Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in Uncategorized
0
S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hasakaye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungu yihagarika ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura muri Kaminuza yo muri Afurika y’Epfo, abantu ibihumbi bahagurutse bifuza ko uyu munyeshuri afatirwa ibihano bikarishye kubera iki gikorwa cy’ivanguraruhu.

Uyu munyeshuri witwa Theuns du Toit wiga muri Stellenbosch University, yafashwe amafoto mu mpera z’icyumweru gishize yihagarika ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura aho baba.

Kuri uyu wa Mbere, abanyeshuri batandukanye muri iyi Kaminuza ndetse n’abandi baturage baramukiye mu myigaragambyo kuri iri shuri basaba ko uyu munyeshuri wagaragaje igikorwa cy’ivanguraruhu.

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, kuri uyu wa Mbere bwasohoye itangazo ryirukana uyu munyeshuri aho yabanaga na bagenzi be.

Iri tangazo rivuga ibyo kwirukana uyu munyeshuri aho yabaga, rivuga ko ubuyobozi bw’iri shuri bwatangiye gukora iperereza kugira ngo hazafatwe icyemezo cyo nyuma.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “yaba kwirukanwa cyangwa gushinjwa ibyaha biri mu byo ashobora gufatirwa, byose bizashingira ku bizagaragazwa n’iperereza.”

Abanyeshuri benshi bo muri iri shuri rya Stellenbosch, bo bakomeje kwifuza ko uyu mugenzi wabo yirukanywa burundu muri iri shuri.

Ibi kandi byatumye abanyeshuri batangiza inyandiko y’ubusabe (Petition) bifuza ko uyu munyeshuri yirukanwa aho ubu hamaze gusinya abantu bagera mu bihumbi 27.

Umuyobozi Wungirije w’iyi kaminuza, Professor Wim de Villiers yavuze ko imyitwarire nk’iriya y’uriya munyeshuri idashobora kwihanganirwa.

Yavuze ko mu byemezo bagiye gufata, bizaba binyuze mu mucyo kandi bishyitse ndetse binagendeye ku muco w’iki kigo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris

Next Post

IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

IFOTO: Inyana ni iya mweru...Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.