Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanye n’umukecuru w’imyaka 102 wo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, baramutabariza kubera icyuma gisya ibinyampeke cyashyizwe hagati mu ngo z’abaturage, bavuga ko gishobora kugira ingaruka ku buzima bwe kuko na bo kitaboroheye kandi bafite imbaraga.

Ni icyuma gisya ibinyampeke birimo amasaka, giherereye mu Mudugudu w’Umubuga mu Kagari ya Mabare mu Murenge wa Rubona, aho abagituriye bavuga ko kiri mu ngo rwagati.

Umunyamakuru wasuye uyu mukecuru witwa Nyirababi Steria ugeze mu za bukuru, yamubwiye impungenge afite kubera iki cyuma, mu magambo macye, agira ati “Kinzoyonga umutima.”

Abaturanyi be na bo bavuga ko batorohewe n’urusaku rw’iki cyuma, ariko bakavuga ko ubateye impungenge kurshaho, ari uyu mukecuru.

Umwe mu bo mu muryango we yagize ati “Nkatwe tumurwaza nk’iyo cyatse ukabona arashidutse ati ‘ndapfuye we muntabare’ urumva ni ikibazo.”

Aba baturage kandi bavuga ko iki cyuma giteza ibibazo, ku buryo gishobora kubasenyera mu gihe hatagira igikorwa ngo cyimurwe.

Undi ati “Biteza amazu gutigita kuko bikoreshwa n’imbaraga nyinshi iyo bihinda. Nk’ubu bagishituriya hano urwara umutima byonyine wanakikanga. Birenze rero kuri uyu mukecuru ugeze mu myaka ijana na n’ibindi bindi.”

Ni mu gihe Dorcella Nyirabajyambere ukodesha iki cyuma gisya, we avuga ko kitabangamye ndetse ko n’ibivugwa ko kibangamiye uyu mukecuru atari byo.

Yagize ati “Ko amaze imyaka ine mu nzu, icyuma kikaba kimaze hafi amezi atatu hari ingaruka byigeze bimuteza? Ntacyo kibangamyeho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubona, Mukashyaka Chantal avuga ko ubuyobozi bugiye gusuzuma imiterere y’iki kibazo kugira ngo gikemuke. Ati “Nzahagera ndebe uko ngikemura icyo kiroroshye.”

Iki cyuma cyashyizwe mu ngo rwagati z’abaturage kibabuza amahoro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame n’abayobozi bari kumwe bakatanye umutsima (Cake) ku isabukuru ye

Next Post

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Related Posts

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe
MU RWANDA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab'ahandi ibagusha mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.