Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: SACCO yabahamagaye ibishyuza inguzanyo ya Miliyoni bagwa mu kantu kuko batayizi

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA
0
Rwamagana: SACCO yabahamagaye ibishyuza inguzanyo ya Miliyoni bagwa mu kantu kuko batayizi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage 10 bo mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko baguye mu kantu nyuma y’uko ubuyobozi bwa SACCO bubahamagaye bubishyuza inguzanyo ya Miliyoni 1.3 Frw nyamara bose nta n’umwe uzi igihe yakiwe.

Uko aria bantu 10, bose bavuga ko amakuru y’iyi nguzanyo bari kwishyuzwa na SACCO-Munyaga bayamenye ubwo bahamagarwaga bayishyuzwa.

Umwe muri aba baturage witwa Mukamisha, yabwiye RADIOTV10 ko mu gitondo kimwe yabyutse ahamagarwa n’ubuyobozi bwa SACCO bumubwira ko ari mu bagomba kwishyura iyi nguzanyo.

Yahise afata inzira ajya kubaza iby’iyi nguzanyo kuko ari ubwa mbere byari bimuguye mu gutwi, akizamuka ahura n’abandi baje kumureba ngo bajyane kubaza iby’iki kibazo.

Aba baturage bavuga ko bahamagawe babwirwa ko bagiye guterezwa cyamunara kubera kutishyura iyi nguzanyo, nyamara ku myirondoro y’abatse iyi nguzanyo harashyizweho amakuru yabitiriwe batazi.

Umwe ati “Nabonyeho nimero ya telephone ntigeze ntunga, baransinyiye na sinya si iyanjye, ikintu kiriho nemera ni nimero y’irangamuntu kuko ndi umunyamuryango wa SACCO, niba barabikuye hano muri SACCO ntabwo mbizi.”

Uyu muturage avuga ko kuva yabaho ataraka inguzanyo n’imwe. Ati “Sindafata amafaranga ya Leta wenda ngo nguze ngo mbure ubwishyu ariko nanayagujije.”

Aba baturage basabwa kwishyura Miliyoni 1,3 bafatanyije, bavuga ko barambiwe gusiragira bajya gusobanura iby’iki kibazo cy’umwenda batariye, bibahangayikishije.

Bavuga ko aya mafaranga yahawe umuntu umwe witwa Jeannette, bakanenga ubuyobozi bwa SACCO bwemeye kuyamuha mu izina ry’aba bantu 10 butababona.

Undi muturage ati “Uwo muntu Jeannette ngo yafashe amafaranga ayaha Jules, narabajije ngo ‘ko wayafashe ukayaha Jules, yari yanditse muri urwo rutonde?’ ati ‘Oya’ ati ‘Yarantegetse ngo nyamuhe’.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga, Mukashyaka Chantal avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo niba harimo uwakoze uburiganya abiryozwa.

Ati “Ntabwo dushobora kwemera ko hari ugira icyo yitwaza ngo arenganye umuturage.”

Amakuru avuga ko uwahawe aya mafaranga witwa Jules ashobora kuba yaramaze no kuva mu Rwanda akaba yarahungiye muri kimwe mu Bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 4 =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho kwiyita Umupolisi akaka umuturage hafi Miliyoni 3Frw amubeshya kuzamuha ‘Permis’

Next Post

Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.