Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRC: Umusaruro w’ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi uragaragara- Impuguke

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in MU RWANDA
0
Rwanda&DRC: Umusaruro w’ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi uragaragara- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke akaba n’umusesenguzi mu bijyanye na Politiki, Dr Ismaël Buchanan avuga ko nyuma yuko Perezida Kagame Paul na Félix Antoine Tshisekedi, bagiranye ibiganiro i Luanda muri Angola, hari byinshi byagabanutse mu byari bikomeje kwenyegeza umwuka mubi hagati y’Ibihugu byabo.

Icyumweru cyuruzuye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi bahuriye muri Angola mu nama yari igamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’Ibihugu byombi.

Iyi nama yayobowe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola nk’umuhuza, yafatiwemo imyanzuro irimo uw’uko u Rwanda na DRC byemeranyijwe guhagarika umwuka mubi uri hagati yabyo.

Impuguke muri politiki akaba n’umwarimu wayo muri Kaminuza, Dr Ismaël Buchanan avuga ko iyi nama hari byinshi yahinduye byumwihariko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari ikomeje kumvikanamo amagambo yahemberaga umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi.

Ati “Hari imyigaragambyo yabaga muri Congo, Abakongomani batera imyigaragambyo bakoresha n’amagambo mabi ashyiramo urwango rwo kwanga Abanyarwanda cyangwa Abakongomani bakoresha ikinyarwanda, ibyo byaragabanutse.”

Mu myanzuro y’iyi nama yahuye Perezida Kagame na Tshisekedi, harimo kandi uwasabaga Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imvugo mbi zihembera urwango n’ivangura.

Dr Buchanan avuga ko kuva iyi nama yaba, izi mvugo zavugwaga na bamwe mu bategetsi muri Congo, zagabanyije umuriri.

Ati “Sinabura kuvuga ko byatewe n’iriya nama babonye ko ishobora kuba ibiri kuyigirwamo ari ibintu bikomeye.”

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bitatu (Rwanda, DRC na Angola) yanemeje ishyirwaho rya Komisiyo ihuriwe n’u Rwanda na Congo igamije kwigira hamwe uko ibibazo byazamuye umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byatorerwa umuti.

Iyi komisiyo yagombaga guterana ku nshuro ya mbere kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2022 ariko iza kurogowa n’ibihe bidasanzwe biri muri Angola by’icyunamo cyashyizweho cyo kuzirikana José Eduardo dos Santos wayoboye iki Gihugu witabye Imana mu cyumweru gishize.

Dr Buchanan akomeza avuga ko kuba ibikorwa byenyezaga umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Congo byarahagaze mu gihe iyi Komisiyo itaranarana, ari umusaruro w’iriya nama y’abakuru b’Ibihugu

Ati “Kuba byarahagaze ntawafashe isasu ngo abuze abavugaga cyangwa abajyaga mu myigaragambyo ahubwo bamwe mu bayobozi bamwe mu ngabo hariya muri Congo, bamaze kubona ko ishyamba atari ryeru.”

Avuga kandi ko hari bamwe mu Banye-Congo bakoresheje ziriya mvugo zibiba urwango, baherutse kwerekanwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo bwabafashe bubakurikiranyeho ibi bikorwa.

Ati “Ibyo ni bimwe mu bisubizo biri kuva muri iyi nama ariko bitavuga ko ikibazo kirangiye.”

Dr Buchanan avuga ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo busigaranye umukoro wo gushaka umuti w’ibibazo byabwo n’umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira bimwe mu bice byo muri iki Gihugu.

AMAKURU YA TV10 KU YA 12/07/2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umugabo w’i Bugesera wishe umugore we akamukata ijosi

Next Post

Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.