Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

radiotv10by radiotv10
14/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rwanda: Hasobanuwe intandaro yo guta muri yombi abarimo Ababikira babiri

Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyifashishijwe ariko ntihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’Ikigo cy’Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyi-Ngiro cyitiriwe Mutagatifu Christopher (Saint Christopher TVET) cyo mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, barimo ababikira babiri, batawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri wigaga muri iri shuri.

Aba bayobora ishuri rya Saint Christopher TVET, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, aho bacumbikiwe kuri Sitasiyo ebyiri; iya Mukarange n’iya Fumbwe.

Abafunzwe barimo usanzwe ari Umuyobozi w’iri shuri, akaba ari n’umubikira, Soeur Kasine Marcianne, hakaba ushinzwe imyitwarire y’Abanyeshuri bose na we usanzwe ari uwihayimana, Soeur Ingabire Marie Chantal.

Abandi batawe muri yombi, ni ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri b’abakobwa, Iribagiza Benigne, ndetse na Mpambara Jean Baptiste ushinzwe icungamutungo muri iki kigo cy’ishuri.

Batawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umwe mu banyeshuri biga muri iri shuri rya Saint Christopher TVET, witabye Imana nyuma yo kunywa ikigage bahawe n’iri shuri, bikekwa ko ari cyo cyamuhitanye, kuko hari n’abandi barwaye.

Amakuru yo guta muri yombi aba bayobozi b’iri shuri, yanemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wavuze ko bafunzwe kugira ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati “bafunzwe mu rwego rw’iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rw’uyu mwana n’abandi bakaba barwaye. Umubiri w’uwitabye Imana wajyanywe muri Rwanda Forensic Institute kugira ngo hakorwe isuzumwa.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko aba bayobozi ba ririya shuri, bari mu maboko y’uru rwego mu gihe hagikorwa dosiye kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 18 =

Previous Post

Impaka zabaye nyinshi muri America kubera ibyemezo bya Trump nyuma y’intsinzi

Next Post

Amajyepfo: Abayobozi baratungwa agatoki mu bikorwa bitemewe bijya binahitana ubuzima bw’abaturage

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

by radiotv10
19/09/2025
0

One of the most beautiful  events in the life of a human being is a wedding. It has traditionally been...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

IZIHERUKA

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura
AMAHANGA

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

by radiotv10
19/09/2025
0

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amajyepfo: Abayobozi baratungwa agatoki mu bikorwa bitemewe bijya binahitana ubuzima bw’abaturage

Amajyepfo: Abayobozi baratungwa agatoki mu bikorwa bitemewe bijya binahitana ubuzima bw’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.