Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda, DRC na Angola, bakomeje ibiganiro byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga nyuma yuko hari habaye ibyabereye i Luanda imbonankubone, byemerejwemo Raporo y’impuguke mu by’iperereza kuri gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 25 Ugushyingo 2024, i Luanda muri Angola hasubukuwe ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri byari ibya gatandatu.

Ni ibiganiro byitabiriwe n’intumwa zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC, ndetse na Tete António wa Angola.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, avuga ko ku nyuma yuko habaye ibi biganiro byabaye imbonankubone i Luanda, hahise haba ibindi byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubutumwa bwatanzwe n’iyi Minisiteri, buvuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, “Nyuma y’umunsi umwe hemejwe gahunda y’ibikorwa (CONOPS), Minisitiri Olivier Nduhungirehe yifatanyije na bagenzi be ba Angola n’uwa DRC mu nama yo ku ikoranabuhanga, yo mu biganiro by’i Luanda hasubukurwa umushinga w’ubwumvikane hagati y’u Rwanda na DRD mu kugarura amahoro n’ituze mu burasirazuba bwa DRC no kubyutsa umubano hagati y’Ibihugu byombi.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yarangije ubutumwa bwayo ivuga ko “u Rwanda ruracyakomeje gushyigikira inzira z’ibiganiro by’i Luanda, ku bufasha bwa Repubulika ya Angola.”

Mu nama yo ku wa Mbere, Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zashyize umukono kuri raporo y’impuguke mu by’umutekano n’iperereza kuri gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR.

Ni raporo yakozwe nyuma yuko impande zombi zigeze ku myanzuro zihuriyeho irimo uwo gusenya uyu mutwe uhungabanya umutekano w’u Rwanda wari waramaze guhabwa intebe mu gisirikare cya DRC, ndetse kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ubwo yari akurikiye iyi nama
Iyi nama kandi yanakurikiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 4 =

Previous Post

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Next Post

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.