• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bagaragaza ko batanyurwa n’ibyo biga mu isomo ry’amateka ku ngingo ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, umuryango Ibuka mu Karere ka Rwamagana, urifuza ko mu gihe higishwa iri somo, uwarokotse yajya ajya kuganiriza abanyeshuri.

Abanyeshuri batifuje ko amazina yabo atangazwa, babwiye RADIOTV10 ko isomo ry’amateka riza mu masomo akomeye y’ishami biga ariko ko iyo bageze ku ngingo ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, batanyurwa.

Bavuga ko abarimu babiri babigisha isomo ry’amateka, umwe ari umunyamahanga, undi akaba Umunyarwanda, ariko bombi nta n’umwe wahagije amatsiko baba bafite ku Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umwe yagize ati “Akenshi usanga dufite amatsiko ngo byagenze gute mu 1994 ariko uko umwarimu aje akubwira Jenoside si ko undi ayikubwira. Hari n’ushobora kuyigeraho akayigira ingingo yo guseka cyangwa se akayigendesha ukuntu bidakwiye.”

Uyu munyeshuri avuga ko bitanumvikana kuba iri somo banaryigishwa n’umunyamahanga utazi aya mateka.

Ati “Ikindi kandi dushobora no kubyigishwa n’Umugande cyangwa Umunya-Kenya…ntabwo azi amateka y’iwacu, aza ahubwo akubwira ibyanditse mu bitabo kandi ibyanditse mu bitabo ari ingingo z’ingenzi bagenda bashakisha.”

Aba banyeshuri bavuga ko iyo bakurikiye bimwe mu biganiro bitangwa mu bihe byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, bumva amateka ahabanye n’ayo biga mu mashuri kuko ibyo biga mu mashuri biba ari bicye.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Dative Musabyeyezu yabwiye RADIOTV10 ko mu gihe hari gutangwa isomo ryerekeye amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, hari hakwiye kuza abatangabuhamya bazi neza aya mateka bakaza kuyaganiriza abanyeshuri.

Ati “Akaza akabwira urubyiruko bakanamubaza ibibazo hanyuma abana bakarushaho gusobanukirwa, isomo ryose rigira imfashanyigisho, numva icyo gihe ubuhamya bw’uwarokotse bwaba imfashanyigisho ikomeye muri iryo somo ry’amateka.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine anenga abarimu baca ku ruhande amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko ari ugutandukira integanyanyigisho ndetse ko bari no kuroha abanyeshuri.

Avuga ko bamwe mu baca hejuru aya mateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, babiterwa no kuba baranyuze muri ibi bihe ndetse abandi yarabagizeho ingaruka bakanga ko bibahungabanya.

Ati “Kubisimbuka rero uba wimye uburenganzira uwo mwana.”

Abanyeshuri kandi bagaragaje ko hakwiye kongerwa ingendoshuri ahari amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi nko mu nzibutso n’ahansi hose habafasha kumenya byimbitse amateka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Abantu 68 biganjemo abagabo baketsweho Ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo Kwibuka28

Next Post

IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

IFOTO: Perezida wa Zambia yasuye abayobozi gakondo b’Abasheshakanguhe abagaragariza icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.