Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRC: Umusaruro w’ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi uragaragara- Impuguke

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in MU RWANDA
0
Rwanda&DRC: Umusaruro w’ibiganiro bya Perezida Kagame na Tshisekedi uragaragara- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke akaba n’umusesenguzi mu bijyanye na Politiki, Dr Ismaël Buchanan avuga ko nyuma yuko Perezida Kagame Paul na Félix Antoine Tshisekedi, bagiranye ibiganiro i Luanda muri Angola, hari byinshi byagabanutse mu byari bikomeje kwenyegeza umwuka mubi hagati y’Ibihugu byabo.

Icyumweru cyuruzuye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi bahuriye muri Angola mu nama yari igamije guhosha umwuka mubi uri hagati y’Ibihugu byombi.

Iyi nama yayobowe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola nk’umuhuza, yafatiwemo imyanzuro irimo uw’uko u Rwanda na DRC byemeranyijwe guhagarika umwuka mubi uri hagati yabyo.

Impuguke muri politiki akaba n’umwarimu wayo muri Kaminuza, Dr Ismaël Buchanan avuga ko iyi nama hari byinshi yahinduye byumwihariko ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari ikomeje kumvikanamo amagambo yahemberaga umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi.

Ati “Hari imyigaragambyo yabaga muri Congo, Abakongomani batera imyigaragambyo bakoresha n’amagambo mabi ashyiramo urwango rwo kwanga Abanyarwanda cyangwa Abakongomani bakoresha ikinyarwanda, ibyo byaragabanutse.”

Mu myanzuro y’iyi nama yahuye Perezida Kagame na Tshisekedi, harimo kandi uwasabaga Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhagarika imvugo mbi zihembera urwango n’ivangura.

Dr Buchanan avuga ko kuva iyi nama yaba, izi mvugo zavugwaga na bamwe mu bategetsi muri Congo, zagabanyije umuriri.

Ati “Sinabura kuvuga ko byatewe n’iriya nama babonye ko ishobora kuba ibiri kuyigirwamo ari ibintu bikomeye.”

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bitatu (Rwanda, DRC na Angola) yanemeje ishyirwaho rya Komisiyo ihuriwe n’u Rwanda na Congo igamije kwigira hamwe uko ibibazo byazamuye umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byatorerwa umuti.

Iyi komisiyo yagombaga guterana ku nshuro ya mbere kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2022 ariko iza kurogowa n’ibihe bidasanzwe biri muri Angola by’icyunamo cyashyizweho cyo kuzirikana José Eduardo dos Santos wayoboye iki Gihugu witabye Imana mu cyumweru gishize.

Dr Buchanan akomeza avuga ko kuba ibikorwa byenyezaga umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Congo byarahagaze mu gihe iyi Komisiyo itaranarana, ari umusaruro w’iriya nama y’abakuru b’Ibihugu

Ati “Kuba byarahagaze ntawafashe isasu ngo abuze abavugaga cyangwa abajyaga mu myigaragambyo ahubwo bamwe mu bayobozi bamwe mu ngabo hariya muri Congo, bamaze kubona ko ishyamba atari ryeru.”

Avuga kandi ko hari bamwe mu Banye-Congo bakoresheje ziriya mvugo zibiba urwango, baherutse kwerekanwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo bwabafashe bubakurikiranyeho ibi bikorwa.

Ati “Ibyo ni bimwe mu bisubizo biri kuva muri iyi nama ariko bitavuga ko ikibazo kirangiye.”

Dr Buchanan avuga ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo busigaranye umukoro wo gushaka umuti w’ibibazo byabwo n’umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira bimwe mu bice byo muri iki Gihugu.

AMAKURU YA TV10 KU YA 12/07/2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 3 =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umugabo w’i Bugesera wishe umugore we akamukata ijosi

Next Post

Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

Yakiniye Amavubi mu cy’Isi na Rayon, ubu ubuzima bwarahindutse…Umuryango we uramutabariza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.