Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bemerewe Imbabura zirondereza inkwi, babwirwa ko bazazihabwa ku buntu, ariko ko ntawayihabwaga atishyuye igihumbi.

Ni abaturage bo mu Kagari ka Sibagire muri uyu Murenge wa Kigabiro, bavuga ko izi mbabura za rondereza baherutse kuzihabwa, ariko ko ko utari ufite ayo mafaranga atayicyuraga, mu gihe babwirwaga ko bazazihererwa ubuntu.

Mukabagire Berthe ati “Baratubwiye ngo tujye gufata Imbabura, umuntu akagenda ajyanye n’irangamuntu. Ntabwo twari tuzi ibyo ari byo twarayatangaga gusa.”

Aba baturage bavuga ko batumva impamvu bishyujwe aya mafaranga, nyamara barumvise ko mu tundi Tugari barazihawe nta n’igiceri cy’atanu batanze.

Undi ati “Sinzi impamvu twebwe bagomba kuduca amafaranga. Ntibabanje kudusobanurira niba ari ay’undi musanzu, ntabwo tubizi.”

Ndayambaje Prince Emmanuel uyobra Umushinga Green shelter watanze izi mbabura, yemera ko aba baturage batswe aya mafaranga igihumbi, nk’uruhare rwabo kuko ubusanzwe iyi mbabura igura ibuhumbi 12 Frw, mu gihe Leta yabishyuriye 90%.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Umutoni Jeanne, avuga ko nta muturage ukwiye kwishyura amafaranga muri iyi gahunda. Ati “Icyo mpamya nta mafaranga abamo.”

Mu myata itatu ishize, u Rwanda rwihaye intego ko uyu mwaka wa 2024 ruzaba rwagabanyije ikoreshwa ry’inkwi n’amakara bikagera kuri 42% bivuye kuri 80%.

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Banki y’Amajyambere y’u Rwanda, yashyizeho amafaranga arenga miliyari 20 Frw ya nkunganire ku bifuza kugura amashyiga arondereza ibicanwa ndetse n’akoresha Gaz n’amashanyarazi.

Iyi gahunda ya nkunganire ku bifuza ayo mashyiga izamara imyaka itanu, aho yatangiye muri 2021 ikazarangira muri 2025, ahari intego ko izarangira abagera ku bihumbi 500 bunganiwe ku kiguzi cy’ayo mashyiga buri wese azifuza bitewe n’icyiciro abarizwamo.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel

Next Post

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n'ibyo barwaniraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.