• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in Uncategorized
0
S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hasakaye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungu yihagarika ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura muri Kaminuza yo muri Afurika y’Epfo, abantu ibihumbi bahagurutse bifuza ko uyu munyeshuri afatirwa ibihano bikarishye kubera iki gikorwa cy’ivanguraruhu.

Uyu munyeshuri witwa Theuns du Toit wiga muri Stellenbosch University, yafashwe amafoto mu mpera z’icyumweru gishize yihagarika ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura aho baba.

Kuri uyu wa Mbere, abanyeshuri batandukanye muri iyi Kaminuza ndetse n’abandi baturage baramukiye mu myigaragambyo kuri iri shuri basaba ko uyu munyeshuri wagaragaje igikorwa cy’ivanguraruhu.

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, kuri uyu wa Mbere bwasohoye itangazo ryirukana uyu munyeshuri aho yabanaga na bagenzi be.

Iri tangazo rivuga ibyo kwirukana uyu munyeshuri aho yabaga, rivuga ko ubuyobozi bw’iri shuri bwatangiye gukora iperereza kugira ngo hazafatwe icyemezo cyo nyuma.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “yaba kwirukanwa cyangwa gushinjwa ibyaha biri mu byo ashobora gufatirwa, byose bizashingira ku bizagaragazwa n’iperereza.”

Abanyeshuri benshi bo muri iri shuri rya Stellenbosch, bo bakomeje kwifuza ko uyu mugenzi wabo yirukanywa burundu muri iri shuri.

Ibi kandi byatumye abanyeshuri batangiza inyandiko y’ubusabe (Petition) bifuza ko uyu munyeshuri yirukanwa aho ubu hamaze gusinya abantu bagera mu bihumbi 27.

Umuyobozi Wungirije w’iyi kaminuza, Professor Wim de Villiers yavuze ko imyitwarire nk’iriya y’uriya munyeshuri idashobora kwihanganirwa.

Yavuze ko mu byemezo bagiye gufata, bizaba binyuze mu mucyo kandi bishyitse ndetse binagendeye ku muco w’iki kigo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eight =

Previous Post

Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris

Next Post

IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

IFOTO: Inyana ni iya mweru...Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.