Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: SACCO yabahamagaye ibishyuza inguzanyo ya Miliyoni bagwa mu kantu kuko batayizi

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA
0
Rwamagana: SACCO yabahamagaye ibishyuza inguzanyo ya Miliyoni bagwa mu kantu kuko batayizi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage 10 bo mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko baguye mu kantu nyuma y’uko ubuyobozi bwa SACCO bubahamagaye bubishyuza inguzanyo ya Miliyoni 1.3 Frw nyamara bose nta n’umwe uzi igihe yakiwe.

Uko aria bantu 10, bose bavuga ko amakuru y’iyi nguzanyo bari kwishyuzwa na SACCO-Munyaga bayamenye ubwo bahamagarwaga bayishyuzwa.

Umwe muri aba baturage witwa Mukamisha, yabwiye RADIOTV10 ko mu gitondo kimwe yabyutse ahamagarwa n’ubuyobozi bwa SACCO bumubwira ko ari mu bagomba kwishyura iyi nguzanyo.

Yahise afata inzira ajya kubaza iby’iyi nguzanyo kuko ari ubwa mbere byari bimuguye mu gutwi, akizamuka ahura n’abandi baje kumureba ngo bajyane kubaza iby’iki kibazo.

Aba baturage bavuga ko bahamagawe babwirwa ko bagiye guterezwa cyamunara kubera kutishyura iyi nguzanyo, nyamara ku myirondoro y’abatse iyi nguzanyo harashyizweho amakuru yabitiriwe batazi.

Umwe ati “Nabonyeho nimero ya telephone ntigeze ntunga, baransinyiye na sinya si iyanjye, ikintu kiriho nemera ni nimero y’irangamuntu kuko ndi umunyamuryango wa SACCO, niba barabikuye hano muri SACCO ntabwo mbizi.”

Uyu muturage avuga ko kuva yabaho ataraka inguzanyo n’imwe. Ati “Sindafata amafaranga ya Leta wenda ngo nguze ngo mbure ubwishyu ariko nanayagujije.”

Aba baturage basabwa kwishyura Miliyoni 1,3 bafatanyije, bavuga ko barambiwe gusiragira bajya gusobanura iby’iki kibazo cy’umwenda batariye, bibahangayikishije.

Bavuga ko aya mafaranga yahawe umuntu umwe witwa Jeannette, bakanenga ubuyobozi bwa SACCO bwemeye kuyamuha mu izina ry’aba bantu 10 butababona.

Undi muturage ati “Uwo muntu Jeannette ngo yafashe amafaranga ayaha Jules, narabajije ngo ‘ko wayafashe ukayaha Jules, yari yanditse muri urwo rutonde?’ ati ‘Oya’ ati ‘Yarantegetse ngo nyamuhe’.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga, Mukashyaka Chantal avuga ko bagiye gukurikirana iki kibazo kugira ngo niba harimo uwakoze uburiganya abiryozwa.

Ati “Ntabwo dushobora kwemera ko hari ugira icyo yitwaza ngo arenganye umuturage.”

Amakuru avuga ko uwahawe aya mafaranga witwa Jules ashobora kuba yaramaze no kuva mu Rwanda akaba yarahungiye muri kimwe mu Bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 9 =

Previous Post

Umugore akurikiranyweho kwiyita Umupolisi akaka umuturage hafi Miliyoni 3Frw amubeshya kuzamuha ‘Permis’

Next Post

Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Muhoozi yatangaje Miss wo mu Rwanda uzitabira ibirori by’isabukuru ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.