Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
06/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Igisubizo bahawe ku kibazo kibabangamiye kiratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma yatujwe mu mudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Gihira mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko inzara n’imibereho mibi babayemo, igira ingaruka ku myigire y’abana babo, kuko higa nk’umwe ku ijana, mu gihe ubuyobozi bubasaba kubagana bukabafasha.

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwabatuje ndetse bukabaha na bumwe mu bufasha nk’amasuka yo guhingisha, ndetse bakemererwa imbuto zo gutera ariko amaso yaheze mu kirere.

Umwe ati “None se ayo masuka niba barayaduhaye tukaba turi kuyahingisha byeze turi kurya? Ni intabire gusa no kujya guhinga tugenda twarariye aho twiziritse imishumi kugira ngo tubone uko duhinga. Abandi bari gutera naho iyindi ntabire irarambitse, uyu munsi ahubwo twagezeyo dusanga itangiye no kumera! Nk’iyo mfashanyo izaza ryari, izadushyikira ryari?”

Aba baturage bavuga ko kubera iyi mibereho igoye, abana babo birukanwa ku ishuri, ndetse bamwe bakanga kujya kwiga batagize icyo bashyira mu nda.

Undi ati “Bakabirukana ngo nibazane amafaranga y’ibiryo, tukabura icyo twabishyurira. Wenda muri uyu mudugudu, ku musozi niba hari nk’abana 10, urebye haba higa umwana umwe gusa kandi urumva wabuze ibyo kurya ntiwabona imyenda y’ishuri.”

Bavuga ko iyo bagerageje guca incuro bagorwa no kubona uko basagura amafaranga yo kwishyurira abana, mu gihe no kurya mu rugo biba byabaye ingorabahizi.

Undi ati “Natwe dukorera icyo gihumbi  ukaba wagikodeshaho, ubwo wagikodeshaho ukaba wagurira n’umwana ibyo biryo. Ntabwo wabona ukuntu wayacamo kabiri.”

Akomeza agira ati “Ni ukwiyirukira mu misozi bareba iyo byahiye bakabaha, none se wararira aho bwacya mu gitondo ukajya kwiga?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Bisangabagabo Sylvestre avuga ko abafite kibazo cyo kubura amafaranga yo kwishyurira abana kugira ngo barye ku ishuri yagana ubuyobozi bukamufasha.

Ati “Abana iyo byagaragaye ko babuze ubushobozi kubera ubukene, Leta ni cyo ibereyeho irabafasha rwose. Ku Murenge ubufasha buba buhari turabafasha rwose.”

Mu gihe aba baturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bavuga ko bamwe mu bana bareka ishuri kubera kubura amafaranga yo gufata ifunguro ku ishuri, Ministeri y’Uburezi isaba ababyeyi gutanga uruhare rungana na 975 Frw ku gihembwe kuri buri mwana.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Aryoha asubiwemo: Mu mafoto y’indobanure utabonye ongera wihere ijisho akarasisi benshi bifuzaga ko kadahumuza

Next Post

The Chainsmokers Actually Make a Great Nickelback Cover Band

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

The Chainsmokers Actually Make a Great Nickelback Cover Band

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.