Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
3
Rwamagana: Abaturanye na nyiri urugo rwasanzwemo umutwe w’umwana wishwe bagize icyo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanyi b’umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, wasanganywe mu rugo rwe umutwe w’umwana wiciwe mu wundi Murenge, baravuga ko uwazanye umutwe wa nyakwigendera kuri uyu muturanyi wabo, ashaka kumushyirishamo kuko batamuziho ubugizi bwa nabi.

Umwana witwa Imanishimwe Josiane yishwe n’umugizi wa nabi wari wamuteze we n’abandi bari bajyanye kuvoma mu Mudugudu wa Nyakabungo mu Kagari ka Bwinsanga mu Murenge wa Gishari, ariko basanga hari igihimba gusa kuko uwamwishe yahise acikana umutwe we.

Nyuma y’ubu bwicanyi bwabereye mu Murenge wa Gishari tariki 16 Ugushyingo 2022, umutwe wa nyakwigendera wabonetse tariki 17 Ugushyingo, usangwa uri mu mufuka mu rugo rw’umuturage utuye mu Mudugudu wa Ramba mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro uhana imbibi n’uriya wiciwemo nyakwigendera.

Abaturanyi b’uyu muturage nyiri uru rugo rwasanzwemo umutwe wa nyakwigendera, bavuga ko batunguwe kuko badasanzwe bazi ikintu kibi kuri uyu muturanyi wabo.

Umwe yagize ati “Twebwe twagize ngo ni umuntu waba ashaka kugirira umuturanyi nabi wenda baba bafitanye ikibazo.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Tukibaza tuti umuturanyi umaze imyaka hafi makumyabiri inaha nta muturanyi yari yagirana na we ikibazo, tukumva wenda n’ababa bamwanga cyangwa umuntu w’ahandi waba wahamutumye.”

Aba baturage bavuga kandi ko byabateye ubwoba ariko bakavuga ko nubwo inzego z’iperereza ziri mu kazi kazo ariko uyu muturanyi ashobora kuba yaragambaniwe.

Undi ati “Ni uguhorana ubwoba, twababajwe n’uyu muturanyi wacu n’ukuntu yitonda, bakaza kubona ibyo bintu aho. Twebwe twarumiwe turavuga tuti ‘ese uyu mutwe wavuye he?’ ariko tukumva ngo i Gishari bahishe umuntu.”

Aba baturage kandi bavuga ko bahise bafata ingamba zikomeye ku buryo basigaye bacunga abana babo ntibemere ko bakora ingendo mu masaha akuze.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko uru rwego ruri gukora iperereza ku bwicanyi bwakorewe uriya mwana.

Ati “Ubutumwa tubaha ni uguhumuriza abantu bose ariko bakizera inzego z’iperereza, iperereza icyo rizagaragaza bazikimenyeshwa.”

Dr Murangira yasabye umuturage uwo ari we wese waba afite amakuru yagira icyo afasha muri iri perereza, ko yakwegera RIB akayiha ayo makuru.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 3

  1. BIKORIMANA EMMANUEL says:
    3 years ago

    Ariko ubundi mu Rwanda hazasubiyeho igihano cy’urupfu inkozi z’amahano nkaya bakajya batumizaho inteko y’abaturage umuntu nkuyu bakamutumurira mu maso ya Rubanda wenda ko nundi wese nkuyu urushwa impuhwe n’impyisi yajya ahita ava ku izima .ibintu byo kubembereza abagome nkaba nibyo bizatumaraho abantu.uwicishije inkota na we agomba kwicishwa indi .

    Reply
  2. BIKORIMANA EMMANUEL says:
    3 years ago

    uwo muturanyi wasanganywe umutwe wuwo mwana akorerwe iprereza neza ataza kuva abirenganiramo kuko naho yaba injiji akajana ntiyakwica umuntu ngo anibekeho umutwe kereka habaye hari uwumutumye habaye nuwawumutumye yawuhisha kure hatari aho .RIB ifite akazi katoroshye ariko turayizeye mu gushishoza kwayo

    Reply
  3. Munyameta Emmanuel says:
    3 years ago

    Yewe abagome ntibagira konji koko umwana nkowo baba bamujijije iki gusa iperereza nirikorwa rigafata umuntu wakoze nkibi nukuri ntakindi gihano nawe akwiriye atarugupfa kuko inkota yicijije undi nawe agomba kuyikishwa umuryango nukomeze wihangane

    Reply

Leave a Reply to BIKORIMANA EMMANUEL Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

Indonesia: Ubuhamya bw’agahinda bw’abarokotse umutingito umaze kwivugana abantu 270

Next Post

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Related Posts

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, atari igitangaza, kandi ko...

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

by radiotv10
11/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yongeye kwibutsa abakomeje kwinangira kwitabira gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga, kubikora bidasabye uru rwego rubahamagara cyangwa rukabasanga aho bari....

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

IZIHERUKA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
MU RWANDA

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

by radiotv10
11/02/2026
0

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Burundi: Hamenyakanye amakuru mashya ku munyamakuru wa Politiki wari waburiwe irengero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuba DRC idashyigikiye kandidatire ye, kuzahatana n’Umunyekongo,…-Byinshi mu kiganiro cya Louise Mushikiwabo

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.