Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro batabaza bavuga ko bamerewe nabi n’ababahaye amadeni nyuma yuko Akarere kababariye imitungo kabizeza ko kagiye kuyibishyura bakahava ndetse kagatwara ibyangombwa by’ubutaka bwabo ariko bakaba baherutse kubwirwa ko batacyishyuwe.

Aba baturage bo mu mudugudu wa Karungu mu Kagari ka Bunyunju mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze imyaka igera kuri ibiri barabujijwe kugira ibikorwa birambye bakorera ku butaka n’inzu zabo ndetse ubuyobozi bw’Akarere bukaba bwari bwarababariye bukanabaka ibyangombwa by’ubutaka bwabo bizezwa ko bazishyurwa vuba.

Nsanzurwanda Jacques ati “Bamaze kutubarura hashize nk’ukwezi n’igice mu kwezi kwa munani baragaruka baje kudusinyisha ku buryo buri muntu yamenye amafaranga azahabwa tuti ‘none se ko abantu bari gutemagura ibintu byacu Leta ikaba itari kutwishyura?’ Bigeze mu kwezi kwa cyenda duhamagara Umuyobozi w’Akarere aratubwira ngo ntimuhinge bagiye kubishyura.”

Aba baturage bavuga ko harimo n’abahise bashaka ahandi bajya kuba, ndetse bamwe banajya mu mitungo bizeza ba nyirayo kuzabishyura na bo nibishyurwa.

Icyimanizanye Donatille ati “Ngo n’n Kigali najyayo ni ko bambwiye ngo ninshake aho nimukira, ubwo mba ngiye gucisha inzu ya miliyoni eshatu muri Kivumu ku muhanda mva muri iki cyaro.”

Sinibagiwe Jacqueline washatse icyangombwa cy’ubutaka bwe huti huti kimwe n’abandi baturage bo kuri aka gasozi ka Karungu, bavuga ko ubuyobozi bwabotsaga igitutu, ku buryo hari n’abandi bafashe amadeni yo kugira ngo babone ibyangombwa.

Ati “biba ngombwa ko ku Karere bahamagara ngo mbese ko amafaranga yaje mukaba muri gutinza ibyangombwa ubwo mpita nshaka umuntu anguriza ibihumbi Magana ane byunguka ibihumbi 150 bya buri kwezi. Nta kindi kimpangayikishije ni ayo madeni kuko ndi hafi kujya mu Kivu [kwiyahura] hejuru y’ayo madeni kuko maze kugeramo miliyoni n’ibihumbi Magana atatu.”

Aba baturage bavuga ko icyabashenguye umutima ari uko mu kwezi gushize kwa Kanama 2024, ubuyobozi bwabamenyesheje ko batakishyuwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, ahakana ibyo kubuza abaturage kugira ibikorwa bakorera ku butaka bwabo, akavuga ko ahubwo hatekerejwe kugurwa nyuma yuko Ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’Igihugu harimo n’Akarere ka Rutsiro muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023.

Ati “Iyo ugiye kureba agaciro k’ikintu ureba ngo icyo kintu ni ikihe, icyangombwa ni ikihe kiriho ubuso buhe? Rero bararebye koko batangira kuvuga ngo ibintu birimo ni ibihe bifite akahe gaciro, ariko nta muturage bigeze bakura mu nzu ye nta n’uwo bigeze babuza guhinga mu isambu ye. Nta gutegereza ikizaza ejo igihe ugifite ikintu cyawe ntawakigukuyemo ugifiteho uburenganzira 100%. Uyu munsi umuntu arebe icyamugirira akamaro.”

Imiryango igera kuri 28 yo ku gasozi ka Karungu mu Murenge wa Kivumu ni yo ubuyobozi bw’aka Karere buvuga ko yagombaga kwimurwa kimwe n’andi masite arimo Mushubati na Gihango, icyakora ubuyobozi ntibutanga umucyo niba aba baturage bazimurwa cyangwa bazagumana ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bari mu rujijo n’agahinda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Next Post

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura
Uncategorized

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.