Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bagaragaza ko batanyurwa n’ibyo biga mu isomo ry’amateka ku ngingo ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, umuryango Ibuka mu Karere ka Rwamagana, urifuza ko mu gihe higishwa iri somo, uwarokotse yajya ajya kuganiriza abanyeshuri.

Abanyeshuri batifuje ko amazina yabo atangazwa, babwiye RADIOTV10 ko isomo ry’amateka riza mu masomo akomeye y’ishami biga ariko ko iyo bageze ku ngingo ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, batanyurwa.

Bavuga ko abarimu babiri babigisha isomo ry’amateka, umwe ari umunyamahanga, undi akaba Umunyarwanda, ariko bombi nta n’umwe wahagije amatsiko baba bafite ku Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umwe yagize ati “Akenshi usanga dufite amatsiko ngo byagenze gute mu 1994 ariko uko umwarimu aje akubwira Jenoside si ko undi ayikubwira. Hari n’ushobora kuyigeraho akayigira ingingo yo guseka cyangwa se akayigendesha ukuntu bidakwiye.”

Uyu munyeshuri avuga ko bitanumvikana kuba iri somo banaryigishwa n’umunyamahanga utazi aya mateka.

Ati “Ikindi kandi dushobora no kubyigishwa n’Umugande cyangwa Umunya-Kenya…ntabwo azi amateka y’iwacu, aza ahubwo akubwira ibyanditse mu bitabo kandi ibyanditse mu bitabo ari ingingo z’ingenzi bagenda bashakisha.”

Aba banyeshuri bavuga ko iyo bakurikiye bimwe mu biganiro bitangwa mu bihe byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, bumva amateka ahabanye n’ayo biga mu mashuri kuko ibyo biga mu mashuri biba ari bicye.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Dative Musabyeyezu yabwiye RADIOTV10 ko mu gihe hari gutangwa isomo ryerekeye amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, hari hakwiye kuza abatangabuhamya bazi neza aya mateka bakaza kuyaganiriza abanyeshuri.

Ati “Akaza akabwira urubyiruko bakanamubaza ibibazo hanyuma abana bakarushaho gusobanukirwa, isomo ryose rigira imfashanyigisho, numva icyo gihe ubuhamya bw’uwarokotse bwaba imfashanyigisho ikomeye muri iryo somo ry’amateka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine anenga abarimu baca ku ruhande amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko ari ugutandukira integanyanyigisho ndetse ko bari no kuroha abanyeshuri.

Avuga ko bamwe mu baca hejuru aya mateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, babiterwa no kuba baranyuze muri ibi bihe ndetse abandi yarabagizeho ingaruka bakanga ko bibahungabanya.

Ati “Kubisimbuka rero uba wimye uburenganzira uwo mwana.”

Abanyeshuri kandi bagaragaje ko hakwiye kongerwa ingendoshuri ahari amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi nko mu nzibutso n’ahansi hose habafasha kumenya byimbitse amateka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + seven =

Previous Post

Abantu 68 biganjemo abagabo baketsweho Ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo Kwibuka28

Next Post

IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.