Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Burundi: Kuki ifungurwa ry’imipaka ryagirwa ubwiru?- Icyo impuguke ibivugaho

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rwanda&Burundi: Kuki ifungurwa ry’imipaka ryagirwa ubwiru?- Icyo impuguke ibivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bya Politiki mpuzamahanga, ivuga ko mu gihe imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi yaba yarafunguwe ariko impande zombi zigakomeza kubigira ibanga, bishobora gutera urujijo bigatuma umusaruro wari kuva mu rujya n’uruza utaboneka.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, hatangiye gucicikana amakuru y’ifungurwa ry’imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi.

Ni amakuru yanemejwe n’umwe mu bayobozi bakomeye mu Burundi, wabwiye BBC ko abambuka imipaka hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, bazajya babikora bisanzuye.

Yagize ati “Impushya ntabwo zigisabwa. Abantu bazajya bambuka bisanzuye.” 

Gusa Umuvugizi wa Perezida w’u Burundi, Alain Diomède Nzeyimana yahakanye aya makuru, avuga ko gufungura imipaka ihuza u Burundi n’u Rwanda bidashoboka mu gihe ubuyobozi bw’i Kigali budakoze ibyo bwasabwe n’u Burundi.

Yagize ati “Ibyo kubana aha ku mipaka murabizi ko abantu bagenda n’amabisi aragenda ariko imigenderanire nyayo hagati y’u Burundi n’u Rwanda ntishoboka u Rwanda rudatanze bariya bantu bahiritse ubutegetsi muri 2015.”

Gusa abambukiranya iyi mipaka bemeza ko kuva mu cyumweru gishize, habayemo impinduka kuko ubu abantu babasha kugenda nta mananiza menshi bashyiriweho nkuko byari bimeze mbere.

 

Gufungura imipaka ukabigira ibanga bitera urujijo

Impuguke mu bya Politiki mpuzamahanga, Dr. Ismael Buchanan avuga ko imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi iramutse yarafunguwe byaba ari amahirwe ku batuye ibi Bihugu byombi kuko muri iki gihe hari ibibazo byugarije Isi bisaba imikoranire myiza hagati y’Ibihugu by’ibituranyi.

Ati “Bibaye ari inkuru mpamo, byatanga icyizere ko ibintu biri kugenda bijya mu buryo nyuma y’imyaka irindwi urabizi ntabwo byari byiza, ari mu rwego rw’umutekano, mu rwego rwa dipolomasi no mu rwego rw’isoko rusange; ntabwo byari bimeze neza.

Muri iki gihe hari intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine, ubu Ibihugu birakeneranye mu rwego rwo gufashanya muri byose. Ubwo rero gufungura imipaka haba kimwe mu bisubizo mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro bitandukanye.”

Iyi mpuguke igaruka ku kuba Ibihugu byombi bikomeje kugira ibanga iyi ngingo yo gufungura imipaka, ikavuga ko na byo atari byiza.

Ati “Gufungura imipaka ukabigira ikintu cy’ibanga na byo burya bitera urujijo ku buryo uwashaka kwirekura wese, ari ugucuruza ari umuturage, nshobora gutambuka nkagira ibibazo. Nkumva rero kugira ngo icyizere cyize ari uko bagomba kubishyira ahagaragara.”

Uyu musesenguzi asoza avuga ko Imbande z’Ibihugu byombi zagaragaje ubushake bwa politiki mu kubyutsa umubano umaze imyaka irindwi urimo igitotsi, bityo ko bitari bikwiye korosa ku musaruro mwiza wavuye muri ubwo bushake n’ibiganiro byagiye biba hagati yabyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eight =

Previous Post

DRC-Beni: Abahirimbanira uburenganzira bwa muntu baramukiye mu myigaragambyo bahita bafungwa

Next Post

Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Kayonza: Banze kugurana iterambere umuco, ngo gusangira ku muheha ntibazabicikaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.