Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Ukekwaho kwicisha Se ikiziriko yafatiwe muri Logde yagiye kwinezeza mu mafaranga yamwambuye

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Ukekwaho kwicisha Se ikiziriko yafatiwe muri Logde yagiye kwinezeza mu mafaranga yamwambuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore ukekwaho kwica umubyeyi we amunigishije ikiziriko mu Kagari ka Rurara, Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, yafatiwe mu macumbi [Lodge] amaze gukoresha amwe mu mafaranga ku bihumbi 400 Frw yambuye Se.

Uyu musore witwa Evariste w’imyaka 20 y’amavuko, akekwaho kwica se witwa Aloys w’imyaka 77, ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022 aho bikekwa ko yamwambuye ibihumbi 400 Frw yari yagurishije Inka.

Amakuru yavugaga ko uyu nyakwigendera wari usanzwe ari umworozi ubikora mu buryo bw’ubucuruzi, tariki 19 Nyakanga 2022 yari yagurishije Inka y’ikimasa.

Uyu musore akekwaho kwivugana Se nyuma yuko bari babasiganye mu rugo mu gitondo, umwe mu bo muri uyu muryango akaza kugaruka mu rugo agasanga uyu musaza yapfiriye imbere y’uburiri bwe, yanigishijwe ikiziriko cy’Inka.

Ako kanya inzego zifatanyije n’abaturage bahise batangira gushakisha uyu musore kuko yahise acika akaba yaje gufatwa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022.

Uyu musore yafatiwe mu icumbi riherereye mu Kagari ka Congo Nil mu Murenge wa Gihango  aho bamusanganye ibihumbi 394 Frw.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose yemeje aya makuru, avuga ko uyu musore yafashwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’iz’iperereza zifatanyije n’abaturage.

Yagize ati “Inzego z’umutekano nyuma yo kumenya ayo makuru ni zo zamutahuye aho yari yihise zimuta muri yombi.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gushishikariza urubyiruko gukura amaboko mu mifuka, bagakora imirimo yabateza imbere kuko kudakora ari byo bituma bisanga mu bikorwa bibi nk’ibi by’ubugizi bwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 6 =

Previous Post

Museveni yahishuye ibyamubayeho ari i Kigali muri CHOGM byatumye atahana impungenge

Next Post

Hamenyekanye icyo u Rwanda na DRC bemeranyijwe i Luanda birimo ibireba M23

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

Hamenyekanye icyo u Rwanda na DRC bemeranyijwe i Luanda birimo ibireba M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.