Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanye n’umukecuru w’imyaka 102 wo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, baramutabariza kubera icyuma gisya ibinyampeke cyashyizwe hagati mu ngo z’abaturage, bavuga ko gishobora kugira ingaruka ku buzima bwe kuko na bo kitaboroheye kandi bafite imbaraga.

Ni icyuma gisya ibinyampeke birimo amasaka, giherereye mu Mudugudu w’Umubuga mu Kagari ya Mabare mu Murenge wa Rubona, aho abagituriye bavuga ko kiri mu ngo rwagati.

Umunyamakuru wasuye uyu mukecuru witwa Nyirababi Steria ugeze mu za bukuru, yamubwiye impungenge afite kubera iki cyuma, mu magambo macye, agira ati “Kinzoyonga umutima.”

Abaturanyi be na bo bavuga ko batorohewe n’urusaku rw’iki cyuma, ariko bakavuga ko ubateye impungenge kurshaho, ari uyu mukecuru.

Umwe mu bo mu muryango we yagize ati “Nkatwe tumurwaza nk’iyo cyatse ukabona arashidutse ati ‘ndapfuye we muntabare’ urumva ni ikibazo.”

Aba baturage kandi bavuga ko iki cyuma giteza ibibazo, ku buryo gishobora kubasenyera mu gihe hatagira igikorwa ngo cyimurwe.

Undi ati “Biteza amazu gutigita kuko bikoreshwa n’imbaraga nyinshi iyo bihinda. Nk’ubu bagishituriya hano urwara umutima byonyine wanakikanga. Birenze rero kuri uyu mukecuru ugeze mu myaka ijana na n’ibindi bindi.”

Ni mu gihe Dorcella Nyirabajyambere ukodesha iki cyuma gisya, we avuga ko kitabangamye ndetse ko n’ibivugwa ko kibangamiye uyu mukecuru atari byo.

Yagize ati “Ko amaze imyaka ine mu nzu, icyuma kikaba kimaze hafi amezi atatu hari ingaruka byigeze bimuteza? Ntacyo kibangamyeho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubona, Mukashyaka Chantal avuga ko ubuyobozi bugiye gusuzuma imiterere y’iki kibazo kugira ngo gikemuke. Ati “Nzahagera ndebe uko ngikemura icyo kiroroshye.”

Iki cyuma cyashyizwe mu ngo rwagati z’abaturage kibabuza amahoro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + thirteen =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame n’abayobozi bari kumwe bakatanye umutsima (Cake) ku isabukuru ye

Next Post

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab'ahandi ibagusha mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.