Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Bavuze uko isoko ryagakwiye kubazanira amahirwe ryababereye nk’umuturanyi utababaniye neza

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Bavuze uko isoko ryagakwiye kubazanira amahirwe ryababereye nk’umuturanyi utababaniye neza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturiye isoko rya Ntunga mu Murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko amazi ariturukamo atacukuriwe icyobo ajyamo, bituma aruhukira mu bikorwa byabo, none ari kubasenyera, akanabangiriza ibikorwa.

Mu byo aba baturage bahurizaho, ni ugusaba ubuyobozi bw’Akarere kabatabara kagatekereza aho aya mazi yayoborwa kugira ngo areke kubangiririza ibyabo.

Kayonga Canisius ati “Ntubibona se! Iyi yari tuwareti yubatse yuzuye byatewe n’aya mazi irariduka. Akarere hari ibintu kashobora gukora baba bakwiye gukora umuyoboro w’aya mazi.”

Nzabirinda Claver ukora mu ibarizo riri hafi y’iri soko, avuga ko amazi ariturukamo aza akangiza ibikorwa bye, ku buryo bijya bimusigira igihombo.

Ati “Nkatwe tubariza hano kuri iyi ateriye, hari igihe uzana nk’akabaho hano ku igare ukagasiga ruguru iriya kuko uba utabasha kugatambutsa hano kuko haba huzuye amazi gusa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko abaturage bakwiye gufata amazi bakoresheje ibigega kuko hari n’aturuka mu nzu z’ubucuruzi.

Yavuze ko hamaze iminsi hanakorwa ubukangurambaga, bwo kumvisha abaturage ko bagomba gukora ibi bikorwa byabarinda kugarizwa n’ibi bibazo.

Ati “Twe icyo tubasaba cyane, ni ugushaka ibigega by’amazi. Ku ruhande rwacu natwe twarabibonye, Enjeniyeri wacu bamaze iminsi bahatemberera bareba icyakorwa ku buryo duteganya no kwimura umuturage.”

Abaturage baturiye iri soko, bavuga ko iki kibazo cyashakirwa umuti mu maguru mashya, kuko muri ibi bihe by’imvura, gishobora kuzateza izindi ngaruka ziremereye.

Inzu za bamwe zatangiye kwangirika
N’Ibikorwa remezo nk’imihanda ntibyorohewe

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + two =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hagiye hanze gahunda y’ingendo z’uko abanyeshuri bazataha bajya mu biruhuko

Next Post

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.