Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
27/11/2024
in MU RWANDA
0
Rwanda&DRCongo: Nyuma y’ibiganiro by’imbonankubone i Luanda hahise haba ibyo ku ikoranabuhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda, DRC na Angola, bakomeje ibiganiro byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga nyuma yuko hari habaye ibyabereye i Luanda imbonankubone, byemerejwemo Raporo y’impuguke mu by’iperereza kuri gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 25 Ugushyingo 2024, i Luanda muri Angola hasubukuwe ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri byari ibya gatandatu.

Ni ibiganiro byitabiriwe n’intumwa zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC, ndetse na Tete António wa Angola.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, avuga ko ku nyuma yuko habaye ibi biganiro byabaye imbonankubone i Luanda, hahise haba ibindi byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ubutumwa bwatanzwe n’iyi Minisiteri, buvuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, “Nyuma y’umunsi umwe hemejwe gahunda y’ibikorwa (CONOPS), Minisitiri Olivier Nduhungirehe yifatanyije na bagenzi be ba Angola n’uwa DRC mu nama yo ku ikoranabuhanga, yo mu biganiro by’i Luanda hasubukurwa umushinga w’ubwumvikane hagati y’u Rwanda na DRD mu kugarura amahoro n’ituze mu burasirazuba bwa DRC no kubyutsa umubano hagati y’Ibihugu byombi.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yarangije ubutumwa bwayo ivuga ko “u Rwanda ruracyakomeje gushyigikira inzira z’ibiganiro by’i Luanda, ku bufasha bwa Repubulika ya Angola.”

Mu nama yo ku wa Mbere, Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zashyize umukono kuri raporo y’impuguke mu by’umutekano n’iperereza kuri gahunda yo kurandura umutwe wa FDLR.

Ni raporo yakozwe nyuma yuko impande zombi zigeze ku myanzuro zihuriyeho irimo uwo gusenya uyu mutwe uhungabanya umutekano w’u Rwanda wari waramaze guhabwa intebe mu gisirikare cya DRC, ndetse kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ubwo yari akurikiye iyi nama
Iyi nama kandi yanakurikiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Rusizi: Umukecuru warokotse Jenoside yatewe n’abataramenyekana bamukubita banamubwira amagambo akanganye

Next Post

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Related Posts

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

IZIHERUKA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye
MU RWANDA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.