Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
06/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma yatujwe mu mudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Gihira mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko inzara n’imibereho mibi babayemo, igira ingaruka ku myigire y’abana babo, kuko higa nk’umwe ku ijana, mu gihe ubuyobozi bubasaba kubagana bukabafasha.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabatuje ndetse bukabaha na bumwe mu bufasha nk’amasuka yo guhingisha, ndetse bakemererwa imbuto zo gutera ariko amaso yaheze mu kirere.

Umwe ati “None se ayo masuka niba barayaduhaye tukaba turi kuyahingisha byeze turi kurya? Ni intabire gusa no kujya guhinga tugenda twarariye aho twiziritse imishumi kugira ngo tubone uko duhinga. Abandi bari gutera naho iyindi ntabire irarambitse, uyu munsi ahubwo twagezeyo dusanga itangiye no kumera! Nk’iyo mfashanyo izaza ryari, izadushyikira ryari?”

Aba baturage bavuga ko kubera iyi mibereho igoye, abana babo birukanwa ku ishuri, ndetse bamwe bakanga kujya kwiga batagize icyo bashyira mu nda.

Undi ati “Bakabirukana ngo nibazane amafaranga y’ibiryo, tukabura icyo twabishyurira. Wenda muri uyu mudugudu, ku musozi niba hari nk’abana 10, urebye haba higa umwana umwe gusa kandi urumva wabuze ibyo kurya ntiwabona imyenda y’ishuri.”

Bavuga ko iyo bagerageje guca incuro bagorwa no kubona uko basagura amafaranga yo kwishyurira abana, mu gihe no kurya mu rugo biba byabaye ingorabahizi.

Undi ati “Natwe dukorera icyo gihumbi  ukaba wagikodeshaho, ubwo wagikodeshaho ukaba wagurira n’umwana ibyo biryo. Ntabwo wabona ukuntu wayacamo kabiri.”

Akomeza agira ati “Ni ukwiyirukira mu misozi bareba iyo byahiye bakabaha, none se wararira aho bwacya mu gitondo ukajya kwiga?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Bisangabagabo Sylvestre avuga ko abafite kibazo cyo kubura amafaranga yo kwishyurira abana kugira ngo barye ku ishuri yagana ubuyobozi bukamufasha.

Ati “Abana iyo byagaragaye ko babuze ubushobozi kubera ubukene, Leta ni cyo ibereyeho irabafasha rwose. Ku Murenge ubufasha buba buhari turabafasha rwose.”

Mu gihe aba baturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bavuga ko bamwe mu bana bareka ishuri kubera kubura amafaranga yo gufata ifunguro ku ishuri, Ministeri y’Uburezi isaba ababyeyi gutanga uruhare rungana na 975 Frw ku gihembwe kuri buri mwana.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + two =

Previous Post

Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza

Next Post

The Chainsmokers Actually Make a Great Nickelback Cover Band

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

The Chainsmokers Actually Make a Great Nickelback Cover Band

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.