Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Abagabo batatu n’abagore babiri baguwe gitumo mu gishanga bakora ibitemewe

radiotv10by radiotv10
03/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rwamagana: Abagabo batatu n’abagore babiri baguwe gitumo mu gishanga bakora ibitemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu masaha yo mu rukerera, abagabo batatu n’abagore babiri, bafatiwe mu cyuho mu gishanga cya Rugende mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana batetse ikiyobyabwenge cya kanyanga, aho bari bamaze kwarura litiro 40.

Aba bantu bafashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ukwakira 2024 muri iki Gishanga cya Rugende, mu gace gaherereye mu Mudugudu wa Gituza, Akagari ka Nyarukombe mu Murenge wa Muyumbu.

Uretse Litiro 40 za kanyanga basanganywe bamaze kwarura, banasanganywe amajerekani 10 ya melase bifashishaga bakora iki kiyobyabwenge.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko bafashwe biturutse ku makuru Polisi yari isanzwe ifite ko hari umugore uteka Kanyanga akanayicuruza afatanyije n’umukobwa we.

Yagize ati “Hari hari amakuru yizewe yatanzwe n’abaturage ko hari umugore utekera Kanyanga mu gishanga cya Rugende, agace gahana imbibi na Muyumbu na Kabuga. Hagendewe kuri ayo makuru hatangiye igenzura, biza kumenyekana muri iryo joro ko ayitetse nibwo yahise afatirwa mu cyuho ayitekeye muri uriya mudugudu wa Gituza.”

Akomeza agira ati “Bageze aho bari bayitekeye muri icyo gishanga, basanze koko ari wa mugore wacyekwaga, ari kumwe n’umukobwa we bafatanya kuyiteka no kuyicuruza ndetse n’abagabo batatu bamukorera, bamaze kwarura litiro 40 z’ikiyobyabwenge cya kanyanga, hari n’indi bagitetse kandi bafite n’amajerikani agera ku 10 arimo melase bifashishaga mu kuyikora.”

Uyu mugore wafashwe yari asanzwe afatanya n’umuhungu we, na we wafashwe mu gihe gishize, arimo gucuruza Kanyanga, ubu akaba yarakatiwe n’Urukiko.

Kanyanga na melase byafatanywe aba batanu, byamenewe mu ruhame, naho ibikoresho bifashishaga mu kuyiteka birimo ingunguru 2, amajerikani n’ibindi nabyo byashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri Sitasiyo ya Muyumbu kugira ngo iperereza rikomeze.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Ingingo ya 263 y’Itegeko no.68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10, ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

Uko abantu babiri baturutse mu Rwanda batumye Gari ya Moshi ihagarikwa igitaraganya mu Budage

Next Post

Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

The first African hosting of the UCI Road World Championships in September 2025, will not be a mere sporting event...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda
MU RWANDA

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

Ibyagaragaye mu iperereza ku mukinnyi w’ikipe imwe mu Rwanda umaze iminsi atawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.