Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi

radiotv10by radiotv10
20/12/2021
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Yatashywe n’ubwoba ubwo yabyukaga agasanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro yabyutse asanga imisaraba ibiri yegetse ku rugi rw’urugo rwe bikaba bikekwa ko byakozwe n’abana be.

Uyu mubyeyi witwa Nturanyenabo Euphrasienne utuye mu mudugudu wa Kampi mu Kagari ka Nyagahinika, asanzwe afitanye amakimbirane n’abana be bishingiye ku mitungo bikaba bikekwa ko ari na bo bazanye iyi misaraba ibiri yabonye ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021.

Rutayisire Deogratias uyobora Umurenge wa Kigeyo avuga ko aba bahungu basanzwe bafitanye ibibazo n’umubyeyi wabo, bahise batabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise rutangira iperereza.

Ubwo uriya mubyeyi yabyukaga agasanga iriya misaraba ibiri mu rugo rwe, yavuze ko ntabandi abishinja atari abahungu be kuko ntawundi muntu bafitanye ibibazo.

Bahise babaza aba bahungu niba ari bo bazanye iriya misaraba ariko babitera utwatsi gusa bavuga ko bafitanye ibibazo na nyina.

Uyu muyobozi avuga ko abo bahungu n’umubyeyi wabo bagerageje kubunga ariko bikaba iby’ubusa ahubwo bagasubiranamo.

Ati “Rero twari turi kumwe na RIB dufata umwanzuro ko RIB ibatwara ikajya gukora iperereza ku by’iyo misaraba.”

Ku wa Gatandatu tariki 18 Ukuboza 2021, bariya bahungu bahise bafatwa ariko baza kurekurwa basabwa kuza kwitaba kuri uyu wa Mbere.

Nturanyenabo Euphrasienne yavuze ko abana be nubwo ari abagabo bubatse, ariko badahwema kumubuza amahoro kuko bajya banashaka kumutema n’imihoro.

Uyu mubyeyi avuga ko ibi bikorwa by’abahungu be, babikoreshwa n’abandi bana abereye mukase.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Ntitwari tuzi ko Polisi ibimenya- Umwe mu bafashwe basengera mu nzu y’umuturage

Next Post

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Kicukiro: Urubyiruko rwafatiwe mu rugo rwahahinduye akabari n’akabyiniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.