Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu Rwanda, bishimira iterambere bakomeje kugezwaho n’iki gihingwa, ariko babona ritari ku rwego ryagakwiye kuba ririho iyo hatabaho inzitizi zirimo iz’ikiguzi kigihaniste cy’ifumbire bakoresha, gituma ubu umusaruro babona ukiri kuri 50% y’uwo bifuza.

Tariki 21 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’icyayi. Abahinga iki gihingwa bo mu Ntara y’Iburengerazuba bavuga ko hari intambwe kimaze kubagezaho mu mibereho yabo, ariko bagifite n’inzitizi.

Umwe mu bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero waganiriye na RADIOTV10, yavuze ko kwagura ubuso buhinzeho icyayi, bibasaba gushyiramo ifumbire nyinshi, ariko ko benshi batabishobora kubera ikiguzi cyayo kigihanitse, kuko ikilo kimwe kigura 835 Frw.

Ati “Iza ku giciro gihenze ku buryo ari imbogamizi ku muhinzi, bibaye byiza bakadushakira nkunganire na yo yunganira abahinzi b’icyayi mu kugira ngo ikiguzi cy’ifumbire kigabanuke cyangwa se banoroherwe kwishyura byaba byiza kurushaho.”

Ikibazo cy’ifumbire ihenze kandi kinagaragazwa n’umuyobozi w’Urugaga rw’Amakoperative y’abahinzi b’icyayi mu Rwanda, Nkurikiyinka Jean Nepo uvuga ko ari kimwe mu bituma kugeza ubu bakiri kuri 50% ku cyifuzo cyabo cyo kweza toni 12 z’icyayi ku mwaka, kuri buri hegitari gihinzweho.

Ati “Ni impamvu nyinshi zatuma umusaruro uzamuka ariko ku ifumbire yo birazwi neza ifumbire dutera, abahinzi b’icyayi sinavuga ngo irahagije ariko ni ifumbire ituma umusaruro uzamuka.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi NAEB, Urujeni Sandrine avuga ko koko ibiciro by’ifumbire byazamutse ndetse Leta ishyiramo inkunga igaragara ariko ko ikibaraje inshinga ari ugushaka amasoko meza atuma abahinzi bagurisha icyayi cyabo ku giciro cyiza bakabasha kwigura inyongeramusaruro.

Ati “Nkunganire ntabwo aba ari cyo tuba twifuza, kuko icyayi kiri mu bihingwa ngengabukungu, ntabwo twakigereranya n’ibindi byo kurya ahubwo kizana amafaranga cyagakwiye no gufasha ibindi bihingwa umuhinzi afite, rero icyo turi gukora ahubwo ni ukureba ngo turebe uburyo twakongera agaciro k’icyayi cyacu kuko iyo ukoze cyiza ukabona amafaranga menshi agufasha no kugura za nyongeramusaruro. Aho rero niho turi gushyira imbaraga cyane kugira ngo tube twashaka amasoko meza.”

Amateka agaragaza ko icyayi cyahinzwe bwa mbere mu Rwanda mu 1952. Kugeza ubu abagihinga babarirwa mu bihumbi 51 babarirwa mu makoperative 21, bakaba barinjirije Igihugu miliyoni 107 $ mu mwaka wa 2022-2023.

Perezida w’Urugaga rw’amakoperative y’abahinzi b’icyayi avuga igiciro cy’ifumbiri kiri hejuru cyane
Gusa ngo iki gihingwa cyabo gikomeje kubateza imbere

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 7 =

Previous Post

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Next Post

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.