Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Batangiye kwikanga inzara kubera icyo babona nk’icyorezo cyaje mu myaka

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Batangiye kwikanga inzara kubera icyo babona nk’icyorezo cyaje mu myaka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, barataka ikibazo cy’icyonnyi cy’udusimba cyaje mu myaka yabo bityo bakaba batazi uko bazabaho kuko aho kigeze nta musaruro kandi bakaba batarabona umuti wo kukirwanya.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Bunyoni muri uyu Murenge wa Kivumu, bavuga imyaka yabo yatewe n’indwara yitwa uburima yibasiye imyaka yabo.

Sifa Marie Goreth agira ati “Nyine imvura buriya yabaye nkeya birangira ibishyimbo nyine bibuze imvura n’ifumbire twagiye turateresha iba nk’imfabusa, ubwo rero ni yo mpamvu ubwo busimba buri kuza.”

Bihendo Thacien ati “Iyi ndwara ni uburima kuko ni ubushyuhe bwinshi buza bigafatana noneho uruyange rwaza rugahunguka.”

Nyirandimubanzi Laurence ati “Buriya rero bugiye gupfunyaza iki gishyimbo noneho n’imizi yumye ubwo gihite gitukura. Uri kubona aka gateja ukuntu kapfunyaraye?”

Abo baturage bakomeza bavuga ko iki cyonnyi kigabanya umusaruro bikomeye bikabatera ubukene n’inzara kuko atari ubwa mbere kigaragaye muri aka gace nubwo nta bufasha bwo kukirwanya barabona bityo bagasaba ko babona imiti yica utu dukoko.

Bihendo Thacien “Ubwo ni amapfa agiye kuza kuko iyo bigenze gutya inzara iba yaje kubera izuba.”

Nyirandimubanzi Laurence ati “Ubu se nturi kureba ko yatangiye kubera guhora duhinga tuteza? Kubera iki kintu cyo kuma n’utu dusimba tukiyongeraho ntacyo turabona cy’ubufasha ahubwo batuzanire imiti turebe ko twabona imibereho.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ishami rya Gakuta, Martin Kimenyi, avuga ko abatekenisiye bagiye kureba iki kibazo.

Yagize ati “Tuzoherereza ubufasha bw’imiti kugira ngo bakore imiganda babigishe n’uburyo baburwanya ubwo busimba bukunze kuza iyo hari akazuba imvura itagwa neza. Rero imiti nijyamo n’akavura kakagwa bizahita bigenda.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko iki cyonnyi gikunze kwibasira imyaka mu gihe imvura yabaye nke yizeza abaturage ko iki cyonnyi kitari mu bikomeye ndetse ngo nibamara kubona imiti n’imvura ikagwa neza ntikizatinda kugenda ku buryo bumwe mu buso bwarokoka iki kiza.

Bavuga ko bafite ubwoba bw’amapfa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Next Post

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Congo: Ibyo abasirikare bagaragaye bakorera umugore ku Kibuga cy’Indege byamaganywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.