nk’imfabusa, ubwo rero ni yo mpamvu ubwo busimba buri kuza.”

Bihendo Thacien ati “Iyi ndwara ni uburima kuko ni ubushyuhe bwinshi buza bigafatana noneho uruyange rwaza rugahunguka.”

Nyirandimubanzi Laurence ati “Buriya rero bugiye gupfunyaza iki gishyimbo noneho n’imizi yumye ubwo gihite gitukura. Uri kubona aka gateja ukuntu kapfunyaraye?”

Abo baturage bakomeza bavuga ko iki cyonnyi kigabanya umusaruro bikomeye bikabatera ubukene n’inzara kuko atari ubwa mbere kigaragaye muri aka gace nubwo nta bufasha bwo kukirwanya barabona bityo bagasaba ko babona imiti yica utu dukoko.

Bihendo Thacien “Ubwo ni amapfa agiye kuza kuko iyo bigenze gutya inzara iba yaje kubera izuba.”

Nyirandimubanzi Laurence ati “Ubu se nturi kureba ko yatangiye kubera guhora duhinga tuteza? Kubera iki kintu cyo kuma n’utu dusimba tukiyongeraho ntacyo turabona cy’ubufasha ahubwo batuzanire imiti turebe ko twabona imibereho.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ishami rya Gakuta, Martin Kimenyi, avuga ko abatekenisiye bagiye kureba iki kibazo.

Yagize ati “Tuzoherereza ubufasha bw’imiti kugira ngo bakore imiganda babigishe n’uburyo baburwanya ubwo busimba bukunze kuza iyo hari akazuba imvura itagwa neza. Rero imiti nijyamo n’akavura kakagwa bizahita bigenda.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko iki cyonnyi gikunze kwibasira imyaka mu gihe imvura yabaye nke yizeza abaturage ko iki cyonnyi kitari mu bikomeye ndetse ngo nibamara kubona imiti n’imvura ikagwa neza ntikizatinda kugenda ku buryo bumwe mu buso bwarokoka iki kiza.

Bavuga ko bafite ubwoba bw’amapfa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 19 =

Previous Post

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Next Post

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo
AMAHANGA

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.