• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel

radiotv10by radiotv10
16/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Rwakomeje kwambikana muri Liban nubwo America yari yagiriye inama Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yongeye kugaba igitero mu majyepfo y’Umurwa Mukuru wa Liban, i Beirut nyuma y’amasaha macye Leta Zunze Ubumwe za America ivuze ko idashyigikiye ibitero bya Israeli kuri uyu mujyi.

Ingabo za Israeli zavuze ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu zagabye iki gitero ku bubiko bw’intwaro bwa Hezbollah buri munsi y’ubutaka mu gace Dahiyeh kari mu majyepfo ya Beirut.

Bitandukanye no mu cyumweru gishize ubwo Israel yagabaga ibitero ku birindiro by’umutwe wa Hezbollah, igisirikare cya Israel cyatangaje ko iki gitero cyabanjirijwe no gutegeka abaturage kuva muri aka gace.

Umuvugizi w’Ingabo za Israel yagize ati “Mbere y’igitero, hashyizweho ingamba nyinshi zo kugabanya ibyago byo kwibasira abasivili, harimo no gutanga impuruza mbere ku baturage bo muri ako gace.”

Ibihugu bimwe by’Iburengerazuba bw’Isi bikomoje gusaba ko habaho agahenge, imirwano hagati y’’ibi Bihugu bituranyi igahagaragara, kimwe no muri Gaza, icyakora Leta Zunze Ubumwe za America ivuga ko izakomeza gushyigikira Israel, ari na ko yohereza ubwirinzi n’ingabo muri iki Gihugu gihanganye n’imitwe irenze irindindwi y’abarwanyi ibarizwa mu Bihugu bikikije Israel.

Kuva Israel yatangira kugaba ibitero mu mujyi wa Beirut ku ya 10 Ukwakira uyu mwaka, bimaze guhitana abantu 22, mu gihe zimwe mu nyubako n’ibikorwa remezo byo muri uyu mujyi rwagati byo byamaze kuba amatongo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Abatwara abagenzi n’abanyeshuri batabifitiye uburenganzira bahagurukiwe

Next Post

U Rwanda rwagaragaje ibintu bitatu by’ingenzi byafasha Congo kurandura burundu ibibazo byayibayeho akarande

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Kuki Congo yabanje kwifata ku myanzuro yari yahariye u Rwanda ikaza kwemera kuyasinya?

U Rwanda rwagaragaje ibintu bitatu by’ingenzi byafasha Congo kurandura burundu ibibazo byayibayeho akarande

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.