Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Bavuga ko hari umukire babarutishije bituma amahirwe abaca mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
26/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Bavuga ko hari umukire babarutishije bituma amahirwe abaca mu myanya y’intoki
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturiye uruganda rwa SteelRwa ruherereye mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko abagenagaciro babariye abagomba kwimurwa, babasimbutse, bakajya kubarira umukire ufite ishyamba riri kure, mu gihe bo begereye uru ruganda.

Aba baturage bavuga ko ababarirwaga, ari abari muri metero 500 uvuye kuri uru ruganda, ariko ko abagenagaciro bazisimbutse bakajya kubarira umuturage bita umukire ufite ishyamba riri mu kilometer kimwe.

Muri Nzeri uyu mwaka Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yandikiye Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana ibusaba gufatanya mu gikorwa cyo guha no kugenera agaciro imitungo y’abaturiye Uruganda rwa SteelRwa, aho hari hashize igihe kinini bavuga ko babangamiwe n’imyotsi ituruka muri rwo.

Bamwe mu baturage bari muri izo metero zageneweho kwimurirwaho abahatuye, bavuga ko bitakozwe nk’uko bikwiye kuko abagenagaciro barenze metero zagenwe, ahubwo bajya kugurira umukire ufite ishyamba ry’inturusu inyuma y’ingo zabo.

Umwe yagize ati “Muri izo metetero magana atanu abaturage bamwe ntibarimo. Bagiye bafata ishyamaba rya Bisamaza riri muri metero igihumbi ariko byanashoboka ko ari n’umuyobozi.”

Rwabukwandi Emmanuel na we yagize ati “Abantu bagiye gufata amashyamba badutaye kandi imyotsi itumereye nabi barangiza bagafata amashyamaba bakaduca munsi. Ntabwo tureka amazi ngo tuyabone neza bajya kwifatira amashyamba y’abakire.”

Aba baturage basaba ko na bo babarirwa bakimuka kuko bakigerwaho n’ingaruka z’uru ruganda ruzamura ibyotsi bitaboroheye.

Bisamaza Privat uvugwaho kuba yarabariwe, akaba ari no ku rutonde rw’abamaze kubarirwa, yabwiye RADIOTV10 ko nta makuru afite kuri ibi.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richards Kagabo, avuga ko nk’ubuyobozi batari bazi ko byakozwe muri ubwo buryo, kandi ko abagenagaciro badakwiye gukora ibyo bishakiye ahubwo bakwiye gukurikiza amabwiriza.

Ati “Kuba rero hari abantu bari gusigara hagati muri magana atanu  na  nyuma Leta yarafashe umurongo wo kwimura abari muri metero magana atanu uvuye aho iyo myotsi izamukira aho byaba ari forode, ni ko nabivuga y’umugenagaciro washyizweho na Leta kugira ngo ibyo bintu bikorwe ni inshingano zacu kubikurikirana.”

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko mu kwimura abaturiye uru ruganda rwa SteelRwa bizakorwa mu byiciro bitatu, bizabanziriza ku mitungo y’abatuye muri Metero 500 uvuye aho uru ruganda ruherere, hakazakurikira abari muri metero 1 000 ariko bo bakazagerweaho uko uruganda ruzagenda rwaguka.

Ni abari hafi y’uruganda rwa SteelRwa
Aba baturage bavuga ko barutishijwe umukire bakamubarira nyamara we ari kure

Ishyamba ry’umukire ryabariwe kandi riri kure
Imitungo y’abaturage irasigara

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Huye: Abariraga ayo kwarika kubera ikibazo bari bamaranye amezi atandatu ubu baramwenyura

Next Post

Umusaza wahamijwe Jenoside akiyoberanya yafatiwe mu Karere kagaragayemo undi wasanzwe yihisha mu mwobo

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Umusaza wahamijwe Jenoside akiyoberanya yafatiwe mu Karere kagaragayemo undi wasanzwe yihisha mu mwobo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.