Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
06/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma yatujwe mu mudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Gihira mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko inzara n’imibereho mibi babayemo, igira ingaruka ku myigire y’abana babo, kuko higa nk’umwe ku ijana, mu gihe ubuyobozi bubasaba kubagana bukabafasha.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabatuje ndetse bukabaha na bumwe mu bufasha nk’amasuka yo guhingisha, ndetse bakemererwa imbuto zo gutera ariko amaso yaheze mu kirere.

Umwe ati “None se ayo masuka niba barayaduhaye tukaba turi kuyahingisha byeze turi kurya? Ni intabire gusa no kujya guhinga tugenda twarariye aho twiziritse imishumi kugira ngo tubone uko duhinga. Abandi bari gutera naho iyindi ntabire irarambitse, uyu munsi ahubwo twagezeyo dusanga itangiye no kumera! Nk’iyo mfashanyo izaza ryari, izadushyikira ryari?”

Aba baturage bavuga ko kubera iyi mibereho igoye, abana babo birukanwa ku ishuri, ndetse bamwe bakanga kujya kwiga batagize icyo bashyira mu nda.

Undi ati “Bakabirukana ngo nibazane amafaranga y’ibiryo, tukabura icyo twabishyurira. Wenda muri uyu mudugudu, ku musozi niba hari nk’abana 10, urebye haba higa umwana umwe gusa kandi urumva wabuze ibyo kurya ntiwabona imyenda y’ishuri.”

Bavuga ko iyo bagerageje guca incuro bagorwa no kubona uko basagura amafaranga yo kwishyurira abana, mu gihe no kurya mu rugo biba byabaye ingorabahizi.

Undi ati “Natwe dukorera icyo gihumbi  ukaba wagikodeshaho, ubwo wagikodeshaho ukaba wagurira n’umwana ibyo biryo. Ntabwo wabona ukuntu wayacamo kabiri.”

Akomeza agira ati “Ni ukwiyirukira mu misozi bareba iyo byahiye bakabaha, none se wararira aho bwacya mu gitondo ukajya kwiga?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Bisangabagabo Sylvestre avuga ko abafite kibazo cyo kubura amafaranga yo kwishyurira abana kugira ngo barye ku ishuri yagana ubuyobozi bukamufasha.

Ati “Abana iyo byagaragaye ko babuze ubushobozi kubera ubukene, Leta ni cyo ibereyeho irabafasha rwose. Ku Murenge ubufasha buba buhari turabafasha rwose.”

Mu gihe aba baturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bavuga ko bamwe mu bana bareka ishuri kubera kubura amafaranga yo gufata ifunguro ku ishuri, Ministeri y’Uburezi isaba ababyeyi gutanga uruhare rungana na 975 Frw ku gihembwe kuri buri mwana.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 10 =

Previous Post

Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza

Next Post

The Chainsmokers Actually Make a Great Nickelback Cover Band

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

The Chainsmokers Actually Make a Great Nickelback Cover Band

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.