• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Nyuma y’icyumweru abandi bantu bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu zisa

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in MU RWANDA
0
Rwanda: Nyuma y’icyumweru abandi bantu bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu zisa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe mu Karere ka Burera hari abantu barenga 40 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera byakekwaga ko bwarimo umwanda, mu Karere ka Gicumbi gahana imbibi n’aka, na ho hari abantu barenga 70 byabayeho.

Mu mpera z’icyumweru kibanziriza igishize, ku wa Gatandatu tariki 30 Nzeri 2023 mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, havuzwe abantu 44 bajyanywe kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera mu birori by’umubatizo bari batashye, bukabagwa nabi.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ku wa Gatandatu tariki 07 Ukwakira 2023, abantu 79 bajyanywe na bo kwa muganga nyuma yo kunywa ubushera mu bukwe bwari bwacyujwe mu Mudugudu wa Bitoma mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi.

Muri aba bagizweho ingaruka n’ubu bushera, harimo abagore 43 n’abagabo 36, barimo abari bajyanywe mu Bitaro bya Byumba ndetse no mu Kigo Nderabuzima cya Kivune.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruvune, Beningoma Oscar, uvuga ko abari bajyanywe ku Bitaro bikuru bya Byumba bari 50, mu gihe abandi 23 bari bajyanywe ku Kigo Ndebuzima, gusa bamwe bakaba basezerewe bakaba bari gufatira imiti mu rugo.

Beningoma uvuga ko “Ku Bufatanye n’ibitaro na RIB hafashwe ibimenyetso bw’ibyakoreshejwe mu bukwe byose, yaba ibiribwa cyangwa ubushera, kuko abarwaye bavugaga ko banyweye ubushera.”

Uyu muyobozi avuga ko hakekwa umwanda, ariko ko ibizava muri ibyo bizamini, ari byo bizagaragaza icyateye aba baturage kugubwa nabi n’ubwo bushera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eight =

Previous Post

Cameroon: Ibiza byabaye mu ijoro abantu baryamye byasigiye benshi amarira

Next Post

Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba

Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n'icyo irusaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.