Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bemerewe Imbabura zirondereza inkwi, babwirwa ko bazazihabwa ku buntu, ariko ko ntawayihabwaga atishyuye igihumbi.

Ni abaturage bo mu Kagari ka Sibagire muri uyu Murenge wa Kigabiro, bavuga ko izi mbabura za rondereza baherutse kuzihabwa, ariko ko ko utari ufite ayo mafaranga atayicyuraga, mu gihe babwirwaga ko bazazihererwa ubuntu.

Mukabagire Berthe ati “Baratubwiye ngo tujye gufata Imbabura, umuntu akagenda ajyanye n’irangamuntu. Ntabwo twari tuzi ibyo ari byo twarayatangaga gusa.”

Aba baturage bavuga ko batumva impamvu bishyujwe aya mafaranga, nyamara barumvise ko mu tundi Tugari barazihawe nta n’igiceri cy’atanu batanze.

Undi ati “Sinzi impamvu twebwe bagomba kuduca amafaranga. Ntibabanje kudusobanurira niba ari ay’undi musanzu, ntabwo tubizi.”

Ndayambaje Prince Emmanuel uyobra Umushinga Green shelter watanze izi mbabura, yemera ko aba baturage batswe aya mafaranga igihumbi, nk’uruhare rwabo kuko ubusanzwe iyi mbabura igura ibuhumbi 12 Frw, mu gihe Leta yabishyuriye 90%.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Umutoni Jeanne, avuga ko nta muturage ukwiye kwishyura amafaranga muri iyi gahunda. Ati “Icyo mpamya nta mafaranga abamo.”

Mu myata itatu ishize, u Rwanda rwihaye intego ko uyu mwaka wa 2024 ruzaba rwagabanyije ikoreshwa ry’inkwi n’amakara bikagera kuri 42% bivuye kuri 80%.

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Banki y’Amajyambere y’u Rwanda, yashyizeho amafaranga arenga miliyari 20 Frw ya nkunganire ku bifuza kugura amashyiga arondereza ibicanwa ndetse n’akoresha Gaz n’amashanyarazi.

Iyi gahunda ya nkunganire ku bifuza ayo mashyiga izamara imyaka itanu, aho yatangiye muri 2021 ikazarangira muri 2025, ahari intego ko izarangira abagera ku bihumbi 500 bunganiwe ku kiguzi cy’ayo mashyiga buri wese azifuza bitewe n’icyiciro abarizwamo.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel

Next Post

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

Related Posts

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

IZIHERUKA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo
MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n'ibyo barwaniraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.