Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Bavuga ko hari umukire babarutishije bituma amahirwe abaca mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
26/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Bavuga ko hari umukire babarutishije bituma amahirwe abaca mu myanya y’intoki
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturiye uruganda rwa SteelRwa ruherereye mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko abagenagaciro babariye abagomba kwimurwa, babasimbutse, bakajya kubarira umukire ufite ishyamba riri kure, mu gihe bo begereye uru ruganda.

Aba baturage bavuga ko ababarirwaga, ari abari muri metero 500 uvuye kuri uru ruganda, ariko ko abagenagaciro bazisimbutse bakajya kubarira umuturage bita umukire ufite ishyamba riri mu kilometer kimwe.

Muri Nzeri uyu mwaka Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yandikiye Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana ibusaba gufatanya mu gikorwa cyo guha no kugenera agaciro imitungo y’abaturiye Uruganda rwa SteelRwa, aho hari hashize igihe kinini bavuga ko babangamiwe n’imyotsi ituruka muri rwo.

Bamwe mu baturage bari muri izo metero zageneweho kwimurirwaho abahatuye, bavuga ko bitakozwe nk’uko bikwiye kuko abagenagaciro barenze metero zagenwe, ahubwo bajya kugurira umukire ufite ishyamba ry’inturusu inyuma y’ingo zabo.

Umwe yagize ati “Muri izo metetero magana atanu abaturage bamwe ntibarimo. Bagiye bafata ishyamaba rya Bisamaza riri muri metero igihumbi ariko byanashoboka ko ari n’umuyobozi.”

Rwabukwandi Emmanuel na we yagize ati “Abantu bagiye gufata amashyamba badutaye kandi imyotsi itumereye nabi barangiza bagafata amashyamaba bakaduca munsi. Ntabwo tureka amazi ngo tuyabone neza bajya kwifatira amashyamba y’abakire.”

Aba baturage basaba ko na bo babarirwa bakimuka kuko bakigerwaho n’ingaruka z’uru ruganda ruzamura ibyotsi bitaboroheye.

Bisamaza Privat uvugwaho kuba yarabariwe, akaba ari no ku rutonde rw’abamaze kubarirwa, yabwiye RADIOTV10 ko nta makuru afite kuri ibi.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richards Kagabo, avuga ko nk’ubuyobozi batari bazi ko byakozwe muri ubwo buryo, kandi ko abagenagaciro badakwiye gukora ibyo bishakiye ahubwo bakwiye gukurikiza amabwiriza.

Ati “Kuba rero hari abantu bari gusigara hagati muri magana atanu  na  nyuma Leta yarafashe umurongo wo kwimura abari muri metero magana atanu uvuye aho iyo myotsi izamukira aho byaba ari forode, ni ko nabivuga y’umugenagaciro washyizweho na Leta kugira ngo ibyo bintu bikorwe ni inshingano zacu kubikurikirana.”

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko mu kwimura abaturiye uru ruganda rwa SteelRwa bizakorwa mu byiciro bitatu, bizabanziriza ku mitungo y’abatuye muri Metero 500 uvuye aho uru ruganda ruherere, hakazakurikira abari muri metero 1 000 ariko bo bakazagerweaho uko uruganda ruzagenda rwaguka.

Ni abari hafi y’uruganda rwa SteelRwa
Aba baturage bavuga ko barutishijwe umukire bakamubarira nyamara we ari kure

Ishyamba ry’umukire ryabariwe kandi riri kure
Imitungo y’abaturage irasigara

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Huye: Abariraga ayo kwarika kubera ikibazo bari bamaranye amezi atandatu ubu baramwenyura

Next Post

Umusaza wahamijwe Jenoside akiyoberanya yafatiwe mu Karere kagaragayemo undi wasanzwe yihisha mu mwobo

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Umusaza wahamijwe Jenoside akiyoberanya yafatiwe mu Karere kagaragayemo undi wasanzwe yihisha mu mwobo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.