Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize

radiotv10by radiotv10
22/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Barashinja ubuyobozi bwa Koperative kutuzuza isezerano ry’ibyo bemeranyijweho mu myaka 15 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abantu n’ibintu ku magare bazwi nk’Abanyonzi bibumbiye muri Koperative COTRAVERWA yo mu Karere ka Rwamagana, bashinja ubuyobozi bwayo kubizeza kubishyurira ubwisungane mu kwivuza, ariko bamwe bakaba bamaze imyaka 15 batarishyurirwa na rimwe.

Bamwe muri aba banyamuryango ba Koperative COTRAVERWA ikorera mu Murenge wa Kigabiro, bavuga ko bayimazemo imyaka 15 ariko batamenya irengero ry’imisanzu yabo yagakwiye kuvamo ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante.

Itangishaka Patrick avuga ko mbere yo kwinjira muri iyi Koperative, bagaragarizwa amahirwe arimo, nko kuzishyurirwa imisansu y’ubwishingizi, ariko ko hishyirirwa bamwe kandi na bo bacye.

Ati “Mbere yo kuba umunyamuryango baragusomesha ukabibona ugakurikiza ibyo ubonyemo. Ujya usanga bafashe abantu nka batatu akaba ari bo baha Mituweri abandi ntibabahe.”

Amza Emmanuel na we yagize ati “Mazemo imyaka cumi n’itanu ntibaranyishyurira Mituweri n’umunsi n’umwe.”

Bifuza ko ubuyobozi bwa Koperative bwajya bubahuriza hamwe bukabahera rimwe uyu musanzu wa Mituelle nk’uko buba bwarabijeje ko buzajya buwubatangira.

Itangishaka Patrick ati “Twebwe ikintu tuba dushaka nk’abanyamuryango niba igihe cyo gutanga Mituweri kigeze bakadutangariza inama twese tukabona ya Mituweri kuko tuba twarinjirije Koperative bakayidutangira, ibyo ni byo byaba byiza tukamenya ngo amafaranga dutanga akanatugarukira tukamenya ngo yaratuvunnye.”

Kanamugire Olivier uyobora iyi Koperative yabwiye RADIOTV10 ko ari mushya mu nshingano ariko ko hazasuzumwa iki kibazo ndetse kigahabwa umurongo w’uburyo cyakemuka.

Ati “Bararebye basanga kuzajya bafata umunyamuryango umwe ku giti cye bikaba bitashoboka ko batangira abanyamuryango bose bumva si byo ahubwo bakazajya bagabana inyungu muri rusange. Impinduka ni uko abanyamuryango twese muri rusange tuzajya tugabana iyo nyungu ya Koperative gusa.”

Iyi Koperative ya COTRAVERWA igizwe n’abanyamuryango barenga 1 000, barimo abavuga ko ntacyo ibamariye ahubwo ko ibereyeho guteza imbere abayiyobora.

Aba banyonzi bavuga ko akazi bakora kaba karimo akaga k’impanuka ariko ko batagira ubwisungane mu kwivuza
Bavuga ko batumva icyabaye hakaba hashize imyaka 15

Bavuga ko abayobozi ari bo babikiriramo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Next Post

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Nyabihu: Barashinja umuyobozi kubabwira amagambo abakomeretsa abaziza kubaza ibyo bizejwe bakabyimwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.