Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu Rwanda, bishimira iterambere bakomeje kugezwaho n’iki gihingwa, ariko babona ritari ku rwego ryagakwiye kuba ririho iyo hatabaho inzitizi zirimo iz’ikiguzi kigihaniste cy’ifumbire bakoresha, gituma ubu umusaruro babona ukiri kuri 50% y’uwo bifuza.

Tariki 21 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’icyayi. Abahinga iki gihingwa bo mu Ntara y’Iburengerazuba bavuga ko hari intambwe kimaze kubagezaho mu mibereho yabo, ariko bagifite n’inzitizi.

Umwe mu bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero waganiriye na RADIOTV10, yavuze ko kwagura ubuso buhinzeho icyayi, bibasaba gushyiramo ifumbire nyinshi, ariko ko benshi batabishobora kubera ikiguzi cyayo kigihanitse, kuko ikilo kimwe kigura 835 Frw.

Ati “Iza ku giciro gihenze ku buryo ari imbogamizi ku muhinzi, bibaye byiza bakadushakira nkunganire na yo yunganira abahinzi b’icyayi mu kugira ngo ikiguzi cy’ifumbire kigabanuke cyangwa se banoroherwe kwishyura byaba byiza kurushaho.”

Ikibazo cy’ifumbire ihenze kandi kinagaragazwa n’umuyobozi w’Urugaga rw’Amakoperative y’abahinzi b’icyayi mu Rwanda, Nkurikiyinka Jean Nepo uvuga ko ari kimwe mu bituma kugeza ubu bakiri kuri 50% ku cyifuzo cyabo cyo kweza toni 12 z’icyayi ku mwaka, kuri buri hegitari gihinzweho.

Ati “Ni impamvu nyinshi zatuma umusaruro uzamuka ariko ku ifumbire yo birazwi neza ifumbire dutera, abahinzi b’icyayi sinavuga ngo irahagije ariko ni ifumbire ituma umusaruro uzamuka.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi NAEB, Urujeni Sandrine avuga ko koko ibiciro by’ifumbire byazamutse ndetse Leta ishyiramo inkunga igaragara ariko ko ikibaraje inshinga ari ugushaka amasoko meza atuma abahinzi bagurisha icyayi cyabo ku giciro cyiza bakabasha kwigura inyongeramusaruro.

Ati “Nkunganire ntabwo aba ari cyo tuba twifuza, kuko icyayi kiri mu bihingwa ngengabukungu, ntabwo twakigereranya n’ibindi byo kurya ahubwo kizana amafaranga cyagakwiye no gufasha ibindi bihingwa umuhinzi afite, rero icyo turi gukora ahubwo ni ukureba ngo turebe uburyo twakongera agaciro k’icyayi cyacu kuko iyo ukoze cyiza ukabona amafaranga menshi agufasha no kugura za nyongeramusaruro. Aho rero niho turi gushyira imbaraga cyane kugira ngo tube twashaka amasoko meza.”

Amateka agaragaza ko icyayi cyahinzwe bwa mbere mu Rwanda mu 1952. Kugeza ubu abagihinga babarirwa mu bihumbi 51 babarirwa mu makoperative 21, bakaba barinjirije Igihugu miliyoni 107 $ mu mwaka wa 2022-2023.

Perezida w’Urugaga rw’amakoperative y’abahinzi b’icyayi avuga igiciro cy’ifumbiri kiri hejuru cyane
Gusa ngo iki gihingwa cyabo gikomeje kubateza imbere

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Next Post

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba
AMAHANGA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.