Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bemerewe Imbabura zirondereza inkwi, babwirwa ko bazazihabwa ku buntu, ariko ko ntawayihabwaga atishyuye igihumbi.

Ni abaturage bo mu Kagari ka Sibagire muri uyu Murenge wa Kigabiro, bavuga ko izi mbabura za rondereza baherutse kuzihabwa, ariko ko ko utari ufite ayo mafaranga atayicyuraga, mu gihe babwirwaga ko bazazihererwa ubuntu.

Mukabagire Berthe ati “Baratubwiye ngo tujye gufata Imbabura, umuntu akagenda ajyanye n’irangamuntu. Ntabwo twari tuzi ibyo ari byo twarayatangaga gusa.”

Aba baturage bavuga ko batumva impamvu bishyujwe aya mafaranga, nyamara barumvise ko mu tundi Tugari barazihawe nta n’igiceri cy’atanu batanze.

Undi ati “Sinzi impamvu twebwe bagomba kuduca amafaranga. Ntibabanje kudusobanurira niba ari ay’undi musanzu, ntabwo tubizi.”

Ndayambaje Prince Emmanuel uyobra Umushinga Green shelter watanze izi mbabura, yemera ko aba baturage batswe aya mafaranga igihumbi, nk’uruhare rwabo kuko ubusanzwe iyi mbabura igura ibuhumbi 12 Frw, mu gihe Leta yabishyuriye 90%.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Umutoni Jeanne, avuga ko nta muturage ukwiye kwishyura amafaranga muri iyi gahunda. Ati “Icyo mpamya nta mafaranga abamo.”

Mu myata itatu ishize, u Rwanda rwihaye intego ko uyu mwaka wa 2024 ruzaba rwagabanyije ikoreshwa ry’inkwi n’amakara bikagera kuri 42% bivuye kuri 80%.

Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Banki y’Amajyambere y’u Rwanda, yashyizeho amafaranga arenga miliyari 20 Frw ya nkunganire ku bifuza kugura amashyiga arondereza ibicanwa ndetse n’akoresha Gaz n’amashanyarazi.

Iyi gahunda ya nkunganire ku bifuza ayo mashyiga izamara imyaka itanu, aho yatangiye muri 2021 ikazarangira muri 2025, ahari intego ko izarangira abagera ku bihumbi 500 bunganiwe ku kiguzi cy’ayo mashyiga buri wese azifuza bitewe n’icyiciro abarizwamo.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel

Next Post

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n'ibyo barwaniraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.