Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu Rwanda, bishimira iterambere bakomeje kugezwaho n’iki gihingwa, ariko babona ritari ku rwego ryagakwiye kuba ririho iyo hatabaho inzitizi zirimo iz’ikiguzi kigihaniste cy’ifumbire bakoresha, gituma ubu umusaruro babona ukiri kuri 50% y’uwo bifuza.

Tariki 21 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’icyayi. Abahinga iki gihingwa bo mu Ntara y’Iburengerazuba bavuga ko hari intambwe kimaze kubagezaho mu mibereho yabo, ariko bagifite n’inzitizi.

Umwe mu bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero waganiriye na RADIOTV10, yavuze ko kwagura ubuso buhinzeho icyayi, bibasaba gushyiramo ifumbire nyinshi, ariko ko benshi batabishobora kubera ikiguzi cyayo kigihanitse, kuko ikilo kimwe kigura 835 Frw.

Ati “Iza ku giciro gihenze ku buryo ari imbogamizi ku muhinzi, bibaye byiza bakadushakira nkunganire na yo yunganira abahinzi b’icyayi mu kugira ngo ikiguzi cy’ifumbire kigabanuke cyangwa se banoroherwe kwishyura byaba byiza kurushaho.”

Ikibazo cy’ifumbire ihenze kandi kinagaragazwa n’umuyobozi w’Urugaga rw’Amakoperative y’abahinzi b’icyayi mu Rwanda, Nkurikiyinka Jean Nepo uvuga ko ari kimwe mu bituma kugeza ubu bakiri kuri 50% ku cyifuzo cyabo cyo kweza toni 12 z’icyayi ku mwaka, kuri buri hegitari gihinzweho.

Ati “Ni impamvu nyinshi zatuma umusaruro uzamuka ariko ku ifumbire yo birazwi neza ifumbire dutera, abahinzi b’icyayi sinavuga ngo irahagije ariko ni ifumbire ituma umusaruro uzamuka.”

Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi NAEB, Urujeni Sandrine avuga ko koko ibiciro by’ifumbire byazamutse ndetse Leta ishyiramo inkunga igaragara ariko ko ikibaraje inshinga ari ugushaka amasoko meza atuma abahinzi bagurisha icyayi cyabo ku giciro cyiza bakabasha kwigura inyongeramusaruro.

Ati “Nkunganire ntabwo aba ari cyo tuba twifuza, kuko icyayi kiri mu bihingwa ngengabukungu, ntabwo twakigereranya n’ibindi byo kurya ahubwo kizana amafaranga cyagakwiye no gufasha ibindi bihingwa umuhinzi afite, rero icyo turi gukora ahubwo ni ukureba ngo turebe uburyo twakongera agaciro k’icyayi cyacu kuko iyo ukoze cyiza ukabona amafaranga menshi agufasha no kugura za nyongeramusaruro. Aho rero niho turi gushyira imbaraga cyane kugira ngo tube twashaka amasoko meza.”

Amateka agaragaza ko icyayi cyahinzwe bwa mbere mu Rwanda mu 1952. Kugeza ubu abagihinga babarirwa mu bihumbi 51 babarirwa mu makoperative 21, bakaba barinjirije Igihugu miliyoni 107 $ mu mwaka wa 2022-2023.

Perezida w’Urugaga rw’amakoperative y’abahinzi b’icyayi avuga igiciro cy’ifumbiri kiri hejuru cyane
Gusa ngo iki gihingwa cyabo gikomeje kubateza imbere

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Next Post

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.