Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro batabaza bavuga ko bamerewe nabi n’ababahaye amadeni nyuma yuko Akarere kababariye imitungo kabizeza ko kagiye kuyibishyura bakahava ndetse kagatwara ibyangombwa by’ubutaka bwabo ariko bakaba baherutse kubwirwa ko batacyishyuwe.

Aba baturage bo mu mudugudu wa Karungu mu Kagari ka Bunyunju mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze imyaka igera kuri ibiri barabujijwe kugira ibikorwa birambye bakorera ku butaka n’inzu zabo ndetse ubuyobozi bw’Akarere bukaba bwari bwarababariye bukanabaka ibyangombwa by’ubutaka bwabo bizezwa ko bazishyurwa vuba.

Nsanzurwanda Jacques ati “Bamaze kutubarura hashize nk’ukwezi n’igice mu kwezi kwa munani baragaruka baje kudusinyisha ku buryo buri muntu yamenye amafaranga azahabwa tuti ‘none se ko abantu bari gutemagura ibintu byacu Leta ikaba itari kutwishyura?’ Bigeze mu kwezi kwa cyenda duhamagara Umuyobozi w’Akarere aratubwira ngo ntimuhinge bagiye kubishyura.”

Aba baturage bavuga ko harimo n’abahise bashaka ahandi bajya kuba, ndetse bamwe banajya mu mitungo bizeza ba nyirayo kuzabishyura na bo nibishyurwa.

Icyimanizanye Donatille ati “Ngo n’n Kigali najyayo ni ko bambwiye ngo ninshake aho nimukira, ubwo mba ngiye gucisha inzu ya miliyoni eshatu muri Kivumu ku muhanda mva muri iki cyaro.”

Sinibagiwe Jacqueline washatse icyangombwa cy’ubutaka bwe huti huti kimwe n’abandi baturage bo kuri aka gasozi ka Karungu, bavuga ko ubuyobozi bwabotsaga igitutu, ku buryo hari n’abandi bafashe amadeni yo kugira ngo babone ibyangombwa.

Ati “biba ngombwa ko ku Karere bahamagara ngo mbese ko amafaranga yaje mukaba muri gutinza ibyangombwa ubwo mpita nshaka umuntu anguriza ibihumbi Magana ane byunguka ibihumbi 150 bya buri kwezi. Nta kindi kimpangayikishije ni ayo madeni kuko ndi hafi kujya mu Kivu [kwiyahura] hejuru y’ayo madeni kuko maze kugeramo miliyoni n’ibihumbi Magana atatu.”

Aba baturage bavuga ko icyabashenguye umutima ari uko mu kwezi gushize kwa Kanama 2024, ubuyobozi bwabamenyesheje ko batakishyuwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, ahakana ibyo kubuza abaturage kugira ibikorwa bakorera ku butaka bwabo, akavuga ko ahubwo hatekerejwe kugurwa nyuma yuko Ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’Igihugu harimo n’Akarere ka Rutsiro muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023.

Ati “Iyo ugiye kureba agaciro k’ikintu ureba ngo icyo kintu ni ikihe, icyangombwa ni ikihe kiriho ubuso buhe? Rero bararebye koko batangira kuvuga ngo ibintu birimo ni ibihe bifite akahe gaciro, ariko nta muturage bigeze bakura mu nzu ye nta n’uwo bigeze babuza guhinga mu isambu ye. Nta gutegereza ikizaza ejo igihe ugifite ikintu cyawe ntawakigukuyemo ugifiteho uburenganzira 100%. Uyu munsi umuntu arebe icyamugirira akamaro.”

Imiryango igera kuri 28 yo ku gasozi ka Karungu mu Murenge wa Kivumu ni yo ubuyobozi bw’aka Karere buvuga ko yagombaga kwimurwa kimwe n’andi masite arimo Mushubati na Gihango, icyakora ubuyobozi ntibutanga umucyo niba aba baturage bazimurwa cyangwa bazagumana ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bari mu rujijo n’agahinda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − one =

Previous Post

Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Next Post

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.