Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in Uncategorized
0
S.Africa: Byakomeranye umunyeshuri w’umuzungu wihagaritse ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hasakaye amashusho y’umunyeshuri w’umuzungu yihagarika ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura muri Kaminuza yo muri Afurika y’Epfo, abantu ibihumbi bahagurutse bifuza ko uyu munyeshuri afatirwa ibihano bikarishye kubera iki gikorwa cy’ivanguraruhu.

Uyu munyeshuri witwa Theuns du Toit wiga muri Stellenbosch University, yafashwe amafoto mu mpera z’icyumweru gishize yihagarika ku bikoresho bya mugenzi we w’umwirabura aho baba.

Kuri uyu wa Mbere, abanyeshuri batandukanye muri iyi Kaminuza ndetse n’abandi baturage baramukiye mu myigaragambyo kuri iri shuri basaba ko uyu munyeshuri wagaragaje igikorwa cy’ivanguraruhu.

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, kuri uyu wa Mbere bwasohoye itangazo ryirukana uyu munyeshuri aho yabanaga na bagenzi be.

Iri tangazo rivuga ibyo kwirukana uyu munyeshuri aho yabaga, rivuga ko ubuyobozi bw’iri shuri bwatangiye gukora iperereza kugira ngo hazafatwe icyemezo cyo nyuma.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “yaba kwirukanwa cyangwa gushinjwa ibyaha biri mu byo ashobora gufatirwa, byose bizashingira ku bizagaragazwa n’iperereza.”

Abanyeshuri benshi bo muri iri shuri rya Stellenbosch, bo bakomeje kwifuza ko uyu mugenzi wabo yirukanywa burundu muri iri shuri.

Ibi kandi byatumye abanyeshuri batangiza inyandiko y’ubusabe (Petition) bifuza ko uyu munyeshuri yirukanwa aho ubu hamaze gusinya abantu bagera mu bihumbi 27.

Umuyobozi Wungirije w’iyi kaminuza, Professor Wim de Villiers yavuze ko imyitwarire nk’iriya y’uriya munyeshuri idashobora kwihanganirwa.

Yavuze ko mu byemezo bagiye gufata, bizaba binyuze mu mucyo kandi bishyitse ndetse binagendeye ku muco w’iki kigo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

Abari i Kigali batangiye gushinja Bucyibaruta uri kuburanira i Paris

Next Post

IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

IFOTO: Inyana ni iya mweru...Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.