Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Ibyo babonaga nk’amahirwe byatumye binjira mu ihurizo abandi bitwa ba bihemu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro batabaza bavuga ko bamerewe nabi n’ababahaye amadeni nyuma yuko Akarere kababariye imitungo kabizeza ko kagiye kuyibishyura bakahava ndetse kagatwara ibyangombwa by’ubutaka bwabo ariko bakaba baherutse kubwirwa ko batacyishyuwe.

Aba baturage bo mu mudugudu wa Karungu mu Kagari ka Bunyunju mu Murenge wa Kivumu, bavuga ko bamaze imyaka igera kuri ibiri barabujijwe kugira ibikorwa birambye bakorera ku butaka n’inzu zabo ndetse ubuyobozi bw’Akarere bukaba bwari bwarababariye bukanabaka ibyangombwa by’ubutaka bwabo bizezwa ko bazishyurwa vuba.

Nsanzurwanda Jacques ati “Bamaze kutubarura hashize nk’ukwezi n’igice mu kwezi kwa munani baragaruka baje kudusinyisha ku buryo buri muntu yamenye amafaranga azahabwa tuti ‘none se ko abantu bari gutemagura ibintu byacu Leta ikaba itari kutwishyura?’ Bigeze mu kwezi kwa cyenda duhamagara Umuyobozi w’Akarere aratubwira ngo ntimuhinge bagiye kubishyura.”

Aba baturage bavuga ko harimo n’abahise bashaka ahandi bajya kuba, ndetse bamwe banajya mu mitungo bizeza ba nyirayo kuzabishyura na bo nibishyurwa.

Icyimanizanye Donatille ati “Ngo n’n Kigali najyayo ni ko bambwiye ngo ninshake aho nimukira, ubwo mba ngiye gucisha inzu ya miliyoni eshatu muri Kivumu ku muhanda mva muri iki cyaro.”

Sinibagiwe Jacqueline washatse icyangombwa cy’ubutaka bwe huti huti kimwe n’abandi baturage bo kuri aka gasozi ka Karungu, bavuga ko ubuyobozi bwabotsaga igitutu, ku buryo hari n’abandi bafashe amadeni yo kugira ngo babone ibyangombwa.

Ati “biba ngombwa ko ku Karere bahamagara ngo mbese ko amafaranga yaje mukaba muri gutinza ibyangombwa ubwo mpita nshaka umuntu anguriza ibihumbi Magana ane byunguka ibihumbi 150 bya buri kwezi. Nta kindi kimpangayikishije ni ayo madeni kuko ndi hafi kujya mu Kivu [kwiyahura] hejuru y’ayo madeni kuko maze kugeramo miliyoni n’ibihumbi Magana atatu.”

Aba baturage bavuga ko icyabashenguye umutima ari uko mu kwezi gushize kwa Kanama 2024, ubuyobozi bwabamenyesheje ko batakishyuwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, ahakana ibyo kubuza abaturage kugira ibikorwa bakorera ku butaka bwabo, akavuga ko ahubwo hatekerejwe kugurwa nyuma yuko Ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’Igihugu harimo n’Akarere ka Rutsiro muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023.

Ati “Iyo ugiye kureba agaciro k’ikintu ureba ngo icyo kintu ni ikihe, icyangombwa ni ikihe kiriho ubuso buhe? Rero bararebye koko batangira kuvuga ngo ibintu birimo ni ibihe bifite akahe gaciro, ariko nta muturage bigeze bakura mu nzu ye nta n’uwo bigeze babuza guhinga mu isambu ye. Nta gutegereza ikizaza ejo igihe ugifite ikintu cyawe ntawakigukuyemo ugifiteho uburenganzira 100%. Uyu munsi umuntu arebe icyamugirira akamaro.”

Imiryango igera kuri 28 yo ku gasozi ka Karungu mu Murenge wa Kivumu ni yo ubuyobozi bw’aka Karere buvuga ko yagombaga kwimurwa kimwe n’andi masite arimo Mushubati na Gihango, icyakora ubuyobozi ntibutanga umucyo niba aba baturage bazimurwa cyangwa bazagumana ubutaka bwabo.

Aba baturage bavuga ko bari mu rujijo n’agahinda

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 7 =

Previous Post

Kuki Kiliziya ikomeje kwikandakira ku kwemeza amabonekerwa nk’ay’i Kibeho yabereye Bosnia?

Next Post

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Abasirikare binjiranye muri RDF imyitozo ikarishye bagaragaje irimo iy’aho urugamba rukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.