Thursday, March 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Abaturage n’Ikigo bashinja kubasondeka baritana bamwana

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rwamagana: Abaturage n’Ikigo bashinja kubasondeka baritana bamwana
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kabatasi mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana baravuga ko amapoto y’ibiti bakoresha ataramba kuko aba adakomeye, kandi ko badahwema kubimenyesha REG, mu gihe iki kigo kivuga ko kitabizi.

Aba baturage bavuga ko kugira ngo bahabwe amashanyarazi, bibasaba kwirwanaho bagashaka uduti tw’amapoto twatuma amashanyarazi abageraho, ariko bagaragaza ko no ku mapoto bafatiraho ari ku biti ngo bidashobora kumara umwaka bitaragwa bitewe n’umuswa.

Bahuriza ku kuba badahwema gusaba ko Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ingufu REG, kugira icyo gikora kuri ibi bibazo, ariko ko cyabimye amatwi.

Kayijuka Leopord wo muri aka Kagari yagize “Dufite amapoto ariya y’ibiti ya pirate. buhita busaza ako kanya, nta mwaka bumara, buhita bubora hakazamo umuswa.”

Undi witwa Nzabonimpa Cyprien avuga ko badahwema kwiyambaza Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) ariko ntihagire igikorwa.

Ati “Wahamagara ababishinzwe kugira ngo bazakugereho cyahirimye bikaba ikibazo.”

Umuyobozi wa REG ishami rya Rwamagana, Innocent Karinganire yabwiye RADIOTV10 ko ubusanzwe iyo abaturage bafite ikibazo, bahamagara ubuyobozi ariko ko bitabayeho.

Ati “Ntabwo tukizi, twe twabireba. Iyo hari ikibazo baraduhamagara tukaza tukabikemura ariko ubwo turajyayo turebe.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo kibagiraho ingaruka ku bakenera gukurura amashanyarari bakayanyuza mu myaka y’abaturage bigakurura intonganya hagati ya nyiri umurima n’ukurura amashayanayara.

 

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. lkjhdfsl says:
    3 years ago

    Ubwo se bitanye bamwana gute? Izi title zanyu nazo!!!!

    Reply

Leave a Reply to lkjhdfsl Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − one =

Previous Post

Ibyishimo byatashye mu ikipe ikomeye i Burayi uwari Umuyobozi wayo we biba agahinda

Next Post

Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

Related Posts

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

by radiotv10
26/03/2026
0

Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, avuga ko imikino ya FIFA Series ari umwanya mwiza wo...

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

by radiotv10
26/03/2026
0

Umugaba w'Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye ziri mu butumwa bw'amahoro muri Sudani y'Epfo, ushinzwe igice cy'amajyepfo, Brigadier General Shishir Bharadwaj, yasuye abasirikare...

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

by radiotv10
26/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso amwifuriza ishya n'ihirwe muri manda nshya yo...

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

by radiotv10
26/03/2026
0

Taking care of your health does not have to be complicated. You don’t need expensive plans or strict routines. Sometimes,...

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya IPRC-Tumba mu Karere ka Rulindo, buravuga ko bwababajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wigaga mu mwaka wa mbere,...

IZIHERUKA

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel
AMAHANGA

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

by radiotv10
26/03/2026
0

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

26/03/2026
Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

26/03/2026
“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

26/03/2026
“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

26/03/2026
Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa icyo zigomba guhora ziteguye

26/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.