Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturanye n’umukecuru w’imyaka 102 wo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, baramutabariza kubera icyuma gisya ibinyampeke cyashyizwe hagati mu ngo z’abaturage, bavuga ko gishobora kugira ingaruka ku buzima bwe kuko na bo kitaboroheye kandi bafite imbaraga.

Ni icyuma gisya ibinyampeke birimo amasaka, giherereye mu Mudugudu w’Umubuga mu Kagari ya Mabare mu Murenge wa Rubona, aho abagituriye bavuga ko kiri mu ngo rwagati.

Umunyamakuru wasuye uyu mukecuru witwa Nyirababi Steria ugeze mu za bukuru, yamubwiye impungenge afite kubera iki cyuma, mu magambo macye, agira ati “Kinzoyonga umutima.”

Abaturanyi be na bo bavuga ko batorohewe n’urusaku rw’iki cyuma, ariko bakavuga ko ubateye impungenge kurshaho, ari uyu mukecuru.

Umwe mu bo mu muryango we yagize ati “Nkatwe tumurwaza nk’iyo cyatse ukabona arashidutse ati ‘ndapfuye we muntabare’ urumva ni ikibazo.”

Aba baturage kandi bavuga ko iki cyuma giteza ibibazo, ku buryo gishobora kubasenyera mu gihe hatagira igikorwa ngo cyimurwe.

Undi ati “Biteza amazu gutigita kuko bikoreshwa n’imbaraga nyinshi iyo bihinda. Nk’ubu bagishituriya hano urwara umutima byonyine wanakikanga. Birenze rero kuri uyu mukecuru ugeze mu myaka ijana na n’ibindi bindi.”

Ni mu gihe Dorcella Nyirabajyambere ukodesha iki cyuma gisya, we avuga ko kitabangamye ndetse ko n’ibivugwa ko kibangamiye uyu mukecuru atari byo.

Yagize ati “Ko amaze imyaka ine mu nzu, icyuma kikaba kimaze hafi amezi atatu hari ingaruka byigeze bimuteza? Ntacyo kibangamyeho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubona, Mukashyaka Chantal avuga ko ubuyobozi bugiye gusuzuma imiterere y’iki kibazo kugira ngo gikemuke. Ati “Nzahagera ndebe uko ngikemura icyo kiroroshye.”

Iki cyuma cyashyizwe mu ngo rwagati z’abaturage kibabuza amahoro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame n’abayobozi bari kumwe bakatanye umutsima (Cake) ku isabukuru ye

Next Post

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab'ahandi ibagusha mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.